Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RIB yagize icyo ivuga kuri bombori bombori zimaze iminsi ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
18/09/2024
in MU RWANDA
0
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry

Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, ruragira inama abakoresha imbuga nkoranyambaga kwitwararika, kuko hari ibimaze iminsi bigaragaraho binagize ibyaha, kandi ko uru rwego ruticaye ubusa, ahubwo ko hari icyo ruri kubikoraho, kuko bigomba gucika burundu.

Muri ibi byumweru bitatu, bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bamaze iminsi mu mpaka zazamuwe na bimwe mu bitangarizwaho by’umwihariko kuri YouTube.

Habanje inkuru z’umunyamakuru akaba n’umuhanzi Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago, wavuze ko yahunze Igihugu kubera ako yise agatsiko k’abanyamakuru bagenzi be ngo bashatse kumwivugana.

Bidateye kabiri, hazamutse inkuru z’umunyamakuru Murungi Sabin ukorera kuri YouTube, aho abakoresha imbuga nkoranyambaga bagiye bashyiraho amashusho bivugwa ko yafashwe ngo avuye guca inyuma uwo bashakanye, ndetse ko ngo yabikoranaga n’undi uzwi na we kuri YouTube.

Aya mashusho y’uyu munyamakuru wagaragaye asohoka mu nzu bivugwa ko ari ho habereye icyo gikorwa, ndetse n’andi amugaragaza aryamye hasi bigaragara ko ashobora kuba yavunitse, yakurikiwe n’ibitekerezo byinshi byose bitagaragarizwa ishingiro, aho abiganjemo abakoresha YouTube, bagiye bayavugaho ibitekerezo bitandukanye.

Nanone kandi ku mbuga nkoranyambaga, hashyizweho amafoto n’amashusho y’urukozasoni, ya bamwe mu bazwi mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko uru rwego rubona ibi byose bitangarizwa ku mbuga nkoranyambaga, kandi ko ruticaye ubusa.

Ati “Ni imyitwarire igayitse, nta bunyangamugayo burimo, ndetse ibyo bikorwa bimwe bigize ibyaha. Urabona biteye isoni biragayitse. Nka RIB rero turabibona, hari ikiri gukorwa.”

Dr Murangira B. Thierry avuga kandi ko aba bantu bakomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga, biba binagaragaza imyitwarire ye mu buzima busanzwe.

Ati “Bigaragaza imico ye, bigaragaza uburere bwe, bigaragaza ndetse n’uburere umuntu afite, ni ikigero cyiza cyo kureba ikigero cy’imitekerereze ye afite. Imyitwarire ku mbuga nkoranyambaga izahita ikugaragaza nyine uwo uri we.”

Dr Murangira B. Thierry yakomeje avuga ko uretse kuba Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruri kugira icyo rukora kuri ibi bimaze iminsi ku mbuga nkoranyambaga, ariko binagomba gucika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 1 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku mugambi Congo yitarukije wo kwakira Abanyarwanda bahamijwe Jenoside babuze Igihugu kibakira

Next Post

Ibyo wamenya ku bwoko bushya bwa Covid bwateye ikikango i Burayi

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo wamenya ku bwoko bushya bwa Covid bwateye ikikango i Burayi

Ibyo wamenya ku bwoko bushya bwa Covid bwateye ikikango i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.