Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yitabiriye imyitozo idasanzwe irimo n’Abasirikare ba America (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
14/02/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF yitabiriye imyitozo idasanzwe irimo n’Abasirikare ba America (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Kenya hatangiye imyitozo ya gisirikare izwi nka Justified Accord (JA23), yitabiriwe n’ingabo z’u Rwanda, iza Leta Zunze Ubumwe za America, iza Uganda, iza Djibouti ndetse n’iza Kenya zayakiriye.

Nkuko tubikesha ibyatangajwe n’urubuga rwa Minisiteri y’Ingabo muri Kenya twifashishije twandika iyi nkuru nk’urubuga rwa RADIOTV10, iyi myitozo iri kubera mu ishuri rya gisirikare ryo muri Kenya rya School of Infantry, Isiolo, yatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 13 Gashyantare 2023, izamara ibyumweru bibiri.

Ni imyitozo igamije kongerera imbaraga mu mikoranire mu bya gisirikare no mu bikorwa bihuriweho n’ingabo hagati y’Ibihugu ndetse no guhamya ubufatanye mu guhangana n’ibibazo by’amakimbirane.

Ubwo yatangizaga iyi myitozo, Lieutenant Colonel Peter Mwangi wo mu gisirikare cya Kenya, yashimangiye ko iyi myitozo igira uruhare mu gukomeza gushyira mu bikorwa amasezerano aba ari hagati y’ingabo z’Ibihugu bitandukanye mu guhangana n’ibibazo birimo n’intambara.

Yagize ati “Ibyerekeye no kuyobora ibikorwa bya gisirikare ku rwego rwose, bigaragazwa n’umusaruro ushimishije mu gushyira mu bikorwa intego za gisirikare. Akamaro ka mbere gahuriweho mu guha imbaraga igisirikare bisaba ko uyoboye abasirikare aha imyitozo y’ibanze abasirikare.”

Igikorwa cyo gutangiza iyi myitozo kandi cyanitabiriwe n’umuyobozi Wungirije w’imyitozo mu gisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America, Colonel Jasson Porter ndetse n’abahagarariye ubuyobozi bw’Ingabo z’Ibihugu byayitabiriye.

RDF iri muri iyi myitozo yihariye

Harimo kandi n’ingabo za USA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Kigali: Amayobera ku mugabo basanze mu cyuzi cy’amafi yapfuye

Next Post

Amakuru mashya ku bakekwaho ibidasanzwe byakurikiye umukino wa APR na Rayon

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bakekwaho ibidasanzwe byakurikiye umukino wa APR na Rayon

Amakuru mashya ku bakekwaho ibidasanzwe byakurikiye umukino wa APR na Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.