Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuti w’ikibazo si ukunyamagana cyangwa kwinjira mu ntambara n’u Rwanda-Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC

radiotv10by radiotv10
07/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Byinshi ku bisobanuro byatanzwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri DRC
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vincent Karega yanenze Abanye-Congo bakomeje kumwagana no kwamagana Igihugu cye [u Rwanda] avuga ko ibi bidashobora gutanga umuti w’ikibazo kiri muri iki Gihugu.

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bumaze iminsi bushinja u Rwanda gutera inkunga umuwe wa M23 umaze iminsi warubuye imirwano, mu gihe u Rwanda rwo rukomeje kwamagana ibi birego bidafite ishingiro.

Abanye-Congo ibihumbi bamaze iminsi birara mu mihanda bamagana u Rwanda ndetse banasaba ko uruhagarariye mu Gihugu cyabo yirukanwa.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Repuburika iharanira Demukarasi ya Congo, Vincent Karega yavuze ko iyi myitwarire y’Abanye-Congo ubwayo atari yo yazana umuti w’ibibazo biri mu Gihugu cyabo.

Yagize ati “Mbona umuti w’ibibazo atari ukwamagana Ambasaderi w’u Rwanda cyangwa se kwinjira mu ntambara n’igihugu cy’u Rwanda, kuko iteka burya intambara irasenya kandi kubaka ibyo yasenye biragorana.”

Mu kiganiro yagiranye n’Ijwi rya Amerika, Amb. Vincent Karega yaboneyeho no kugira icyo abwira Abanye-Congo bakomeje kumwamagana, avuga ko baba banamagana Igihugu cye.

Yagize ati “Kuntandukanya n’u Rwanda biragoye kuko ni Igihugu cyanjye, uba rero bikora bagafata imihanda ngo bari kwamagana ambasaderi w’u Rwanda mbese ni ukwamagana igihugu cyanjye.”

U Rwanda rwakunze kuvuga ko umuti w’ibibazo bibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biri mu biganza by’iki Gihugu ubwacyo aho gukora kibyitarutsa kigashaka kubishyira ku mutwe w’ikindi Gihugu.

Mu kiganiro Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Dr Vincent Biruta, aherutse kugirana n’Abanyamakuru, na we yari yagaragaje kou Rwanda ntaho ruhuriye n’ibibazo bibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri iki kiganiro cyabaye tariki 31 Gicurasi 2022, Dr Vincent Biruta yanagarutse ku bikorwa by’ubushotoranyi bikomeje gukorwa na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo birimo ibisasu byatewe mu Rwanda inshuro ebyiri mu mezi abiri, avuga ko nibikomeza rutazarebera kuko bizaba ari nko guterwa kandi ko “iyo Igihugu gitewe kitabara.”

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi wagiriye uruzinduko muri Congo-Brazzaville mu mpera z’icyumweru gishize, yongeye gushinja u Rwanda kuba inyuma y’ibikorwa bihungabanya umutekano w’Igihugu cye.

Tshisekedi yavuze ko Igihugu cye gisanzwe kizwiho kwakira neza abakigana ariko “ntibiha uburenganzira abaturanyi kuza kutuvogera.”

Yavuze ko ntagushidikanya ko u Rwanda rutera inkunga umutwe wa M23 umaze iminsi uri mu mirwano n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC).

U Rwanda rwo wakunze kwamagana ibi birego, ruvuga ko FARDC yifatanyije na FDLR ndetse iki gisirikare kiri gufasha uyu mutwe kugira ngo ukomeze guhungabanya umutekano w’u Rwanda dore ko baherutse no gushimuta abasirikare babiri b’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Gufunga n’abibye inkoko cyangwa igitoki, imwe mu mpamvu y’ubucucike mu magereza- CLADHO

Next Post

RDF ntiyitabiriye inama yabereye muri DRCongo y’Abagaba Bakuru b’Ingabo bo muri EAC

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF ntiyitabiriye inama yabereye muri DRCongo y’Abagaba Bakuru b’Ingabo bo muri EAC

RDF ntiyitabiriye inama yabereye muri DRCongo y’Abagaba Bakuru b’Ingabo bo muri EAC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.