Saturday, August 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yahamagariye abifuza kuyinjiramo inagaragaza ibyo bagomba kuba bujuje

radiotv10by radiotv10
01/12/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
3
RDF yahamagariye abifuza kuyinjiramo inagaragaza ibyo bagomba kuba bujuje
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF), bwashyize hanze itangazo rihamagarira abifuza kuzinjiramo mu rwego rw’abasirikare bato, rinagaragaza inzira banyuramo biyandikisha, n’ibyo bagomba kuba bujuje.

Iri tangazo ryashyizwe hanze na RDF kuri uyu wa Gatanu tariki 01 Ukuboza 2023, rivuga ko abifuza kwinjira mu gisirikare ku rwego rw’abasirikare bato, basabwa kwiyandikisha ku Turere no ku Mirenge, kuva kuri uyu wa 01 kugeza ku ya 31 Ukuboza 2023.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe Abakozi muri RDF, Col Lambert Sendegeya, rivuga ko abahamagariwe kwiyandikisha mu Ngabo z’u Rwanda, ari abasore n’inkumi bujuje ibyagaragajwe muri iri tangazo, nko kuba ari Abanyarwanda, bafite imyaka iri hagati ya 18 na 25.

Kuba bafite ubuzima buzira umuze, batarahamwe n’icyaha icyo ari cyo cyose ndetse no kuba ntacyo bakurikiranyweho muri iki gihe.

Harimo kuba ari indakemwa mu mico no mu myifatire, no kuba bafite ibyangombwa bigaragaza ko barangije byibuze amashuri atatu yisumbuye.

Iri tangazo kandi rigaragaza ibyo abantu bifuza kwiyandikisha bakwitwaza, ndetse n’amatariki ibi bikorwa bizagenda bikorerwamo mu Turere dutandukanye.

RADIOTV10

Comments 3

  1. Dusengimana Patrick says:
    2 years ago

    Mwiriweneza nitwa Patrick ese kumuntu ufite umuhatenumurava kubyavuzwe karuguru ariko akaba adafite ayomashurimusaba gusa akabazigusoma nokwandika nagomwamwakira kuko duharituribeshi twifuzakwinjiramo ark tukagira izombogamizi nasabagakonatwe mwaduha ubwoburenganzira nkabanaburwanda kd twifuzakurukorera byabangombwa tukanarwitangira habeho kutuvugira murakoze

    Reply
  2. Tuyishime Ferdinand says:
    2 years ago

    Mwiriwe none nkumuntu urengeje iyomyaka ariko akaba afite ibindi byavuzwe hejuru mwamufasha iki afire ubushake nubushobozi imyaka(31)

    Reply
  3. Daniel NIYOBUHUNGIRO says:
    2 years ago

    Mwiriwe neza njyewe nabazaga ese ko niga University of rwanda in nyarugenge compus mumwaka wakabiri (year 2 in civil water resources engineering) ese ntago byakunda ko nakomereza muri rdf amashuri kuri ofisiye cq cadette nkorera nigihugu? kuko nkunda inkabo zurwanda akarusho nkakunda nigihugu cyambyaye? mugihe dutegereje igisubizo cyanyu cyiza tubaye tubashimiye murakoze.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − four =

Previous Post

Rayon yasobanuye ibyo kubabarira Youssef ikurira inzira ku murima uwo basezerewe rimwe

Next Post

Mu Rwanda hatahuwe undi wacukuye icyobo mu nzu ukekwaho gushaka kukijugunyamo umuntu

Related Posts

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

by radiotv10
08/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s rich cultural heritage lies a unique, geometric art form known as Imigongo. Imigongo is a...

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

by radiotv10
08/08/2025
0

Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali, iratangaza ko yafashe abantu 10 mu Karere ka Nyarugenge bakurikiranyweho ibikorwa by’ubujura bwo gutobora...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
08/08/2025
0

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

by radiotv10
08/08/2025
0

Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda rwahaye ibihano byo guhagarika abanyamategeko 21 bunganira abandi (Abavoka) barimo Me Thierry Kevin Gatete usanzwe azwi...

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwakiriye Umunyarwanda Francois Gasana woherejwe na Norvège kugira ngo aburanishirizwe mu Rwanda ku byaha bya Jenoside...

IZIHERUKA

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft
IMIBEREHO MYIZA

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

by radiotv10
08/08/2025
0

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

08/08/2025
Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

08/08/2025
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

08/08/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda hatahuwe undi wacukuye icyobo mu nzu ukekwaho gushaka kukijugunyamo umuntu

Mu Rwanda hatahuwe undi wacukuye icyobo mu nzu ukekwaho gushaka kukijugunyamo umuntu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.