Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: RDF yatangaje umubare w’Abanyarwanda bitabye Imana bazize ibisasu byarashwe mu Rwanda biturutse muri Congo

radiotv10by radiotv10
27/01/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
UPDATE: RDF yatangaje umubare w’Abanyarwanda bitabye Imana bazize ibisasu byarashwe mu Rwanda biturutse muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwemeje ko hari ibisasu byarashwe na FARDC ifatanyije na FDLR aho bari i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikagwa ku butaka bw’u Rwanda, ndetse bigahitana ubuzima bw’Abaturarwanda batanu, bigakomeretsa abarenga 30.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, abatuye mu Karere ka Rubavu mu bice byegereye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakomeje kumva urusaku rw’imbunda mu mirwano yariho isatira umujyi wa Goma.

Uko igihe cyagiye kicuma, ni na ko imirwano yakomezaga gusatira ibice byo mu Rwanda dore ko umutwe wa M23 wariho urwanira kubohoza Umujyi wa Goma, ndetse mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mutarama 2025, uyu mutwe ukaba wemeje ko uyu mujyi wamaze kubohozwa.

Gusa kuva muri iki gitondo, Abaturarwanda begereye ibice bya DRC, bakomeje kumva urusaku rw’amasasu, aho mu bice bimwe na bimwe, urugamba rugikomeje kwambikana.

Hari n’ibisasu kandi byarasirwaga muri uru rugamba bikagwa mu Rwanda, aho Ingabo z’u Rwanda zanapfubije bimwe muri byo, zikabizimiriza mu kirere, ibintu bimenyerewe mu bwirinzi bw’ibisirikare by’Ibihugu by’ibihangange.

Ibisasu binini bibiri byaguye mu Kagari ka Mbugangari mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, bikomeretsa abaturage b’abasivile 15 mu masaha y’igitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mutarama 2025.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga na we yemeje ko ko hari ibisasu koko byarashwe na FARDC ifatanyije na FDLR bikagwa mu Rwanda, ndetse bikagira ingaruka ku Baturarwanda bamwe.

Yagize ati “Ingabo z’icyo Gihugu FARDC zifatanyije na FDLR, zarashe ibisasu ku butaka bw’u Rwanda, abaturage batanu (5) bahasiga ubuzima n’abandi mirongo itatu na batanu (35) barakomereka, ariko barimo kwitabwaho ubu tuvuga.”

Brig Gen Ronald Rwivanga yaboneyeho kwizeza Abanyarwanda ko umutekano w’Igihugu cyabo urinze, kandi ko “RDF turakomeza gufata ingamba zose zishoboka kandi zikenewe kugira ngo hirindwe ibitero byose byambukiranya imipaka.”

Umuvugizi wa RDF yavuze kandi ko muri ibyo bisasu byarashwe biturutse muri Congo, hari ibyo RDF yabashije kuzimiriza mu kirere, ariko ko byose bitari kuzimywa ngo bishoboke. Ati “Ariko turimo kugerageza ibishoboka byose kugira ngo tuburizemo ibyo bisasu.”

Bamwe mu baturage b’i Rubavu kandi babwiye RADIOTV10 ko hari ibisasu byaguye mu ngo zabo, barimo n’uwo cyaguye muri ruganiriro, ariko ku bw’amahirwe nticyagira uwo gihitana.

Uyu muturage yagize ati “Ni igikompola kiguyemuri salo iwacu, ku bw’amahirwe ntawe gihitanye. Ni hano hafi y’amashuri yo kwa Nyiragumiriza.”

Ni mu gihe kandi abasirikare ba FARDC bakomeje guhungira mu Rwanda ku bwinshi, aho bari kwishyikiriza Inzego z’umutekano z’u Rwanda, zikabambura intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Is History repeating itself for the same reasons?

Next Post

Rwamagana: Ibyumvikana nk’amahirwe mu buhinzi bw’umuceri byazanye imbogamizi

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo
MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Ibyumvikana nk’amahirwe mu buhinzi bw’umuceri byazanye imbogamizi

Rwamagana: Ibyumvikana nk’amahirwe mu buhinzi bw’umuceri byazanye imbogamizi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.