Monday, July 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

radiotv10by radiotv10
14/05/2025
in MU RWANDA
0
Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko batagipfa kunyura mu nzira iva isantere ya Mahoko yerecyeza mu mirima y’icyayi ya Kagera kubera urugomo rw’abantu bataramenyekana, bahategera abahisi n’abagenzi bitwaje ibirimo imihoro, ubundi bakabambura ibyabo bakanabakubita ku buryo hari n’abahasiga ubuzima.

Ntawumvayino Sebuhinja wo mu Kagari ka Bahimba wakorewe urugomo aha hantu ubugirakabiri ndetse agakomeretswa n’abo bagizi ba nabi, avuga ko abo bantu bataramenyekana bamutegaga ubwo yabaga ageze ahantu hahinze icyayi.

Ati “Numva bamfashe inkoni zimereye nabi ngize ngo nabaza ngo muri kunziza iki baba barantemye, nari mfite iradiyo n’itoroshi barabinyaka barirukanka.”

Ni ikibazo gitakwa n’abatuye mu Tugari twa Mukondo, Kigarama na Bahimba bakunze kunyura mu muhanda uva mu isantere ya Mahoko werecyeza mu Murenge wa Nyabirasi mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko uretse kwabamburwa n’aba banyarugomo binatuma badakora bisanzuye kubera ubwoba.

Imanizabayo Claudine ati “Bafite amatoroshi yaka kurusha moto, barakubwira ngo icyo ufite cyose shyira hasi maze waba ntacyo ufite bakagukubita, waba umunyamahirwe bakagusiga uri muzima  ariko hari n’ubwo baguhwanyirizamo.”

Mbonyinshuti Jean Bosco ati “Baba bitwaje imipanga n’inkoni bakaza bakagotera abantu muri iki cyayi kuko nta n’abantu baba bahaturiye benshi, natwe tuba twahahamutse iyo saa moya zitugereyeho bityo rero tugakora amasaha make kugira ngo tutahagirira ibibazo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo, Nyiransengiyumva Monique avuga ko uru rugomo rwigeze kubaho mu myaka myinshi ishize ariko ko rudaherutse.

Ati “Uko hateye koko tutahashyize imbaraga hari abahahohotererwa kuko hadatuwe, ni yo mpamvu twahashyize irondo kuko hahurira Bahimba, Mukondo na Kigarama ariko kandi mu gihe bwije cyane tuzavugana n’abaturage bajye bareka kuhanyura kuko n’ubundi twabitiranya n’ibisambo.”

Ni mu gihe abaturage bo muri uyu Murenge wa Nyundo bavuga ko uru rugomo rwatangiye kugira ubukana mu myaka itarenze ibiri ishize, kandi ko ikibabaje n’abarukora batajya bafatwa.

Ni ahantu mu masaha y’umugoroba haba hateye ubwoba
Bamwe mu bahakorewe urugomo batubwiye uko byabagendekeye
Hari n’uwahatemewe arakomereka

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Next Post

Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa

Related Posts

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

Eng.-Between the DRC Government and AFC/M23, who truly deserves to celebrate the recently signed principles?

by radiotv10
21/07/2025
0

After the Government of the Democratic Republic of Congo and the AFC/M23 signed a framework document outlining the principles of...

Ari ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23 ni inde ukwiye kubyina itsinzi?-Icyo abasesenguzi bavuga ku byasinywe

Ari ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23 ni inde ukwiye kubyina itsinzi?-Icyo abasesenguzi bavuga ku byasinywe

by radiotv10
21/07/2025
0

Nyuma yuko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 basinyanye inyandiko y’amahame azagena amasezerano, abasesenguzi bavuga ko umuhuza...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside wabaga ahadakwiye yubakiwe inzu n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

Rusizi: Uwarokotse Jenoside wabaga ahadakwiye yubakiwe inzu n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

by radiotv10
21/07/2025
1

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, bashyikirije inzu bubakiye umuryango wo muri uyu Murenge...

Minisitiri Nduhungirehe yatanze umucyo ku byatangajwe n’Umuvugizi wa Congo byuzuye ikinyoma

Minisitiri Nduhungirehe yatanze umucyo ku byatangajwe n’Umuvugizi wa Congo byuzuye ikinyoma

by radiotv10
21/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungihe yanyomoje Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC wavuze ko mu bizakorwa n’Urwego rw’Umutekano ruhuriweho...

Nyagatare: Uwavugwagaho kuryamana n’abagore b’abandi birakekwa ko yishwe n’abagabo babo

Amayobera ku rupfu rw’umukobwa basanze mu nzu yitabye Imana

by radiotv10
21/07/2025
0

Mu murenge wa Tabagwe mu Karere ka Nyagatare, haravugwa urupfu rw’urujijo rw’umukobwa wasanzwe mu cyumba cye yapfuye nyamara yari yiriwe...

IZIHERUKA

Nyuma y’isinywa ry’amahame hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRCongo hahise hagaragazwa icyifuzwa
AMAHANGA

Nyuma y’isinywa ry’amahame hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRCongo hahise hagaragazwa icyifuzwa

by radiotv10
21/07/2025
0

Amakuru agezweho ku mpirimbanyi yo muri Kenya yari yafunzwe bikazamurira benshi umujinya

Amakuru agezweho ku mpirimbanyi yo muri Kenya yari yafunzwe bikazamurira benshi umujinya

21/07/2025
BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

Eng.-Between the DRC Government and AFC/M23, who truly deserves to celebrate the recently signed principles?

21/07/2025
Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

21/07/2025
From model to renowned fashion designer: Matteo’s journey through the fashion industry

From model to renowned fashion designer: Matteo’s journey through the fashion industry

21/07/2025
Ari ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23 ni inde ukwiye kubyina itsinzi?-Icyo abasesenguzi bavuga ku byasinywe

Ari ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23 ni inde ukwiye kubyina itsinzi?-Icyo abasesenguzi bavuga ku byasinywe

21/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa

Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’isinywa ry’amahame hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRCongo hahise hagaragazwa icyifuzwa

Amakuru agezweho ku mpirimbanyi yo muri Kenya yari yafunzwe bikazamurira benshi umujinya

Eng.-Between the DRC Government and AFC/M23, who truly deserves to celebrate the recently signed principles?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.