Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Abasenyewe na Sebeya ubwo habaga ibiza bikomeye bamaze imyaka ibiri mu rujijo

radiotv10by radiotv10
18/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rubavu: Abasenyewe na Sebeya ubwo habaga ibiza bikomeye bamaze imyaka ibiri mu rujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Mirenge ya Nyundo na Rugerero mu Karere ka Rubavu, bangirijwe n’ibiza byatewe n’umugezi Sebeya ubwo habaga ibiza bikomeye muri 2023, baravuga ko bamaze imyaka ibiri batazi aho bazerecyeza kuko bakiba mu nzu zasenyutse.

Ni nyuma y’ibiza byabaye muri Gicurasi 2023 byibasiye Intara y’Iburengerazuba, gusa bamwe mu bahuye n’ibi biza bafashijwe gusanirwa inzu, abandi barubakirwa mu rwego rwo kubasubiza mu buzima busanzwe n’ubwo hari n’abagaragaza ko batigeze bagerwaho n’ubufasha ubwo aribwo bwose.

Bamwe mu batuye muri iyi Mirenge ya Nyundo na Rugerero bagaragaza ko bagowe no kuba mu bukode muri icyo gihe cyose bagasaba ko bakurwa mu gihirahiro.

Liliane ati “Bari baratubwiye ko bazatangira kutwubakira mu kwa mbere. Rwose kubaho mu bukode ntibinyoroheye kuko nari menyereye kuba iwanjye nta muntu ubyukira ku muryango wanjye none ubu ni buri munsi kuko nk’amafaranga y’ubukode duheruka yararangiye.”

Undi witwa Murekatete yagize ati “Twarategereje twarananiwe, twarahebye mbese muri macye twarumiwe kuko aho ntuye ni nka metero 200 ariko banze ko nubaka, badusabye ngo twerekane ibibanza batwubakire turabibura none ko byabuze tuzajya hehe?”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko umushinga wo kwimura aba baturage batari bafite ibibanza bubakirwaho urimbanyije, kuko byasabye igihe gihagije bitewe n’uburemere bw’ibiza byabaye n’abo byagizeho ingaruka.

Ati “Biriya biza bya 2023 byari biremereye cyane bifite imbaraga zikomeye ku buryo bitari gushoboka gukemura ibibazo mu gihe gitoya ariko bakiva mu nkambi abaturage bahise bakodesherezwa ariko Leta itangira no kubakira abari bafite ibibanza, abasigaye babikwiye rero bose bazubakirwa muri site ya Kasonga na Ruranga mu Murenge wa Rugerero kandi dufite urutonde rw’agateganyo rw’imiryango 870 kandi Leta imaze iminsi yitegura kugira ngo yishyure ingurane batangire igikorwa cyo kubaka ndetse MINEMA yamaze gushyiraho n’abakozi bazakurikirana icyo gikorwa.”

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko Ubuyobozi bw’Akarere bwamaze kuzuza inzu 540 z’imiryango yahuye n’ibiza byatewe n’umugezi wa Sebeya.

N’abifuza kubaka bavuga ko babujijwe gusana
Bavuga ko hakwiye kugira igikorwa

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    9 months ago

    nta rujijo ruhari, mujye musobanuza. abasenyewe batishoboye bafashijwe kubaka abandi bagomba kwiyubakira, byagaragara ko batabishoboye, byemejwe n’inteko y’abaturage bakunganirwa ku buryo bw’umuganda. bikorwa ku busabe bw’umuntu ku giti cye. murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − three =

Previous Post

Umuhuza mushya mu by’u Rwanda na Congo yahuye na Tshisekedi ku nshuro ya mbere

Next Post

Icyo Rayon isaba nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Mukura n’icyo izakora nikitubahirizwa

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ikigiye gukorwa ku kibazo gitunguranye cyasize impaka ku mukino wahuzaga Rayon na Mukura

Icyo Rayon isaba nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Mukura n’icyo izakora nikitubahirizwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.