Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Hangijwe ibiyobyabwenge na mukorogo bifite agaciro ka Miliyoni hafi 800Frw

radiotv10by radiotv10
26/05/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Hangijwe ibiyobyabwenge na mukorogo bifite agaciro ka Miliyoni hafi 800Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi ikorera mu Karere ka Rubavu, ku bufatanye n’izindi nzego n’abaturage, bangije ibiyobyabwenge n’amavuta yangiza uruhu azwi nka Mukorogo, byose bifite agaciro ka Miliyoni 798 Frw byafashwe mu bihe bitandukanye.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 26 Gicurasi 2022, gikorerwa imbere y’abaturage biganjemo urubyiruko kugira ngo bahabwe isomo ko nta n’umwe ukwiye kunywa ibi biyobyabwenge.

Ibi biyobyabwenge birimo urumogi na Kanyanga, byafatiwe mu Karere ka Rubavu ndetse nka ka Ngororero mu Ntara y’Iburengerazuba mu gihe cy’amezi umunani.

Nk’urumogi rwangijwe, rupima ibiro 10 085 bifite agaciro ka 30 242 500 Frw mu gihe amavuta yangize uruhu yangijwe ari toni 17 afite agaciro ka miliyoni 495 Frw yo yafashwe mu gihe cy’imyaka 5.

Naho abantu 103 bafatiwe mu bikorwa byo gukwirakwiza ibi biyobyabwenge ndetse n’amavuta ya mukoro, bakaba barashyikirijwe ubutabera.

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko byinshi muri ibi biyobyabwenge n’aya mavuta, byaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abayobozi barimo uw’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse yasabye urubyiruko kwirinda gukoresha ibiyobyabwenge ndetse no gushyikiriza ubutumwa urubyiruko bagenzi barwo kwirinda kwishora mu bikorwa byo kubikwirakwiza kuko ari bo bakunze gukoreshwa muri ibi bikorwa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, Superintendent of Police (SP) Twizere Karekezi Bonavanture, yagarutse ku mayeri yakoreshwa na bamwe mu bafatiwe mu bikorwa byo gukwirakwiza ibi biyobyabwenge arimo nko kuba hari ababaga babihishe mu bindi bikoresho nk’imizigo y’ibintu baba batwaye.

Urumogi rwafashwe mu mezi umunani ashize
Rwangijwe rutwikwa
Hafashwe na mukorogo nyinsi
Polisi yatanze ubutumwa
Umuyobozi w’Akarere yasabye urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − eleven =

Previous Post

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwateye icyuma mugenzi we bari bararanye irondo akamwica

Next Post

Arafunze ariko impano iracyahari: Ndimbati muri Gereza yakinnye umukino usa na Film

Related Posts

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya
FOOTBALL

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Arafunze ariko impano iracyahari: Ndimbati muri Gereza yakinnye umukino usa na Film

Arafunze ariko impano iracyahari: Ndimbati muri Gereza yakinnye umukino usa na Film

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.