Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Abadafite amarangamuntu bavuga ko bidakwiye kubimisha uburenganzira bwo gukingirwa COVID

radiotv10by radiotv10
17/11/2021
in MU RWANDA
0
Rubavu: Abadafite amarangamuntu bavuga ko bidakwiye kubimisha uburenganzira bwo gukingirwa COVID
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu badafite ibyangombwa nk’irangamuntu, barajya kwikingiza COVID-19 bagasubizwa inyuma mu gihe bo bavuga ko bidakwiye kuko gukingirwa ari uburenganzira bwabo bityo ko batari bakwiye kubuvutswa ku maherere.

Aba baturage barimo abataye ibyangombwa byabo atari ubushake bwabo, bavuga ko ibi byago byababayeho byo guta ibyangombwa bitari bikwiye kubavutsa uburenganzira bwo gukingirwa nk’abandi.

Iradukunda Pascaline avuga ko yasiragiye mu nzego asaba ko yahabwa indi rangamuntu kuko iyo yari afite yatakaye, ariko ko yakomeje gutegereza ko ayihabwa ariko amaso akaba yaraheze mu kirere.

Ati “No kunkingira ngo ntabwo bankingira ntagira irangamuntu, mbonye irangamuntu ngo bankingira.”

Uyu muturage na bagenzi be bavuga ko batewe impungenge no kuba barangiwe gukingirwa ku buryo hari serivisi bashobora kuzimwa mu minsi iri imbere nk’uko hari ibikorwa runaka bitemerewe kujyamo abatarikingije.

CSP Tuganeyesu Oreste uyobora ibitaro bya Gisenyi avuga ko hari abaturage bari bafite amakuru y’ibihuha mu bikorwa byo gukingira COVID-19 ku buryo biri mu byababereye imbogamizi.

Avuga kandi ko inzego z’ubuyobozi zifasha abaturage kubona ibyangombwa mu buryo bwihuse kugira ngo badacikanwa n’ibi bikorwa byo gukingirwa.

Ati “Ariko aho bitanashobotse hashyizweho uburyo bwo gufata amakuru y’ingenzi agaragaza ko uwo muturage atuye mu Kagari, mu Mudugudu cyangwa mu Murenge uyu n’uyu.”

Avuga ko ikigo cy’ubuzima cyangwa ikigo cy’ubuzima bafasha bariya baturage bakabaha code bakwifashisha kugira ngo amakuru yabo azagaragare azanabafasha kubona doze ya kabiri y’urukingo.

Akomeza avuga ko “Ikibazo cyari gikomeye ni amakuru macye icyakabiri ni ibihuha” ariko ko ubu inzego zose zahagurutse zigakorana kugira ngo izi mbogamizi zose zikurweho.

Danton GASIGWA
RadioTV10/Rubavu

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Nyagatare: RIB yataye muri yombi Gitifu ukurikiranyweho gutanga ruswa

Next Post

Kigali: Bavuga ko igabanuka rya COVID rikwiye kujyana no kugabanya amande y’abarenga ku mabwiriza

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya
IMIBEREHO MYIZA

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Bavuga ko igabanuka rya COVID rikwiye kujyana no kugabanya amande y’abarenga ku mabwiriza

Kigali: Bavuga ko igabanuka rya COVID rikwiye kujyana no kugabanya amande y’abarenga ku mabwiriza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.