Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Abadafite amarangamuntu bavuga ko bidakwiye kubimisha uburenganzira bwo gukingirwa COVID

radiotv10by radiotv10
17/11/2021
in MU RWANDA
0
Rubavu: Abadafite amarangamuntu bavuga ko bidakwiye kubimisha uburenganzira bwo gukingirwa COVID
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu badafite ibyangombwa nk’irangamuntu, barajya kwikingiza COVID-19 bagasubizwa inyuma mu gihe bo bavuga ko bidakwiye kuko gukingirwa ari uburenganzira bwabo bityo ko batari bakwiye kubuvutswa ku maherere.

Aba baturage barimo abataye ibyangombwa byabo atari ubushake bwabo, bavuga ko ibi byago byababayeho byo guta ibyangombwa bitari bikwiye kubavutsa uburenganzira bwo gukingirwa nk’abandi.

Iradukunda Pascaline avuga ko yasiragiye mu nzego asaba ko yahabwa indi rangamuntu kuko iyo yari afite yatakaye, ariko ko yakomeje gutegereza ko ayihabwa ariko amaso akaba yaraheze mu kirere.

Ati “No kunkingira ngo ntabwo bankingira ntagira irangamuntu, mbonye irangamuntu ngo bankingira.”

Uyu muturage na bagenzi be bavuga ko batewe impungenge no kuba barangiwe gukingirwa ku buryo hari serivisi bashobora kuzimwa mu minsi iri imbere nk’uko hari ibikorwa runaka bitemerewe kujyamo abatarikingije.

CSP Tuganeyesu Oreste uyobora ibitaro bya Gisenyi avuga ko hari abaturage bari bafite amakuru y’ibihuha mu bikorwa byo gukingira COVID-19 ku buryo biri mu byababereye imbogamizi.

Avuga kandi ko inzego z’ubuyobozi zifasha abaturage kubona ibyangombwa mu buryo bwihuse kugira ngo badacikanwa n’ibi bikorwa byo gukingirwa.

Ati “Ariko aho bitanashobotse hashyizweho uburyo bwo gufata amakuru y’ingenzi agaragaza ko uwo muturage atuye mu Kagari, mu Mudugudu cyangwa mu Murenge uyu n’uyu.”

Avuga ko ikigo cy’ubuzima cyangwa ikigo cy’ubuzima bafasha bariya baturage bakabaha code bakwifashisha kugira ngo amakuru yabo azagaragare azanabafasha kubona doze ya kabiri y’urukingo.

Akomeza avuga ko “Ikibazo cyari gikomeye ni amakuru macye icyakabiri ni ibihuha” ariko ko ubu inzego zose zahagurutse zigakorana kugira ngo izi mbogamizi zose zikurweho.

Danton GASIGWA
RadioTV10/Rubavu

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Nyagatare: RIB yataye muri yombi Gitifu ukurikiranyweho gutanga ruswa

Next Post

Kigali: Bavuga ko igabanuka rya COVID rikwiye kujyana no kugabanya amande y’abarenga ku mabwiriza

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Bavuga ko igabanuka rya COVID rikwiye kujyana no kugabanya amande y’abarenga ku mabwiriza

Kigali: Bavuga ko igabanuka rya COVID rikwiye kujyana no kugabanya amande y’abarenga ku mabwiriza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.