Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Abadafite amarangamuntu bavuga ko bidakwiye kubimisha uburenganzira bwo gukingirwa COVID

radiotv10by radiotv10
17/11/2021
in MU RWANDA
0
Rubavu: Abadafite amarangamuntu bavuga ko bidakwiye kubimisha uburenganzira bwo gukingirwa COVID
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu badafite ibyangombwa nk’irangamuntu, barajya kwikingiza COVID-19 bagasubizwa inyuma mu gihe bo bavuga ko bidakwiye kuko gukingirwa ari uburenganzira bwabo bityo ko batari bakwiye kubuvutswa ku maherere.

Aba baturage barimo abataye ibyangombwa byabo atari ubushake bwabo, bavuga ko ibi byago byababayeho byo guta ibyangombwa bitari bikwiye kubavutsa uburenganzira bwo gukingirwa nk’abandi.

Iradukunda Pascaline avuga ko yasiragiye mu nzego asaba ko yahabwa indi rangamuntu kuko iyo yari afite yatakaye, ariko ko yakomeje gutegereza ko ayihabwa ariko amaso akaba yaraheze mu kirere.

Ati “No kunkingira ngo ntabwo bankingira ntagira irangamuntu, mbonye irangamuntu ngo bankingira.”

Uyu muturage na bagenzi be bavuga ko batewe impungenge no kuba barangiwe gukingirwa ku buryo hari serivisi bashobora kuzimwa mu minsi iri imbere nk’uko hari ibikorwa runaka bitemerewe kujyamo abatarikingije.

CSP Tuganeyesu Oreste uyobora ibitaro bya Gisenyi avuga ko hari abaturage bari bafite amakuru y’ibihuha mu bikorwa byo gukingira COVID-19 ku buryo biri mu byababereye imbogamizi.

Avuga kandi ko inzego z’ubuyobozi zifasha abaturage kubona ibyangombwa mu buryo bwihuse kugira ngo badacikanwa n’ibi bikorwa byo gukingirwa.

Ati “Ariko aho bitanashobotse hashyizweho uburyo bwo gufata amakuru y’ingenzi agaragaza ko uwo muturage atuye mu Kagari, mu Mudugudu cyangwa mu Murenge uyu n’uyu.”

Avuga ko ikigo cy’ubuzima cyangwa ikigo cy’ubuzima bafasha bariya baturage bakabaha code bakwifashisha kugira ngo amakuru yabo azagaragare azanabafasha kubona doze ya kabiri y’urukingo.

Akomeza avuga ko “Ikibazo cyari gikomeye ni amakuru macye icyakabiri ni ibihuha” ariko ko ubu inzego zose zahagurutse zigakorana kugira ngo izi mbogamizi zose zikurweho.

Danton GASIGWA
RadioTV10/Rubavu

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 3 =

Previous Post

Nyagatare: RIB yataye muri yombi Gitifu ukurikiranyweho gutanga ruswa

Next Post

Kigali: Bavuga ko igabanuka rya COVID rikwiye kujyana no kugabanya amande y’abarenga ku mabwiriza

Related Posts

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

by radiotv10
03/12/2025
0

The proverb “Charity begins at home” is a reminder that kindness, generosity, and good behavior should start with the people...

IZIHERUKA

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo
MU RWANDA

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

03/12/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Bavuga ko igabanuka rya COVID rikwiye kujyana no kugabanya amande y’abarenga ku mabwiriza

Kigali: Bavuga ko igabanuka rya COVID rikwiye kujyana no kugabanya amande y’abarenga ku mabwiriza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.