Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yitabiriye imyitozo idasanzwe irimo n’Abasirikare ba America (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
14/02/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF yitabiriye imyitozo idasanzwe irimo n’Abasirikare ba America (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Kenya hatangiye imyitozo ya gisirikare izwi nka Justified Accord (JA23), yitabiriwe n’ingabo z’u Rwanda, iza Leta Zunze Ubumwe za America, iza Uganda, iza Djibouti ndetse n’iza Kenya zayakiriye.

Nkuko tubikesha ibyatangajwe n’urubuga rwa Minisiteri y’Ingabo muri Kenya twifashishije twandika iyi nkuru nk’urubuga rwa RADIOTV10, iyi myitozo iri kubera mu ishuri rya gisirikare ryo muri Kenya rya School of Infantry, Isiolo, yatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 13 Gashyantare 2023, izamara ibyumweru bibiri.

Ni imyitozo igamije kongerera imbaraga mu mikoranire mu bya gisirikare no mu bikorwa bihuriweho n’ingabo hagati y’Ibihugu ndetse no guhamya ubufatanye mu guhangana n’ibibazo by’amakimbirane.

Ubwo yatangizaga iyi myitozo, Lieutenant Colonel Peter Mwangi wo mu gisirikare cya Kenya, yashimangiye ko iyi myitozo igira uruhare mu gukomeza gushyira mu bikorwa amasezerano aba ari hagati y’ingabo z’Ibihugu bitandukanye mu guhangana n’ibibazo birimo n’intambara.

Yagize ati “Ibyerekeye no kuyobora ibikorwa bya gisirikare ku rwego rwose, bigaragazwa n’umusaruro ushimishije mu gushyira mu bikorwa intego za gisirikare. Akamaro ka mbere gahuriweho mu guha imbaraga igisirikare bisaba ko uyoboye abasirikare aha imyitozo y’ibanze abasirikare.”

Igikorwa cyo gutangiza iyi myitozo kandi cyanitabiriwe n’umuyobozi Wungirije w’imyitozo mu gisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America, Colonel Jasson Porter ndetse n’abahagarariye ubuyobozi bw’Ingabo z’Ibihugu byayitabiriye.

RDF iri muri iyi myitozo yihariye

Harimo kandi n’ingabo za USA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − five =

Previous Post

Kigali: Amayobera ku mugabo basanze mu cyuzi cy’amafi yapfuye

Next Post

Amakuru mashya ku bakekwaho ibidasanzwe byakurikiye umukino wa APR na Rayon

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bakekwaho ibidasanzwe byakurikiye umukino wa APR na Rayon

Amakuru mashya ku bakekwaho ibidasanzwe byakurikiye umukino wa APR na Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.