Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Hangijwe ibiyobyabwenge na mukorogo bifite agaciro ka Miliyoni hafi 800Frw

radiotv10by radiotv10
26/05/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Hangijwe ibiyobyabwenge na mukorogo bifite agaciro ka Miliyoni hafi 800Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi ikorera mu Karere ka Rubavu, ku bufatanye n’izindi nzego n’abaturage, bangije ibiyobyabwenge n’amavuta yangiza uruhu azwi nka Mukorogo, byose bifite agaciro ka Miliyoni 798 Frw byafashwe mu bihe bitandukanye.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 26 Gicurasi 2022, gikorerwa imbere y’abaturage biganjemo urubyiruko kugira ngo bahabwe isomo ko nta n’umwe ukwiye kunywa ibi biyobyabwenge.

Ibi biyobyabwenge birimo urumogi na Kanyanga, byafatiwe mu Karere ka Rubavu ndetse nka ka Ngororero mu Ntara y’Iburengerazuba mu gihe cy’amezi umunani.

Nk’urumogi rwangijwe, rupima ibiro 10 085 bifite agaciro ka 30 242 500 Frw mu gihe amavuta yangize uruhu yangijwe ari toni 17 afite agaciro ka miliyoni 495 Frw yo yafashwe mu gihe cy’imyaka 5.

Naho abantu 103 bafatiwe mu bikorwa byo gukwirakwiza ibi biyobyabwenge ndetse n’amavuta ya mukoro, bakaba barashyikirijwe ubutabera.

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko byinshi muri ibi biyobyabwenge n’aya mavuta, byaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abayobozi barimo uw’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse yasabye urubyiruko kwirinda gukoresha ibiyobyabwenge ndetse no gushyikiriza ubutumwa urubyiruko bagenzi barwo kwirinda kwishora mu bikorwa byo kubikwirakwiza kuko ari bo bakunze gukoreshwa muri ibi bikorwa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, Superintendent of Police (SP) Twizere Karekezi Bonavanture, yagarutse ku mayeri yakoreshwa na bamwe mu bafatiwe mu bikorwa byo gukwirakwiza ibi biyobyabwenge arimo nko kuba hari ababaga babihishe mu bindi bikoresho nk’imizigo y’ibintu baba batwaye.

Urumogi rwafashwe mu mezi umunani ashize
Rwangijwe rutwikwa
Hafashwe na mukorogo nyinsi
Polisi yatanze ubutumwa
Umuyobozi w’Akarere yasabye urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + eight =

Previous Post

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwateye icyuma mugenzi we bari bararanye irondo akamwica

Next Post

Arafunze ariko impano iracyahari: Ndimbati muri Gereza yakinnye umukino usa na Film

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Arafunze ariko impano iracyahari: Ndimbati muri Gereza yakinnye umukino usa na Film

Arafunze ariko impano iracyahari: Ndimbati muri Gereza yakinnye umukino usa na Film

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.