Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RUBAVU: Hari abarembejwe n’abiyise abuzukuru ba shitani

radiotv10by radiotv10
22/07/2021
in MU RWANDA
0
RUBAVU: Hari abarembejwe n’abiyise abuzukuru ba shitani
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage batuye mu mujyi wa Rubavu baravuga ko babangamiwe bikomeye n’istinda ry’insore sore ziyise abuzukuru ba shitani kuko ngo muri iyi minsi bakajije umurego mukwiba no kwambura abaturage kumanywa y’ihangu.

Aba baturage  baganira n’umunyamakuru wa RADIOTV1O batuye mu isantere ya kabiza mu kagari ka Rubona bari bafatiye mu cyuho umwe mu basore bagize itsinda ry’abajura biyise abuzukuru ba shitani baravuga ko yibye inkoko esheshatu ariko bamusanganye amatotoro y’inkoko yonyine mu gikapu yazitwayemo.

Umwe muri aba baturage yagize ati”Uyu muntu yaje saa saba na mirongo ine z’ijoro araza arapfumura, atwara inkoko esheshatu. Izo nkoko turashakisha turaheba”

Si rimwe si kabiri iki kibazo cy’abuzukuru ba shitani cyumvikana muri aka karere ka Rubavu. Gusa kuri iyi nshuro abatuye umujyi wa Rubavu bavuga ko muri iyi minsi y’icyorezo cya COVID-19 iki kibazo cyageze ku yindi ntera kuko ngo ibikorwa by’urugomo n’ubujura n’ubwambuzi bukorwa n’uru rubyiruko byiyongereye kuko ngo bigeze no ku rwego rwo gupfumura amazu bagasanga abantu mu nzu.

Hakizimana Jean Paul n’abaturanyi be bavuga ko  abazukuru ba shitani baherutse kubasanga mu nzu abandi babategera mu nzira barabambura.

“Ejo bundi baherutse kuza bica idirishya hariya inyuma, ibintu byose babimaramo, hari na mugenzi wanjye bibye, babirukanseho bari bahitanye urujyi rw’iwanjye”

Aba baturage bavuga ko bishyura amafaranga y’umutekano ariko ngo nta munyerondo n’umwe bari babona mu mudugudu wabo, bakaba ariho bashingira bavuga ko iki kibazo gituruka k’uburangare bw’inzego z’ibanze.

Mu buryo bw’ibanga rikomeye twashatse kumenya uruhare rw’ubuyobozi mukuba iki kibazo cy’abuzukuru bashitani kidacika bityo twegera abakora irondo ry’umwuga nabo ikibazo bacyegeka ku nzego zibanze kuko ngo nk’ubu bamaze amezi atatu badahembwa bituma batakwitabira akazi batabonye icyo bashyira mu nda.

Umwe muri abo yagize ati “Ni amezi atatu ashize tudahembwa, utariye ntabwo wabasha gukora ni ukubura uko umuntu agira”

Ishimwe Pacifice umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage muri aka karere avuga ko Abuzukuru ba shitani batananiye akarere gusa ngo imikwabu yo kubahiga muri ibi bihe bya COVID-19 itakozwe uko bikwiye.

“Barafatwa ariko na none icyo dukora ni ukubajyana mu bigo ngororamuco,muri iki gihe rero cya covid ntabwo birigukoreshwa cyane ni ukubagororera muri kominote (Communaute) barimo”

Bimwe mubikorwa aba buzukuru ba shitani bakora harimo ubwambuzi ,gucukura amazu no gutega abantu bakabakubita.ikibazo cyabo bivugwa ko  kimaze gufata indi ntera abatuye akarere ka Rubavu bavuga ko ubwiyongere bwacyo bwatewe nuko umubare w’urubyiruko rwajyaga gushakishiriza amaronko muri Kongo Kinshasa wagabanutse kubera ibi bihe bya GUMA MU RUGO.

Inkuru ya Dabton Gasigwa/RadioTV10 Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Habimana Jean Eric umenyerewe mu mukino wo gusiganwa ku magare yinjiye mu muziki asohora indirimbo

Next Post

UBUHAMYA: “Baransambanyije birampungabanya kugeza ubwo ngerageje kwiyahura”

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

IZIHERUKA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UBUHAMYA: “Baransambanyije birampungabanya kugeza ubwo ngerageje kwiyahura”

UBUHAMYA: “Baransambanyije birampungabanya kugeza ubwo ngerageje kwiyahura”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.