Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Amakuru mashya ku mukobwa ‘wabeshyeye’ Gitifu ko yamukuye iryinyo kuko yanze ko baryamana

radiotv10by radiotv10
24/08/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Ntibumva impamvu badahembwa nyamara amashuri bubatse ubu ari kwigirwamo
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa ukora mu kabari watangaje ko yakubiswe na Gitifu w’Umurenge wa Kanzenze akamukura iryinyo ngo amuziza ko yanze ko baryamana, ubu akaba akurikiranyweho umugambi wo kurega undi umubeshyera, yarekuwe by’agateganyo.

Uyu mukobwa witwa Uwimanimpaye Claudine yagarutsweho cyane mu mpera za Nyakanga 2022 ubwo hacicikanaga amakuru ko yakubiswe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanzenze, Nkurunziza Faustin ngo amuziza ko yanze ko baryamana.

Gusa uyu muyobozi we yateye utwatsi ibi yavugwagaho, avuga ko ari umugambi mubisha wari umaze igihe utegurwa n’abashakaga kumuharabika bamwangisha abaturage.

Uwo mukobwa yahise akorwaho iperereza, anatabwa muri yombi we n’abandi bantu bane bakurikiranyweho icyaha gucura umugambi wo kurega undi bamubeshyera.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Kanama 2022, Urukiko rw’ibanze rwa Gisenyi, rwasomye icyemezo cyarwo ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, rutegeka ko aba bantu bose barimo n’uyu mukobwa, barekurwa by’agateganyo.

Uru Rukiko, ubwo rwafataga iki cyemezo, rwavuze ko nta mpamvu zikomeye zatuma abaregwa bakurikiranwa bafunze.

Mu ntangiro z’uku kwezi kwa Kanama, Uwimanimpaye Claudine yari yemereye ubuyobozi ko ibyo yavuze ku Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanzenze, yamubeshyeye.

Uyu mukobwa usanzwe akora mu kabari, yavugaga ko yakoze iki gikorwa cy’ubuhemu nyuma yuko abisabwe n’abakoresha be.

Ubwo yavugaga ariya makuru y’ikinyoma ko yakubiswe na Gitifu akamukura iryinyo amuziza ko yanze ko baryamana, uyu muyobozi yavuze ko ahubwo uyu mukobwa ari we wari mu makosa kuko ubwo habaga igenzura ryo kureba niba abantu bubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19, yanze kwerekana ibyangombwa bigaragaza ko yikingije agatuka abayobozi.

Gitifu Nkurunziza yavuze ko uyu mukobwa yahise ajyanwa mu kigo kinyuzwamo abantu by’igihe gito (Tansit Center), akaza kurekurwa, akigera hanze ari bwo yatangiye guhimba ariya makuru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + seven =

Previous Post

Rubavu: Uwohereje umutetsi mu kwibuka, umugabo we yafunzwe akekwaho gukora Jenoside mu 1994

Next Post

Burya Buravan afite irindi zina ritazwi na benshi: Umubyeyi we yahishuye impamvu barimwise

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Burya Buravan afite irindi zina ritazwi na benshi: Umubyeyi we yahishuye impamvu barimwise

Burya Buravan afite irindi zina ritazwi na benshi: Umubyeyi we yahishuye impamvu barimwise

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.