Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

radiotv10by radiotv10
24/01/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku mbuto n’ifumbire, n’ubundi bakibigura ku giciro kiri hejuru ku buryo basanga bakorera mu bihombo.

Aba baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko bishimira inkunga Leta ibagenera izwi nka “Nkunganire” kugira ngo bateze imbere ubuhinzi bwabo, gusa ngo iyo basuzumye umusaruro n’amafaranga bashoye mu buhinzi, akenshi basanga bakorera mu bihombo, nk’uko abo twasanze mu tugari twa Karambo na Nkomane babisobanura.

Tuzabana Noel ati “Inyongeramusaruro zarazamutse cyane. Dore ubu ikilo cy’ifumbire ni 1,000 Frw, icy’imbuto ni 1,200 Frw, ariko ugahinga wajya gusarura ugasanga wahombye, iterambere rikabura. Mperutse gushora ibihumbi 300 Frw, ngiye gusarura nkuramo 100 Frw.”

Niyimfasha Jean Bosco ati “Urumva gufata ifumbire iri ku 1,000 Frw, ukongeramo imiti, usanga abahinzi duhomba cyane. Kugura imbuto ku 1,200 Frw ugasarura ukagurisha kuri 400 cyangwa 500 Frw, usanga harimo ikinyuranyo kinini cyane, mbese ibihombo ni byinshi.”

Ibyo bihombo bagaragaza ko bituruka ku mbuto n’ifumbire kimwe n’imiti bakoresha mu buhinzi bwabo bihenze, bagasaba ko byakongerwamo indi nyunganizi kugira ngo babashe kubyigondera.

Tuzabana Noel ati “Nubwo harimo nkunganire, igiciro kiracyari hejuru. Icyifuzo ni uko bayongera igiciro kikagabanukaho kurushaho.”

Niyimfasha Jean Bosco ati “Imbogamizi dufite ni ifumbire n’imiti nka Dithane. Nubwo bagabanyijeho ku giciro, iyo byarushaho kudufasha byaba ari byiza.”

Icyakora Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi (RAB), Ishami rya Tamira, kigaragaza ko nkunganire ishyirwaho mu buryo bwasuzumwe neza, ariko ngo ikavangirwa na bamwe mu bacuruzi baba bashaka kunama ku bahinzi bigatuma bagura ku biciro birenze ibyo bererwa na Leta. Uretse ibyo, ngo ntibazabagwa amahoro kuko ubugenzuzi bukorwa bihoraho. Bwana Rwakayanga Léandre, uyobora RAB Station ya Tamira, arabisobanura.

Rwakayanga Léandre ati “Hari aho usanga abacuruzi bacuruza mu gitondo kare cyangwa nimugoroba kugeza saa mbiri z’ijoro, ugasanga NPK yagombaga kugurishwa umuturage kuri 808 Frw akayimugurisha 1,000 Frw cyangwa 1,369 Frw hatarimo nkunganire ya Leta. Hari n’abahinzi banze kujya muri sisitemu, wenda kubera ko bafite amafaranga make, bityo bagashaka kugura ifumbire bakayigurishwa 100% kandi ibyo ntibyemewe kuko bifatwa nka forode. Ni yo mpamvu natwe duhora dukora ubugenzuzi, tukabaza umuhinzi niba abona serivisi nk’uko bikwiye. Iyo aduhaye amakuru ko hari uwamuhaye serivisi mbi cyangwa akamuhenda, turabikurikirana.”

Ubusanzwe ibiciro biriho nkunganire ku ifumbire ikoreshwa cyane n’abahinzi bo mu Karere ka Rubavu bigaragaza ko umuhinzi ayishyura ku mafaranga y’u Rwanda 808 Frw kuri NPK (17:17:17), 810 Frw kuri Urea na 932 Frw ku ifumbire ya DAP.

Aba baturage bavuga ko iyo bahingishije ifumbire babona umusaruro ufatika
Bakajyana ku isoko bakunguka

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 9 =

Previous Post

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Next Post

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.