Urukiko Rukuru rwo muri Malawi, rwakatiye igihano cy’igifungo cy’imyaka 40 Umunyarwandakazi uba muri iki Gihugu, rumuhamije icyaha cyo kwica umugabo we.
Uwakatiwe iki gihano, ni Gentille Giramata nyuma yo guhamywa n’icyaha cyo kwica umugabo we witwa Noel Emile Habimana mu mwaka wa 2022.
Muri uru rubanza rwaburanishijwe n’uru Rukiko Rukuru rwa Malawi rifite icyicaro i Lilongwe mu Murwa Mukuru w’iki Gihugu, haregwagamo undi witwa Rafik Munyamagaju, we wakatiwe gufungwa imyaka 35 no kuzakora imirimo nsimburagifungo.
Ubwo hasomwaga umwanzuro w’Urukiko, Umucamanza Bruno Kalemba, yavuze ko icyemezo cyo gukatira igifungo cy’imyaka 40 uriya mugore, cyashingiye ku buremere bw’icyaha yakoze no gutanga isomo ku bandi.
Umucamaza yavuze ko uriya mugore yakoresheje intwaro yica umugabo we mu mwaka wa 2022, bikaba biri mu mpamvu nkomezacyaha.
Urukiko rwatangaje ko iki gifungo gitangira kubarwa kuva hatangazwa umwanzuro warwo, kuko uyu mugore yabanje gutoroka ubutabera kandi yari akomeje kuburanishwa.
Umucamanza yavuze kandi ko uregwa atigeze agaragaza kwicuza ku byaha yakoze, ngo abisabire imbabazi, cyangwa ngo yorohereze ubutabera.
Uwitwa Rafiki we wakatiwe gufungwa imyaka 35, we yahawe igihano gito ugereranyije n’icy’uyu baregwa hamwe, kuko we yagaragaje imyitwarire myiza kuva yafatwa, ndetse yubahiriza ibyo yasabwaga n’ubutabera.
Ku bw’iyi mpamvu, Urukiko rwatangaje ko igihano cye gitangira kubarwa kuva igihe yaterewe muri yombi, nyuma yo gukurikiranwaho kiriya cyaha.
RADIOTV10









