Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yahamagariye abifuza kuyinjiramo inagaragaza ibyo bagomba kuba bujuje

radiotv10by radiotv10
01/12/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
3
RDF yahamagariye abifuza kuyinjiramo inagaragaza ibyo bagomba kuba bujuje
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF), bwashyize hanze itangazo rihamagarira abifuza kuzinjiramo mu rwego rw’abasirikare bato, rinagaragaza inzira banyuramo biyandikisha, n’ibyo bagomba kuba bujuje.

Iri tangazo ryashyizwe hanze na RDF kuri uyu wa Gatanu tariki 01 Ukuboza 2023, rivuga ko abifuza kwinjira mu gisirikare ku rwego rw’abasirikare bato, basabwa kwiyandikisha ku Turere no ku Mirenge, kuva kuri uyu wa 01 kugeza ku ya 31 Ukuboza 2023.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe Abakozi muri RDF, Col Lambert Sendegeya, rivuga ko abahamagariwe kwiyandikisha mu Ngabo z’u Rwanda, ari abasore n’inkumi bujuje ibyagaragajwe muri iri tangazo, nko kuba ari Abanyarwanda, bafite imyaka iri hagati ya 18 na 25.

Kuba bafite ubuzima buzira umuze, batarahamwe n’icyaha icyo ari cyo cyose ndetse no kuba ntacyo bakurikiranyweho muri iki gihe.

Harimo kuba ari indakemwa mu mico no mu myifatire, no kuba bafite ibyangombwa bigaragaza ko barangije byibuze amashuri atatu yisumbuye.

Iri tangazo kandi rigaragaza ibyo abantu bifuza kwiyandikisha bakwitwaza, ndetse n’amatariki ibi bikorwa bizagenda bikorerwamo mu Turere dutandukanye.

RADIOTV10

Comments 3

  1. Dusengimana Patrick says:
    2 years ago

    Mwiriweneza nitwa Patrick ese kumuntu ufite umuhatenumurava kubyavuzwe karuguru ariko akaba adafite ayomashurimusaba gusa akabazigusoma nokwandika nagomwamwakira kuko duharituribeshi twifuzakwinjiramo ark tukagira izombogamizi nasabagakonatwe mwaduha ubwoburenganzira nkabanaburwanda kd twifuzakurukorera byabangombwa tukanarwitangira habeho kutuvugira murakoze

    Reply
  2. Tuyishime Ferdinand says:
    2 years ago

    Mwiriwe none nkumuntu urengeje iyomyaka ariko akaba afite ibindi byavuzwe hejuru mwamufasha iki afire ubushake nubushobozi imyaka(31)

    Reply
  3. Daniel NIYOBUHUNGIRO says:
    2 years ago

    Mwiriwe neza njyewe nabazaga ese ko niga University of rwanda in nyarugenge compus mumwaka wakabiri (year 2 in civil water resources engineering) ese ntago byakunda ko nakomereza muri rdf amashuri kuri ofisiye cq cadette nkorera nigihugu? kuko nkunda inkabo zurwanda akarusho nkakunda nigihugu cyambyaye? mugihe dutegereje igisubizo cyanyu cyiza tubaye tubashimiye murakoze.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Rayon yasobanuye ibyo kubabarira Youssef ikurira inzira ku murima uwo basezerewe rimwe

Next Post

Mu Rwanda hatahuwe undi wacukuye icyobo mu nzu ukekwaho gushaka kukijugunyamo umuntu

Related Posts

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya
FOOTBALL

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda hatahuwe undi wacukuye icyobo mu nzu ukekwaho gushaka kukijugunyamo umuntu

Mu Rwanda hatahuwe undi wacukuye icyobo mu nzu ukekwaho gushaka kukijugunyamo umuntu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.