Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yitabiriye imyitozo idasanzwe irimo n’Abasirikare ba America (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
14/02/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF yitabiriye imyitozo idasanzwe irimo n’Abasirikare ba America (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Kenya hatangiye imyitozo ya gisirikare izwi nka Justified Accord (JA23), yitabiriwe n’ingabo z’u Rwanda, iza Leta Zunze Ubumwe za America, iza Uganda, iza Djibouti ndetse n’iza Kenya zayakiriye.

Nkuko tubikesha ibyatangajwe n’urubuga rwa Minisiteri y’Ingabo muri Kenya twifashishije twandika iyi nkuru nk’urubuga rwa RADIOTV10, iyi myitozo iri kubera mu ishuri rya gisirikare ryo muri Kenya rya School of Infantry, Isiolo, yatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 13 Gashyantare 2023, izamara ibyumweru bibiri.

Ni imyitozo igamije kongerera imbaraga mu mikoranire mu bya gisirikare no mu bikorwa bihuriweho n’ingabo hagati y’Ibihugu ndetse no guhamya ubufatanye mu guhangana n’ibibazo by’amakimbirane.

Ubwo yatangizaga iyi myitozo, Lieutenant Colonel Peter Mwangi wo mu gisirikare cya Kenya, yashimangiye ko iyi myitozo igira uruhare mu gukomeza gushyira mu bikorwa amasezerano aba ari hagati y’ingabo z’Ibihugu bitandukanye mu guhangana n’ibibazo birimo n’intambara.

Yagize ati “Ibyerekeye no kuyobora ibikorwa bya gisirikare ku rwego rwose, bigaragazwa n’umusaruro ushimishije mu gushyira mu bikorwa intego za gisirikare. Akamaro ka mbere gahuriweho mu guha imbaraga igisirikare bisaba ko uyoboye abasirikare aha imyitozo y’ibanze abasirikare.”

Igikorwa cyo gutangiza iyi myitozo kandi cyanitabiriwe n’umuyobozi Wungirije w’imyitozo mu gisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America, Colonel Jasson Porter ndetse n’abahagarariye ubuyobozi bw’Ingabo z’Ibihugu byayitabiriye.

RDF iri muri iyi myitozo yihariye

Harimo kandi n’ingabo za USA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Kigali: Amayobera ku mugabo basanze mu cyuzi cy’amafi yapfuye

Next Post

Amakuru mashya ku bakekwaho ibidasanzwe byakurikiye umukino wa APR na Rayon

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bakekwaho ibidasanzwe byakurikiye umukino wa APR na Rayon

Amakuru mashya ku bakekwaho ibidasanzwe byakurikiye umukino wa APR na Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.