• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Monday, June 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Hari abamaze imyaka irenga 10 bategereje inkunga bemerewe nk’abatishoboye

radiotv10by radiotv10
15/06/2026
in MU RWANDA
0
Rubavu: Hari abamaze imyaka irenga 10 bategereje inkunga bemerewe nk’abatishoboye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kanama na Nyakiriba mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bashyizwe ku rutonde rw’abatishoboye kugira ngo bazahabwe inkunga, ariko imyaka ibaye 10 amaso yaraheze mu kirere, ku buryo nk’abari baremerewe amacumbi n’isakaro, bamaze icyo gihe cyose banyagirwa.

Mu rwego rwo kuzamura imibereho myiza, Leta y’u Rwanda ikoresha zimwe muri gahunda zigenewe gufasha abatishoboye, harimo kubonera amacumbi abantu bakennye cyane, ubwisungane mu kwivuza, koroza abaturage amatungo muri gahunda ya Girinka, kimwe n’inkunga z’ingoboka. Abenshi batanga ubuhamya bagaragaza ko ubwo bufasha bwabagiriye akamaro kanini. Icyakora, n’ubwo bimeze bityo, ngo nta byera ngo de.

Umusaza Maniraguha Athanase n’umuryango we batuye mu Mudugudu wa Gisangani, mu Kagari ka Bisizi, umurenge wa Nyakiriba, avuga ko bamaze imyaka isaga 10 bari ku rutonde rwo guhabwa isakaro, ariko ngo barategereje baraheba, none ngo banyagirirwa mu nzu.

Athanase ati: “Maze imyaka isaga icumi kuva 2012 ntegereje ubufasha bwo kubona isakaro, ariko kugeza ubu nta kirakorwa. Inzu yarangiritse cyane ku buryo iyo imvura iguye iratunyagira, tukiyorosa amashashi, kandi byose byapfiriye ku buyobozi bw’ibanze! Mudugudu wavuyeho yarambwiye ngo nintatanga 2000 nta mabati nzigera mbona.”

Ni ikibazo uyu muturage ahuriyeho n’umuryango wa Basendizabo na Bitereriyo utuye mu mudugudu wa Rubare, akagari ka Mahoko mu murenge wa Kanama, bagahuriza ku gutabaza ubuyobozi.

Basendizabo ati: “Mu by’ukuri dufite imibereho mibi kandi iyo hagize igitangwa, haba inkoko cyangwa intama n’irindi tungo, njye ntabyo mbona kuko ntafite icyo ntanga. Iyi nzu ubona ni yo yonyine mfite imbere n’inyuma, ariko na yo urabona ko yashaje, imvura itunyagiriramo. Turasaba ubuyobozi kudufasha wenda bukadushyiriraho isakaro.”

Twashatse ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu ngo buvuge kuri iki kibazo gikunze kugarukwaho na bamwe mu bagenerwabikorwa, ko akenshi abagerwaho n’ubufasha bwa Leta baba bafite akantu batanga, ariko Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, ntiyabonetse.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanama, Nzabahimana Evariste, avuga ku bigarukwaho n’umuturage we, yavuze ko hari inzira zikurikizwa kandi ko iyo bikozwe bityo nta karengane gashobora kubaho, nk’uko abisobanura.

Gitifu Nzabahimana Evariste ati: “Hari amabwiriza n’inzira zigenwa mu gutoranya abagenerwabikorwa b’izi gahunda. Ubundi abantu bemerewe gufashwa ni abari ku rutonde rwo kwikura mu bukene kandi bujuje ibigenderwaho, birimo kuba yemejwe n’abandi baturage no kuba agejeje ku myaka yo gufashwa cyangwa ari mu cyiciro cyo gufashwa. Rero niba ugiye kwa mudugudu agashaka kukwaka ruswa, ugomba kujya ku kagari, naho batagufasha ukaza ku murenge tukagufasha. Mu mudugudu wa Rubare rero, n’ubwo ari Mahoko, hagenewe ubuhinzi kuko n’abahatuye bazahava. Gusa niba afite igisenge gishaje twamufasha mu miganda gusa, ntitwamwemerera kubaka cyangwa gusana bikomeye kuko ari mu buhinzi.”

Aba baturage kimwe n’abaturanyi babo basaba ko gahunda zigamije gufasha abatishoboye zarushaho kunozwa, zikagera ku bazikeneye nk’uko bikwiye.

Bemerewe isakaro none imyaka ibaye icumi

Inzu zabo zarangiritse bifatika
Basaba kugobokwa

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Signs that you need a financial reset

Next Post

Haravugwa iki nyuma yuko Police FC yirukanye umutoza wayo

Related Posts

Abanyarwanda batandatu baje muri ba rwiyemezamirimo 100 batoranyijwe mu bihembo bikomeye muri Afurika

Abanyarwanda batandatu baje muri ba rwiyemezamirimo 100 batoranyijwe mu bihembo bikomeye muri Afurika

by radiotv10
15/06/2026
0

Ba rwiyemezamirimo batandatu b’Abanyarwanda bari mu 100 bageze mu cyiciro cya nyuma cy’irushanwa Africa Business Heroes (ABH) riterwa inkunga n’Umuryango...

Uko umugambi wacuzwe na Bagosora wo gusimbura Perezida Habyarima wamupfubanye mu kanya nk’ako guhumbya

Uko umugambi wacuzwe na Bagosora wo gusimbura Perezida Habyarima wamupfubanye mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
15/06/2026
0

Umwe mu bari mu buyobozi bwo hejuru mu gisirikare cy’u Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahishuye ko nyuma y’ihanurwa...

Ingabo z’u Rwanda zungutse Ofisiye Mukuru urangije amasomo mu ishuri ry’Igisirikare cy’Ubwami bwa Jordan

Ingabo z’u Rwanda zungutse Ofisiye Mukuru urangije amasomo mu ishuri ry’Igisirikare cy’Ubwami bwa Jordan

by radiotv10
15/06/2026
0

Lt Col Emmanuel NSENGIYUMVA wo mu Ngabo z’u Rwanda ari mu basirikare bagangije amasomo y’Abofisiye Bakuru mu Ishuri Rikuru rya...

Signs that you need a financial reset

Signs that you need a financial reset

by radiotv10
15/06/2026
0

There’s a moment many people experience where money no longer feels like a tool they control, but something that disappears...

ADEPR Paruwasi ya Kayonza yubakiye umuryango warokotse Jenoside inaworoza inka

ADEPR Paruwasi ya Kayonza yubakiye umuryango warokotse Jenoside inaworoza inka

by radiotv10
13/06/2026
0

Mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 cyateguwe n’Itorero rya ADEPR Paruwasi Kayonza, umuryango...

Next Post
Haravugwa iki nyuma yuko Police FC yirukanye umutoza wayo

Haravugwa iki nyuma yuko Police FC yirukanye umutoza wayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abanyarwanda batandatu baje muri ba rwiyemezamirimo 100 batoranyijwe mu bihembo bikomeye muri Afurika

Uko umugambi wacuzwe na Bagosora wo gusimbura Perezida Habyarima wamupfubanye mu kanya nk’ako guhumbya

Ingabo z’u Rwanda zungutse Ofisiye Mukuru urangije amasomo mu ishuri ry’Igisirikare cy’Ubwami bwa Jordan

Download App

Copyright Âİ 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright Âİ 2024 RadioTv10.