Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kanama na Nyakiriba mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bashyizwe ku rutonde rw’abatishoboye kugira ngo bazahabwe inkunga, ariko imyaka ibaye 10 amaso yaraheze mu kirere, ku buryo nk’abari baremerewe amacumbi n’isakaro, bamaze icyo gihe cyose banyagirwa.
Mu rwego rwo kuzamura imibereho myiza, Leta yâu Rwanda ikoresha zimwe muri gahunda zigenewe gufasha abatishoboye, harimo kubonera amacumbi abantu bakennye cyane, ubwisungane mu kwivuza, koroza abaturage amatungo muri gahunda ya Girinka, kimwe nâinkunga zâingoboka. Abenshi batanga ubuhamya bagaragaza ko ubwo bufasha bwabagiriye akamaro kanini. Icyakora, nâubwo bimeze bityo, ngo nta byera ngo de.
Umusaza Maniraguha Athanase nâumuryango we batuye mu Mudugudu wa Gisangani, mu Kagari ka Bisizi, umurenge wa Nyakiriba, avuga ko bamaze imyaka isaga 10 bari ku rutonde rwo guhabwa isakaro, ariko ngo barategereje baraheba, none ngo banyagirirwa mu nzu.
Athanase ati: “Maze imyaka isaga icumi kuva 2012 ntegereje ubufasha bwo kubona isakaro, ariko kugeza ubu nta kirakorwa. Inzu yarangiritse cyane ku buryo iyo imvura iguye iratunyagira, tukiyorosa amashashi, kandi byose byapfiriye ku buyobozi bwâibanze! Mudugudu wavuyeho yarambwiye ngo nintatanga 2000 nta mabati nzigera mbona.”
Ni ikibazo uyu muturage ahuriyeho nâumuryango wa Basendizabo na Bitereriyo utuye mu mudugudu wa Rubare, akagari ka Mahoko mu murenge wa Kanama, bagahuriza ku gutabaza ubuyobozi.
Basendizabo ati: “Mu byâukuri dufite imibereho mibi kandi iyo hagize igitangwa, haba inkoko cyangwa intama nâirindi tungo, njye ntabyo mbona kuko ntafite icyo ntanga. Iyi nzu ubona ni yo yonyine mfite imbere nâinyuma, ariko na yo urabona ko yashaje, imvura itunyagiriramo. Turasaba ubuyobozi kudufasha wenda bukadushyiriraho isakaro.”
Twashatse ubuyobozi bwâAkarere ka Rubavu ngo buvuge kuri iki kibazo gikunze kugarukwaho na bamwe mu bagenerwabikorwa, ko akenshi abagerwaho nâubufasha bwa Leta baba bafite akantu batanga, ariko Umuyobozi wâAkarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, ntiyabonetse.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wâUmurenge wa Kanama, Nzabahimana Evariste, avuga ku bigarukwaho nâumuturage we, yavuze ko hari inzira zikurikizwa kandi ko iyo bikozwe bityo nta karengane gashobora kubaho, nkâuko abisobanura.
Gitifu Nzabahimana Evariste ati: “Hari amabwiriza nâinzira zigenwa mu gutoranya abagenerwabikorwa bâizi gahunda. Ubundi abantu bemerewe gufashwa ni abari ku rutonde rwo kwikura mu bukene kandi bujuje ibigenderwaho, birimo kuba yemejwe nâabandi baturage no kuba agejeje ku myaka yo gufashwa cyangwa ari mu cyiciro cyo gufashwa. Rero niba ugiye kwa mudugudu agashaka kukwaka ruswa, ugomba kujya ku kagari, naho batagufasha ukaza ku murenge tukagufasha. Mu mudugudu wa Rubare rero, nâubwo ari Mahoko, hagenewe ubuhinzi kuko nâabahatuye bazahava. Gusa niba afite igisenge gishaje twamufasha mu miganda gusa, ntitwamwemerera kubaka cyangwa gusana bikomeye kuko ari mu buhinzi.”
Aba baturage kimwe nâabaturanyi babo basaba ko gahunda zigamije gufasha abatishoboye zarushaho kunozwa, zikagera ku bazikeneye nkâuko bikwiye.




Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10






