• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

radiotv10by radiotv10
14/05/2025
in MU RWANDA
0
Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko batagipfa kunyura mu nzira iva isantere ya Mahoko yerecyeza mu mirima y’icyayi ya Kagera kubera urugomo rw’abantu bataramenyekana, bahategera abahisi n’abagenzi bitwaje ibirimo imihoro, ubundi bakabambura ibyabo bakanabakubita ku buryo hari n’abahasiga ubuzima.

Ntawumvayino Sebuhinja wo mu Kagari ka Bahimba wakorewe urugomo aha hantu ubugirakabiri ndetse agakomeretswa n’abo bagizi ba nabi, avuga ko abo bantu bataramenyekana bamutegaga ubwo yabaga ageze ahantu hahinze icyayi.

Ati “Numva bamfashe inkoni zimereye nabi ngize ngo nabaza ngo muri kunziza iki baba barantemye, nari mfite iradiyo n’itoroshi barabinyaka barirukanka.”

Ni ikibazo gitakwa n’abatuye mu Tugari twa Mukondo, Kigarama na Bahimba bakunze kunyura mu muhanda uva mu isantere ya Mahoko werecyeza mu Murenge wa Nyabirasi mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko uretse kwabamburwa n’aba banyarugomo binatuma badakora bisanzuye kubera ubwoba.

Imanizabayo Claudine ati “Bafite amatoroshi yaka kurusha moto, barakubwira ngo icyo ufite cyose shyira hasi maze waba ntacyo ufite bakagukubita, waba umunyamahirwe bakagusiga uri muzima  ariko hari n’ubwo baguhwanyirizamo.”

Mbonyinshuti Jean Bosco ati “Baba bitwaje imipanga n’inkoni bakaza bakagotera abantu muri iki cyayi kuko nta n’abantu baba bahaturiye benshi, natwe tuba twahahamutse iyo saa moya zitugereyeho bityo rero tugakora amasaha make kugira ngo tutahagirira ibibazo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo, Nyiransengiyumva Monique avuga ko uru rugomo rwigeze kubaho mu myaka myinshi ishize ariko ko rudaherutse.

Ati “Uko hateye koko tutahashyize imbaraga hari abahahohotererwa kuko hadatuwe, ni yo mpamvu twahashyize irondo kuko hahurira Bahimba, Mukondo na Kigarama ariko kandi mu gihe bwije cyane tuzavugana n’abaturage bajye bareka kuhanyura kuko n’ubundi twabitiranya n’ibisambo.”

Ni mu gihe abaturage bo muri uyu Murenge wa Nyundo bavuga ko uru rugomo rwatangiye kugira ubukana mu myaka itarenze ibiri ishize, kandi ko ikibabaje n’abarukora batajya bafatwa.

Ni ahantu mu masaha y’umugoroba haba hateye ubwoba
Bamwe mu bahakorewe urugomo batubwiye uko byabagendekeye
Hari n’uwahatemewe arakomereka

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Next Post

Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa

Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.