Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RSSB yagaragaje icyo yishimira kinumvikanamo inkuru nziza ku banyamuryango bayo

radiotv10by radiotv10
16/09/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
RSSB yagaragaje icyo yishimira kinumvikanamo inkuru nziza ku banyamuryango bayo
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda RSSB, kivuga ko mu mwaka ushize inyungu yacyo yiyongereye ku rugero rwa 22%, ndetse n’amafaranga yavuye mu ishoramari ryacyo azamuka ku rugero rwa 30%, bivuze ko imisanzu y’abanyamuryango icunzwe neza.

Imibare y’iki kigo cya Leta gishinzwe ubwiteganyirize, igaragaza ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2022-2023; umutungo wose ucungwa n’iki kigo wageze kuri miliyari 2 064 Frw.

Aya mafaranga kandi yazamutse ku rugero rwa 14% ugereranyije na miliyari 1 776 Frw zabonetse mu mwaka wabanje.

Naho omisanzu y’abanyamuryango yiyongereyeho 24% igera kuri miliyari 352 Frw, aho Miliyari 163.7 Frw yishyuwe abafatanyabikorwa batandukanye.

Umusaruro w’ishoramari wa RSSB wazamutse kuri 3%, utanga miliyari 106.6 Frw, bituma inyungu y’iki kigo izamuka ku rugero rwa 22% kuko muri uwo mwaka yageze kuri miliyari 285.7 Frw.

Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Regis Rugemanshuro, avuga ko ibi bigaragaza ko umutungo w’abanyamuryango ucunzwe neza.

Ati “Nk’uko mwabibonye mu myaka yose ishize, RSSB ntabwo ikorera mu gihombo. N’ibitararangira na byo dufite ingamba zihanitse, ndetse ubu tuvugana hari inyigo iri gukorwa y’urwego rwa Real Estate Strategy. Iyo nyigo ni yo izarebera hamwe ikavuga umutongo wa RSSB w’ubutaka, ese ubutaka dufite nibwo dukeneye? Burahagije, ntibuhagije? Ubu dukeneye ni ubuhe, buzabyazwa uwuhe musaruro? Ushobora kubaza uti ese kare kose mwaburaga iki? Ariko uzangaye gutinda ntuzangaye guhera.”

Iki kigo kandi kivuga ko gifite umukoro wo kurushaho gushaka ahandi gishora iyi misanzu y’abaturage kugira ngo irusheho kubyara inyungu.

Umuyobozi mukuru wungirije wa RSSB, Louise Kanyunga ati “Tugomba gukomea kureba uko isoko rihagaze, tukamenya ni hehe dushora imari, ni mu yihe mitungo, ni muyahe makompanyi, ni mu bihe Bihugu.”

Mu rwego rwo kugoboka abanyamuryango mu gihe bakeneye imisanzu bizigamiye; Iki kigo gishimangira ko kizi neza ko abanyamuryango bagomba guhabwa imisanzu yabo ijyanye n’igihe, icyakora kikavuga ko hari ibigomba kubanza kwigwaho.

Umuyobozi ushinzwe ibigenerwa abakiriya muri RSSB, Dr Regis Hitimana ati “Impinduka iheruka yabaye muri 2018. Hanyuma bitewe n’inyigo ihari; imyanzuro izafatwa izashyirwa mu bikorwa.”

RSSB ivuga ko umusaruro wayo wihariye 15% by’umusaruro mbumbe w’Igihugu, bituma iba ikigo cya mbere mu karere muri bigenzi byacyo bigira uruhare rukomeye ku musaruro mbumbe w’Ibihugu bikoreramo.

Umuyobozi Mukuru wa RSSB Regis Rugemanshuro avuga ko ibyagezweho bigaragaza ko imitungo y’abanyamuryango icunzwe neza
RSSB yagaragaje ibyagezweho mu mwaka wa 2022-2023
Yizeje abanyamuryango ko izakomeza gukora ibishoboka ngo bigende neza

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Ibirori bigiye kongera gutaha: Uwari umugore w’umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda ari mu byishimo

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda wigaruriye imitima ya benshi agahita abura agarutse mu yindi sura

Related Posts

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
IMYIDAGADURO

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda wigaruriye imitima ya benshi agahita abura agarutse mu yindi sura

Umuhanzi Nyarwanda wigaruriye imitima ya benshi agahita abura agarutse mu yindi sura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.