Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: RDF yatangaje umubare w’Abanyarwanda bitabye Imana bazize ibisasu byarashwe mu Rwanda biturutse muri Congo

radiotv10by radiotv10
27/01/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
UPDATE: RDF yatangaje umubare w’Abanyarwanda bitabye Imana bazize ibisasu byarashwe mu Rwanda biturutse muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwemeje ko hari ibisasu byarashwe na FARDC ifatanyije na FDLR aho bari i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikagwa ku butaka bw’u Rwanda, ndetse bigahitana ubuzima bw’Abaturarwanda batanu, bigakomeretsa abarenga 30.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, abatuye mu Karere ka Rubavu mu bice byegereye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakomeje kumva urusaku rw’imbunda mu mirwano yariho isatira umujyi wa Goma.

Uko igihe cyagiye kicuma, ni na ko imirwano yakomezaga gusatira ibice byo mu Rwanda dore ko umutwe wa M23 wariho urwanira kubohoza Umujyi wa Goma, ndetse mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mutarama 2025, uyu mutwe ukaba wemeje ko uyu mujyi wamaze kubohozwa.

Gusa kuva muri iki gitondo, Abaturarwanda begereye ibice bya DRC, bakomeje kumva urusaku rw’amasasu, aho mu bice bimwe na bimwe, urugamba rugikomeje kwambikana.

Hari n’ibisasu kandi byarasirwaga muri uru rugamba bikagwa mu Rwanda, aho Ingabo z’u Rwanda zanapfubije bimwe muri byo, zikabizimiriza mu kirere, ibintu bimenyerewe mu bwirinzi bw’ibisirikare by’Ibihugu by’ibihangange.

Ibisasu binini bibiri byaguye mu Kagari ka Mbugangari mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, bikomeretsa abaturage b’abasivile 15 mu masaha y’igitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mutarama 2025.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga na we yemeje ko ko hari ibisasu koko byarashwe na FARDC ifatanyije na FDLR bikagwa mu Rwanda, ndetse bikagira ingaruka ku Baturarwanda bamwe.

Yagize ati “Ingabo z’icyo Gihugu FARDC zifatanyije na FDLR, zarashe ibisasu ku butaka bw’u Rwanda, abaturage batanu (5) bahasiga ubuzima n’abandi mirongo itatu na batanu (35) barakomereka, ariko barimo kwitabwaho ubu tuvuga.”

Brig Gen Ronald Rwivanga yaboneyeho kwizeza Abanyarwanda ko umutekano w’Igihugu cyabo urinze, kandi ko “RDF turakomeza gufata ingamba zose zishoboka kandi zikenewe kugira ngo hirindwe ibitero byose byambukiranya imipaka.”

Umuvugizi wa RDF yavuze kandi ko muri ibyo bisasu byarashwe biturutse muri Congo, hari ibyo RDF yabashije kuzimiriza mu kirere, ariko ko byose bitari kuzimywa ngo bishoboke. Ati “Ariko turimo kugerageza ibishoboka byose kugira ngo tuburizemo ibyo bisasu.”

Bamwe mu baturage b’i Rubavu kandi babwiye RADIOTV10 ko hari ibisasu byaguye mu ngo zabo, barimo n’uwo cyaguye muri ruganiriro, ariko ku bw’amahirwe nticyagira uwo gihitana.

Uyu muturage yagize ati “Ni igikompola kiguyemuri salo iwacu, ku bw’amahirwe ntawe gihitanye. Ni hano hafi y’amashuri yo kwa Nyiragumiriza.”

Ni mu gihe kandi abasirikare ba FARDC bakomeje guhungira mu Rwanda ku bwinshi, aho bari kwishyikiriza Inzego z’umutekano z’u Rwanda, zikabambura intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Is History repeating itself for the same reasons?

Next Post

Rwamagana: Ibyumvikana nk’amahirwe mu buhinzi bw’umuceri byazanye imbogamizi

Related Posts

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

by radiotv10
10/12/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bavuga ko umuhanda utagira rigore utuma amazi awuturukamo aruhukira...

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

IZIHERUKA

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga
IMIBEREHO MYIZA

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

by radiotv10
10/12/2025
0

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

09/12/2025
Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Ibyumvikana nk’amahirwe mu buhinzi bw’umuceri byazanye imbogamizi

Rwamagana: Ibyumvikana nk’amahirwe mu buhinzi bw’umuceri byazanye imbogamizi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.