Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Amakuru mashya ku mukobwa ‘wabeshyeye’ Gitifu ko yamukuye iryinyo kuko yanze ko baryamana

radiotv10by radiotv10
24/08/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Ntibumva impamvu badahembwa nyamara amashuri bubatse ubu ari kwigirwamo
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa ukora mu kabari watangaje ko yakubiswe na Gitifu w’Umurenge wa Kanzenze akamukura iryinyo ngo amuziza ko yanze ko baryamana, ubu akaba akurikiranyweho umugambi wo kurega undi umubeshyera, yarekuwe by’agateganyo.

Uyu mukobwa witwa Uwimanimpaye Claudine yagarutsweho cyane mu mpera za Nyakanga 2022 ubwo hacicikanaga amakuru ko yakubiswe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanzenze, Nkurunziza Faustin ngo amuziza ko yanze ko baryamana.

Gusa uyu muyobozi we yateye utwatsi ibi yavugwagaho, avuga ko ari umugambi mubisha wari umaze igihe utegurwa n’abashakaga kumuharabika bamwangisha abaturage.

Uwo mukobwa yahise akorwaho iperereza, anatabwa muri yombi we n’abandi bantu bane bakurikiranyweho icyaha gucura umugambi wo kurega undi bamubeshyera.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Kanama 2022, Urukiko rw’ibanze rwa Gisenyi, rwasomye icyemezo cyarwo ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, rutegeka ko aba bantu bose barimo n’uyu mukobwa, barekurwa by’agateganyo.

Uru Rukiko, ubwo rwafataga iki cyemezo, rwavuze ko nta mpamvu zikomeye zatuma abaregwa bakurikiranwa bafunze.

Mu ntangiro z’uku kwezi kwa Kanama, Uwimanimpaye Claudine yari yemereye ubuyobozi ko ibyo yavuze ku Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanzenze, yamubeshyeye.

Uyu mukobwa usanzwe akora mu kabari, yavugaga ko yakoze iki gikorwa cy’ubuhemu nyuma yuko abisabwe n’abakoresha be.

Ubwo yavugaga ariya makuru y’ikinyoma ko yakubiswe na Gitifu akamukura iryinyo amuziza ko yanze ko baryamana, uyu muyobozi yavuze ko ahubwo uyu mukobwa ari we wari mu makosa kuko ubwo habaga igenzura ryo kureba niba abantu bubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19, yanze kwerekana ibyangombwa bigaragaza ko yikingije agatuka abayobozi.

Gitifu Nkurunziza yavuze ko uyu mukobwa yahise ajyanwa mu kigo kinyuzwamo abantu by’igihe gito (Tansit Center), akaza kurekurwa, akigera hanze ari bwo yatangiye guhimba ariya makuru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Rubavu: Uwohereje umutetsi mu kwibuka, umugabo we yafunzwe akekwaho gukora Jenoside mu 1994

Next Post

Burya Buravan afite irindi zina ritazwi na benshi: Umubyeyi we yahishuye impamvu barimwise

Related Posts

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

by radiotv10
20/11/2025
0

Uruganda ‘Agashinguracumu’ ruherereye mu Murenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki, rwatahuwe...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

by radiotv10
20/11/2025
0

A major road linking the districts of Nyanza in the Southern Province and Bugesera and Ngoma in the Eastern Province...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

by radiotv10
20/11/2025
0

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yasabye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, gutabara mu muryango w’Ikipe ya Rayon Sports, kugira...

IZIHERUKA

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke
MU RWANDA

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

by radiotv10
20/11/2025
0

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

20/11/2025
Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

20/11/2025
Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Burya Buravan afite irindi zina ritazwi na benshi: Umubyeyi we yahishuye impamvu barimwise

Burya Buravan afite irindi zina ritazwi na benshi: Umubyeyi we yahishuye impamvu barimwise

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.