Thursday, November 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: RDF yatangaje umubare w’Abanyarwanda bitabye Imana bazize ibisasu byarashwe mu Rwanda biturutse muri Congo

radiotv10by radiotv10
27/01/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
UPDATE: RDF yatangaje umubare w’Abanyarwanda bitabye Imana bazize ibisasu byarashwe mu Rwanda biturutse muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwemeje ko hari ibisasu byarashwe na FARDC ifatanyije na FDLR aho bari i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikagwa ku butaka bw’u Rwanda, ndetse bigahitana ubuzima bw’Abaturarwanda batanu, bigakomeretsa abarenga 30.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, abatuye mu Karere ka Rubavu mu bice byegereye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakomeje kumva urusaku rw’imbunda mu mirwano yariho isatira umujyi wa Goma.

Uko igihe cyagiye kicuma, ni na ko imirwano yakomezaga gusatira ibice byo mu Rwanda dore ko umutwe wa M23 wariho urwanira kubohoza Umujyi wa Goma, ndetse mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mutarama 2025, uyu mutwe ukaba wemeje ko uyu mujyi wamaze kubohozwa.

Gusa kuva muri iki gitondo, Abaturarwanda begereye ibice bya DRC, bakomeje kumva urusaku rw’amasasu, aho mu bice bimwe na bimwe, urugamba rugikomeje kwambikana.

Hari n’ibisasu kandi byarasirwaga muri uru rugamba bikagwa mu Rwanda, aho Ingabo z’u Rwanda zanapfubije bimwe muri byo, zikabizimiriza mu kirere, ibintu bimenyerewe mu bwirinzi bw’ibisirikare by’Ibihugu by’ibihangange.

Ibisasu binini bibiri byaguye mu Kagari ka Mbugangari mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, bikomeretsa abaturage b’abasivile 15 mu masaha y’igitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mutarama 2025.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga na we yemeje ko ko hari ibisasu koko byarashwe na FARDC ifatanyije na FDLR bikagwa mu Rwanda, ndetse bikagira ingaruka ku Baturarwanda bamwe.

Yagize ati “Ingabo z’icyo Gihugu FARDC zifatanyije na FDLR, zarashe ibisasu ku butaka bw’u Rwanda, abaturage batanu (5) bahasiga ubuzima n’abandi mirongo itatu na batanu (35) barakomereka, ariko barimo kwitabwaho ubu tuvuga.”

Brig Gen Ronald Rwivanga yaboneyeho kwizeza Abanyarwanda ko umutekano w’Igihugu cyabo urinze, kandi ko “RDF turakomeza gufata ingamba zose zishoboka kandi zikenewe kugira ngo hirindwe ibitero byose byambukiranya imipaka.”

Umuvugizi wa RDF yavuze kandi ko muri ibyo bisasu byarashwe biturutse muri Congo, hari ibyo RDF yabashije kuzimiriza mu kirere, ariko ko byose bitari kuzimywa ngo bishoboke. Ati “Ariko turimo kugerageza ibishoboka byose kugira ngo tuburizemo ibyo bisasu.”

Bamwe mu baturage b’i Rubavu kandi babwiye RADIOTV10 ko hari ibisasu byaguye mu ngo zabo, barimo n’uwo cyaguye muri ruganiriro, ariko ku bw’amahirwe nticyagira uwo gihitana.

Uyu muturage yagize ati “Ni igikompola kiguyemuri salo iwacu, ku bw’amahirwe ntawe gihitanye. Ni hano hafi y’amashuri yo kwa Nyiragumiriza.”

Ni mu gihe kandi abasirikare ba FARDC bakomeje guhungira mu Rwanda ku bwinshi, aho bari kwishyikiriza Inzego z’umutekano z’u Rwanda, zikabambura intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + thirteen =

Previous Post

Is History repeating itself for the same reasons?

Next Post

Rwamagana: Ibyumvikana nk’amahirwe mu buhinzi bw’umuceri byazanye imbogamizi

Related Posts

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inama Perezida Paul Kagame yari guhuriramo na Felix Tshisekedi i Washington...

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yatangaje ko yamaze kwakira ibibazo by’abakiliya ba Sosiyete ya Spiro icuruza moto zikoresha amashanyarazi, bavuga ko zifite...

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

by radiotv10
12/11/2025
0

Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwatangaje ko ruri gukurikirana ikibazo cya Interineti y'umurongo wa MTN Rwanda nyuma yuko isobanuye ko cyatewe n'ibibazo...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibyamenyekanye ku byaha bishinjwa umwarimu wo muri Kaminuza y’u Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Umwarimu wigisha muri Kaminuza y’u Rwanda uregwa kwakira indonke y’arenga Miliyoni 1 Frw, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze...

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

by radiotv10
12/11/2025
0

Ubushakashatsi bwagaragaje ko kunywa igikombe kimwe cy’ikawa buri munsi, bigabanya 39% by’ibibazo by’ihindagurika ryo gutera k’umutima, ugereranyije n’abatanywa iki kinyobwa....

IZIHERUKA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20
AMAHANGA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

by radiotv10
12/11/2025
0

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

12/11/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

12/11/2025
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

12/11/2025
Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

12/11/2025
Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

12/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Ibyumvikana nk’amahirwe mu buhinzi bw’umuceri byazanye imbogamizi

Rwamagana: Ibyumvikana nk’amahirwe mu buhinzi bw’umuceri byazanye imbogamizi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.