Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yagaragarije Umutwe w’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye ibyafasha guhangana n’ibyugariza abaturage

radiotv10by radiotv10
02/04/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF yagaragarije Umutwe w’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye ibyafasha guhangana n’ibyugariza abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwagaragarije abahagarariye Umutwe w’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye muri Afuruka y’Iburasirazuba (EASF/East African Standby Force) ko mu gushaka umuti w’ibibazo biba byugarije abaturage, bisaba ubufatanye bw’inzego zinyuranye ndetse na rubanda ubwabo.

Ni mu nama y’iminsi itatu iri kubera i Kigali yitabiriwe n’abahagarariye Umutwe w’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye ndetse n’abo mu nzego zo mu Rwanda zishinzwe gutanga amakuru yafasha gukumira ibibazo.

Iyi nama igamije gukomeza guha imbaraga imikoranire mu kwitegura, mu gukumira ndetse no guhangana n’ibibazo bibangamira umutekano w’abaturage birimo iby’ubuzima, ibyorezo ndetse n’ibiza.

Iyi nama kandi yitezweho kuzazamura imikoranire hagati y’Urwego rushinzwe gutanga umuburo muri uyu mutwe wa EASF ndetse n’inzego z’u Rwanda mu bijyanye no gusangizanya amakuru, ndetse no gutegura uburyo bwafasha mu guhangana n’ibibazo bishobora kwaduka muri Afurika y’Iburasirazuba.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga wari uhagarariye Umugaba Mukuru wa RDF yagaragaje akamaro k’imikoranire y’Ibihugu binyamuryango byo muri uyu mutwe wa EASF mu kugera ku mahoro arambye ndetse no mu gushakira umuti ibibazo bigenda byiyongera nk’ibiza.

Ati “Gutanga amakuru aburira hakiri kare byoroshya no guhanahana amakuru n’ubumenyi hagati y’imiryango ndetse no gushaka ibisubizo byihuse by’imbogamizi zigenda ziyongera nk’amapfa, inzara, ibyugariza ubworozi, ndetse n’amakimbirane. Ku bw’iyo mpamvu rero, kugera ku mahoro arambye bisaba imbaraga z’abafatanyabikorwa bose barimo n’abaturage b’aho amakimbirane ari, bagomba kongererwa ubushobozi bwabafasha kugira uruhare mu gushaka ibisubizo birambye by’izi mbogamizi. Ibyo ni byo byonyine bishobora gutuma twizera ko umuti washatswe uzaramba.”

Brig Gen Domitien Kabisa, umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ibikorwa by’amahoro muri EASF, yavuze ko Ibihugu binyamuryango by’uyu mutwe, bihuje bimwe mu bibazo, birimo amakimbirane, imihindagurikire y’ikirere, ibyaha byambukiranya imipaka, ndetse n’ibindi bibangamira iterambere ry’ubukungu.

Yavuze ko uku kuba Ibihugu bihuriye muri uyu mutwe bihuje ibi bibazo, bigomba gutuma hongerwa imbaraga mu mikoranire kugira ngo bibashe gukumira ndetse no gushyira uburyo bwabifasha guhangana na byo.

Umutwe wa EASF ugizwe n’abakomoka mu Bihugu nk’u Burundi, Ibirwa bya Comoros, Djibouti, Ethiopia, Kenya, Seychelles, Somalia, Sudan, Uganda, n’u Rwanda.

Umuvugizi wa RDF yagaragaje ibyafasha mu gushaka umuti w’ibibazo bikomeza kugaragara

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − ten =

Previous Post

Icyo Kiliziya Gatulika y’u Rwanda n’iy’u Burundi zivuga ku mubano utifashe neza n’icyo zisaba

Next Post

Amakuru agezweho ku biganiro byavuzwe hagati ya M23 na Leta ya Congo

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho: Hamenyekanye ko AFC/M23 na yo yagiye i Doha muri Qatar

Amakuru agezweho ku biganiro byavuzwe hagati ya M23 na Leta ya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.