Friday, October 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Abasenyewe na Sebeya ubwo habaga ibiza bikomeye bamaze imyaka ibiri mu rujijo

radiotv10by radiotv10
18/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rubavu: Abasenyewe na Sebeya ubwo habaga ibiza bikomeye bamaze imyaka ibiri mu rujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Mirenge ya Nyundo na Rugerero mu Karere ka Rubavu, bangirijwe n’ibiza byatewe n’umugezi Sebeya ubwo habaga ibiza bikomeye muri 2023, baravuga ko bamaze imyaka ibiri batazi aho bazerecyeza kuko bakiba mu nzu zasenyutse.

Ni nyuma y’ibiza byabaye muri Gicurasi 2023 byibasiye Intara y’Iburengerazuba, gusa bamwe mu bahuye n’ibi biza bafashijwe gusanirwa inzu, abandi barubakirwa mu rwego rwo kubasubiza mu buzima busanzwe n’ubwo hari n’abagaragaza ko batigeze bagerwaho n’ubufasha ubwo aribwo bwose.

Bamwe mu batuye muri iyi Mirenge ya Nyundo na Rugerero bagaragaza ko bagowe no kuba mu bukode muri icyo gihe cyose bagasaba ko bakurwa mu gihirahiro.

Liliane ati “Bari baratubwiye ko bazatangira kutwubakira mu kwa mbere. Rwose kubaho mu bukode ntibinyoroheye kuko nari menyereye kuba iwanjye nta muntu ubyukira ku muryango wanjye none ubu ni buri munsi kuko nk’amafaranga y’ubukode duheruka yararangiye.”

Undi witwa Murekatete yagize ati “Twarategereje twarananiwe, twarahebye mbese muri macye twarumiwe kuko aho ntuye ni nka metero 200 ariko banze ko nubaka, badusabye ngo twerekane ibibanza batwubakire turabibura none ko byabuze tuzajya hehe?”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko umushinga wo kwimura aba baturage batari bafite ibibanza bubakirwaho urimbanyije, kuko byasabye igihe gihagije bitewe n’uburemere bw’ibiza byabaye n’abo byagizeho ingaruka.

Ati “Biriya biza bya 2023 byari biremereye cyane bifite imbaraga zikomeye ku buryo bitari gushoboka gukemura ibibazo mu gihe gitoya ariko bakiva mu nkambi abaturage bahise bakodesherezwa ariko Leta itangira no kubakira abari bafite ibibanza, abasigaye babikwiye rero bose bazubakirwa muri site ya Kasonga na Ruranga mu Murenge wa Rugerero kandi dufite urutonde rw’agateganyo rw’imiryango 870 kandi Leta imaze iminsi yitegura kugira ngo yishyure ingurane batangire igikorwa cyo kubaka ndetse MINEMA yamaze gushyiraho n’abakozi bazakurikirana icyo gikorwa.”

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko Ubuyobozi bw’Akarere bwamaze kuzuza inzu 540 z’imiryango yahuye n’ibiza byatewe n’umugezi wa Sebeya.

N’abifuza kubaka bavuga ko babujijwe gusana
Bavuga ko hakwiye kugira igikorwa

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    7 months ago

    nta rujijo ruhari, mujye musobanuza. abasenyewe batishoboye bafashijwe kubaka abandi bagomba kwiyubakira, byagaragara ko batabishoboye, byemejwe n’inteko y’abaturage bakunganirwa ku buryo bw’umuganda. bikorwa ku busabe bw’umuntu ku giti cye. murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − five =

Previous Post

Umuhuza mushya mu by’u Rwanda na Congo yahuye na Tshisekedi ku nshuro ya mbere

Next Post

Icyo Rayon isaba nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Mukura n’icyo izakora nikitubahirizwa

Related Posts

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

by radiotv10
30/10/2025
0

Komisiyo ishinzwe Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare, yatangaje ko mu myaka 24 (kuva muri 2001), abahoze...

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

by radiotv10
30/10/2025
0

The Rwanda Demobilization and Reintegration Commission (RDRC) has announced that over the past 24 years (since 2001), more than 12,000...

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

by radiotv10
30/10/2025
0

Bamwe mu barezi b’amarerero bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bavuga ko bamaze igihe bakora batabona agahimbazamusyi...

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

by radiotv10
30/10/2025
0

Every year, a big number of young Rwandans pack their bags to move to Kigali, drawn mostly by the promise...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
30/10/2025
0

IZIHERUKA

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda
FOOTBALL

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

30/10/2025
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

30/10/2025
Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ikigiye gukorwa ku kibazo gitunguranye cyasize impaka ku mukino wahuzaga Rayon na Mukura

Icyo Rayon isaba nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Mukura n’icyo izakora nikitubahirizwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.