Tuesday, February 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yahamagariye abifuza kuyinjiramo inagaragaza ibyo bagomba kuba bujuje

radiotv10by radiotv10
01/12/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
3
RDF yahamagariye abifuza kuyinjiramo inagaragaza ibyo bagomba kuba bujuje
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF), bwashyize hanze itangazo rihamagarira abifuza kuzinjiramo mu rwego rw’abasirikare bato, rinagaragaza inzira banyuramo biyandikisha, n’ibyo bagomba kuba bujuje.

Iri tangazo ryashyizwe hanze na RDF kuri uyu wa Gatanu tariki 01 Ukuboza 2023, rivuga ko abifuza kwinjira mu gisirikare ku rwego rw’abasirikare bato, basabwa kwiyandikisha ku Turere no ku Mirenge, kuva kuri uyu wa 01 kugeza ku ya 31 Ukuboza 2023.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe Abakozi muri RDF, Col Lambert Sendegeya, rivuga ko abahamagariwe kwiyandikisha mu Ngabo z’u Rwanda, ari abasore n’inkumi bujuje ibyagaragajwe muri iri tangazo, nko kuba ari Abanyarwanda, bafite imyaka iri hagati ya 18 na 25.

Kuba bafite ubuzima buzira umuze, batarahamwe n’icyaha icyo ari cyo cyose ndetse no kuba ntacyo bakurikiranyweho muri iki gihe.

Harimo kuba ari indakemwa mu mico no mu myifatire, no kuba bafite ibyangombwa bigaragaza ko barangije byibuze amashuri atatu yisumbuye.

Iri tangazo kandi rigaragaza ibyo abantu bifuza kwiyandikisha bakwitwaza, ndetse n’amatariki ibi bikorwa bizagenda bikorerwamo mu Turere dutandukanye.

RADIOTV10

Comments 3

  1. Dusengimana Patrick says:
    2 years ago

    Mwiriweneza nitwa Patrick ese kumuntu ufite umuhatenumurava kubyavuzwe karuguru ariko akaba adafite ayomashurimusaba gusa akabazigusoma nokwandika nagomwamwakira kuko duharituribeshi twifuzakwinjiramo ark tukagira izombogamizi nasabagakonatwe mwaduha ubwoburenganzira nkabanaburwanda kd twifuzakurukorera byabangombwa tukanarwitangira habeho kutuvugira murakoze

    Reply
  2. Tuyishime Ferdinand says:
    2 years ago

    Mwiriwe none nkumuntu urengeje iyomyaka ariko akaba afite ibindi byavuzwe hejuru mwamufasha iki afire ubushake nubushobozi imyaka(31)

    Reply
  3. Daniel NIYOBUHUNGIRO says:
    2 years ago

    Mwiriwe neza njyewe nabazaga ese ko niga University of rwanda in nyarugenge compus mumwaka wakabiri (year 2 in civil water resources engineering) ese ntago byakunda ko nakomereza muri rdf amashuri kuri ofisiye cq cadette nkorera nigihugu? kuko nkunda inkabo zurwanda akarusho nkakunda nigihugu cyambyaye? mugihe dutegereje igisubizo cyanyu cyiza tubaye tubashimiye murakoze.

    Reply

Leave a Reply to Dusengimana Patrick Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 7 =

Previous Post

Rayon yasobanuye ibyo kubabarira Youssef ikurira inzira ku murima uwo basezerewe rimwe

Next Post

Mu Rwanda hatahuwe undi wacukuye icyobo mu nzu ukekwaho gushaka kukijugunyamo umuntu

Related Posts

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

by radiotv10
10/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe yibukije Umudepite wo mu Nteko y’u Bubiligi ufite inkomoka muri DRC washimagije Paul Rusesabagina,...

Living a good life on a small salary in Kigali

Living a good life on a small salary in Kigali

by radiotv10
10/02/2026
0

Many people believe that living a good life in the city requires a lot of money. In Kigali, where living...

Rubavu: Impungenge z’abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye

Rubavu: Impungenge z’abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye

by radiotv10
10/02/2026
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu w’abatishoboye wa Nyamwishyura, uherereye mu Kagari ka Bisizi, mu Murenge wa Nyakiriba, mu Karere ka...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

How Rwanda’s Digital ID will let citizens control their personal information

by radiotv10
09/02/2026
0

The Director General of the National Identification Agency (NIDA), Mukesha Josephine, has clarified how the digital national ID will work,...

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

by radiotv10
09/02/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho ubujura baherutse kwinjira muri rigore iherereye i Nyamirambo mu Mujyi...

IZIHERUKA

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro
Uncategorized

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Icyemezo cyatangajwe ku bagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo ntikivugwaho rumwe

Icyemezo cyatangajwe ku bagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo ntikivugwaho rumwe

10/02/2026
Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yatanze umucyo ku makuru yavugwaga ko yasezeye igitangazamakuru akorera

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yahishuye icyamukoze ku mutima yakorewe n’umukoresha we KNC banakorana

10/02/2026
AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

10/02/2026
Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

10/02/2026
Icyakurikiye imirwano hagati y’Abapolisi n’Abanya-Australia bigaragambya bamagana uruzinduko rwa Perezida wa Israel

Icyakurikiye imirwano hagati y’Abapolisi n’Abanya-Australia bigaragambya bamagana uruzinduko rwa Perezida wa Israel

10/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda hatahuwe undi wacukuye icyobo mu nzu ukekwaho gushaka kukijugunyamo umuntu

Mu Rwanda hatahuwe undi wacukuye icyobo mu nzu ukekwaho gushaka kukijugunyamo umuntu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Icyemezo cyatangajwe ku bagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo ntikivugwaho rumwe

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yahishuye icyamukoze ku mutima yakorewe n’umukoresha we KNC banakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.