Tuesday, July 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

radiotv10by radiotv10
09/06/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bataka imibereho mibi baterwa no gukoresha amazi y’ibishanga kubera ko begerejwe amazi meza ariko bakaba batayabona.

Bamwe muri aba baturage bo mu Kagari ka Rubona mu murenge wa Nyamyumba, bagaragaza ko bamaze imyaka isaga ibiri bishimiye ko begerejwe amazi meza ariko ngo akaba atabageraho nk’uko babisobanura.

Ntawubaraye Pascal ati “Hari umushinga witwa Mbona watubwiye ko utuzaniye amazi ariko bubatse ibigega, bashyiramo amatiyo gusa ntabwo tubona amazi. Aza rimwe na rimwe kuko akenshi baba bayohereje mu birombe by’amabuye y’agaciro.”

Yamfashije Colette ati “Ugiye no kuri ariya marobine yose wasanga nta mazi arimo, nta n’aherukamo.”

Habiyaremye Fabien ati “Muri iki gihe cy’iki [impeshyi] buriya turagatoye kuko twaherutse tuyabona nk’ukwezi kumwe ubundi amazi turagenda turayabura neza neza.”

Bakomeza bagaragaza ko mu rwego rwo kwirwanaho ngo bibasaba kujya kuvoma mu bishanga kugira ngo babone amazi bakoresha mu ngo zabo nyamara badahwema kugaragariza iki kibazo inzego zibishinzwe.

Habiyaremye Fabien ati “Ubu dutunzwe n’utuzi two ku gihiha dutega ku dusoko kandi na ho ni kure kugerayo bisaba nk’igihe cy’isaha yose hamwe no kugaruka n’inkamasaha atatu.”

Barawigira james ati “Aya mazi tuyavoma kubera ko tuba twabuze ayandi, twavugishije WASAC ngo badukemurire ikibazo cyo kutabona amazi ariko twarategereje turaheba.”

Gusa haba ikibazo cy’amazi begerejwe ariko bakaba batayabona kimwe no gukoresha amazi yo mu bishanga, aba baturage bagaragaza ko byose bibagiraho ingaruka bityo bagatabaza.

Ntawubaraye Pascal ati “Njye byarampombeje cyane kuko nagurishije amatungo nari mfite kugira ngo nzane amazi ariko urabona ko n’izi nzu zose zikinze kuko umuntu aza kuyikodesha yabona nta mazi agahita yigendera.”

Icyimanimpaye Thacienne ati “Njye nshinzwe imibereho myiza mu Mudugudu ariko nyine usanga abana bararwaye inzoka kubera kunywa amazi mabi, bambaye imyenda isa nabi kandi bikadindiza imyigire y’abana bamwe na bamwe”

Umukozi ushinzwe Amazi, Isuku n’Isukura mu Karere ka Rubavu bwana Abayisenga Aime Samuel, yavuze ko iki kibazo kizwi ndetse ko ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura, WASAC ishami rya Rubavu bari kugishakira igisubizo ku buryo bitarenze mu kwezi kwa gutaha kwa Nyakanga abo baturage bazaba bafite amazi meza.

Ati “Amazi yagiye agabanuka kubera ubwiyongere bw’abaturage ariko tumaze iminsi turi kubikoraho, isesengura na WASAC ishami rya Rubavu rero hari ahantu twasanze hagomba gushyirwa amavane ku buryo noneho isaranganya ry’amazi ryagenda neza kandi ndakeka ko bitarenze ukwezi kwa gatandatu tuzaba tubirangije.”

Akomeza agaragaza ko ibivugwa n’abaturage ko ayo mazi yaba yoherezwa mu birombe by’amabuye y’agaciro atari ukuri n’ubwo ngo byigeze kubaho ariko ko byahagaze ahubwo hakaba hari ikibazo cy’abaturage b’uturere twa Rutsiro na Rubavu duhuriye ku ku muyoboro wa Mbona utanga amazi muri ako gace bafatiraga amazi ku muyoboro mugari kandi bitemewe kimwe n’ubwiyongere bw’abaturage ngo butuma abayakenera baba benshi kuruta ubushobozi bw’umuyoboro.

Bari babahaye amazi meza ariko yahise agenda nka nyomberi
Hari hanashyizwe ibigega
Ubu bongeye kuvoma ibishanga

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 19 =

Previous Post

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

Next Post

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

Related Posts

Hoteli Château le Marara iherutse kugarukwaho cyane yafunzwe hatangazwa n’impamvu

Hoteli Château le Marara iherutse kugarukwaho cyane yafunzwe hatangazwa n’impamvu

by radiotv10
22/07/2025
0

Urwego Rushinzwe Irerambere mu Rwanda RDB rwafashe icyemezo cyo gufunga by’ahateganyo Hoteli Château le Marara nyuma y’iminsi micye hari abagaragaje...

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

Eng.-Between the DRC Government and AFC/M23, who truly deserves to celebrate the recently signed principles?

by radiotv10
21/07/2025
0

After the Government of the Democratic Republic of Congo and the AFC/M23 signed a framework document outlining the principles of...

Ari ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23 ni inde ukwiye kubyina itsinzi?-Icyo abasesenguzi bavuga ku byasinywe

Ari ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23 ni inde ukwiye kubyina itsinzi?-Icyo abasesenguzi bavuga ku byasinywe

by radiotv10
21/07/2025
0

Nyuma yuko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 basinyanye inyandiko y’amahame azagena amasezerano, abasesenguzi bavuga ko umuhuza...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside wabaga ahadakwiye yubakiwe inzu n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

Rusizi: Uwarokotse Jenoside wabaga ahadakwiye yubakiwe inzu n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

by radiotv10
21/07/2025
1

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, bashyikirije inzu bubakiye umuryango wo muri uyu Murenge...

Minisitiri Nduhungirehe yatanze umucyo ku byatangajwe n’Umuvugizi wa Congo byuzuye ikinyoma

Minisitiri Nduhungirehe yatanze umucyo ku byatangajwe n’Umuvugizi wa Congo byuzuye ikinyoma

by radiotv10
21/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungihe yanyomoje Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC wavuze ko mu bizakorwa n’Urwego rw’Umutekano ruhuriweho...

IZIHERUKA

Hoteli Château le Marara iherutse kugarukwaho cyane yafunzwe hatangazwa n’impamvu
IMIBEREHO MYIZA

Hoteli Château le Marara iherutse kugarukwaho cyane yafunzwe hatangazwa n’impamvu

by radiotv10
22/07/2025
0

Nyuma y’isinywa ry’amahame hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRCongo hahise hagaragazwa icyifuzwa

Nyuma y’isinywa ry’amahame hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRCongo hahise hagaragazwa icyifuzwa

21/07/2025
Amakuru agezweho ku mpirimbanyi yo muri Kenya yari yafunzwe bikazamurira benshi umujinya

Amakuru agezweho ku mpirimbanyi yo muri Kenya yari yafunzwe bikazamurira benshi umujinya

21/07/2025
BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

Eng.-Between the DRC Government and AFC/M23, who truly deserves to celebrate the recently signed principles?

21/07/2025
Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

21/07/2025
From model to renowned fashion designer: Matteo’s journey through the fashion industry

From model to renowned fashion designer: Matteo’s journey through the fashion industry

21/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hoteli Château le Marara iherutse kugarukwaho cyane yafunzwe hatangazwa n’impamvu

Nyuma y’isinywa ry’amahame hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRCongo hahise hagaragazwa icyifuzwa

Amakuru agezweho ku mpirimbanyi yo muri Kenya yari yafunzwe bikazamurira benshi umujinya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.