Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yitabiriye imyitozo idasanzwe irimo n’Abasirikare ba America (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
14/02/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF yitabiriye imyitozo idasanzwe irimo n’Abasirikare ba America (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Kenya hatangiye imyitozo ya gisirikare izwi nka Justified Accord (JA23), yitabiriwe n’ingabo z’u Rwanda, iza Leta Zunze Ubumwe za America, iza Uganda, iza Djibouti ndetse n’iza Kenya zayakiriye.

Nkuko tubikesha ibyatangajwe n’urubuga rwa Minisiteri y’Ingabo muri Kenya twifashishije twandika iyi nkuru nk’urubuga rwa RADIOTV10, iyi myitozo iri kubera mu ishuri rya gisirikare ryo muri Kenya rya School of Infantry, Isiolo, yatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 13 Gashyantare 2023, izamara ibyumweru bibiri.

Ni imyitozo igamije kongerera imbaraga mu mikoranire mu bya gisirikare no mu bikorwa bihuriweho n’ingabo hagati y’Ibihugu ndetse no guhamya ubufatanye mu guhangana n’ibibazo by’amakimbirane.

Ubwo yatangizaga iyi myitozo, Lieutenant Colonel Peter Mwangi wo mu gisirikare cya Kenya, yashimangiye ko iyi myitozo igira uruhare mu gukomeza gushyira mu bikorwa amasezerano aba ari hagati y’ingabo z’Ibihugu bitandukanye mu guhangana n’ibibazo birimo n’intambara.

Yagize ati “Ibyerekeye no kuyobora ibikorwa bya gisirikare ku rwego rwose, bigaragazwa n’umusaruro ushimishije mu gushyira mu bikorwa intego za gisirikare. Akamaro ka mbere gahuriweho mu guha imbaraga igisirikare bisaba ko uyoboye abasirikare aha imyitozo y’ibanze abasirikare.”

Igikorwa cyo gutangiza iyi myitozo kandi cyanitabiriwe n’umuyobozi Wungirije w’imyitozo mu gisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America, Colonel Jasson Porter ndetse n’abahagarariye ubuyobozi bw’Ingabo z’Ibihugu byayitabiriye.

RDF iri muri iyi myitozo yihariye

Harimo kandi n’ingabo za USA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 6 =

Previous Post

Kigali: Amayobera ku mugabo basanze mu cyuzi cy’amafi yapfuye

Next Post

Amakuru mashya ku bakekwaho ibidasanzwe byakurikiye umukino wa APR na Rayon

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bakekwaho ibidasanzwe byakurikiye umukino wa APR na Rayon

Amakuru mashya ku bakekwaho ibidasanzwe byakurikiye umukino wa APR na Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.