Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

radiotv10by radiotv10
19/01/2026
in MU RWANDA
0
Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa aba yasaziye iwabo, bigatuma hari abashakana bafite imyaka itageze no kuri 18, bikanashyira umutwaro ku babyeyi babo wo gutunga urwo rugo rushya.

Bivugwa na bamwe mu rubyiruko rwo mu Kagari ka Nkomane, Umurenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu twaganiriye, batubwira ko umukobwa wo muri iyi misozi myiza ugejeje ku myaka 20 ngo biba bigoye kumwiteza, kuko mu muco wo muri aka gace ngo aba yaratinze gushaka umugabo.

Kanyeshyamba Théogène ati “Aha ngaha umwana ashaka umugabo afite 17 cyangwa 18; iyo umukobwa agejeje ku myaka 20 aba abona ko ageze mu gihe cyo kugumirwa, ubwenge buba buri hasi, n’uko ari wo muco w’aha mucyaro.”

Iradukunda Charité ati “Hari benshi tungana bafite abagore kandi mfite imyaka 18. Nawe urumva ufite iyo myaka hari igihe ashaka umugore wa 16, 17 gutyo. Ariko abenshi bashaka bangana gutyo baba baravuye mu ishuri, naho njyewe ndacyari umunyeshuri.”

Urwo rubyiruko rukomeza rugaragaza ko akenshi gushakana bari munsi y’imyaka 18 ngo bihira abafite ababyeyi bishoboye, naho abadafite aho nikora ngo bikunze kurangirira mu marira.

Undi muturage ati “Umuntu wa 15 abuzwa n’iki se kubona umugabo? Ashakana n’uwo bangana ariko iwabo barabashyigikira.”

Nsengiyumva Paul ati “Nukureba undi mukobwa iwabo bifite, bakabafasha no kuri urwo rugo rwabo. Gusa hari naho bigera urugo rukabananira iyo ababyeyi batabafashije, maze buri wese agasubira iwabo.”

Cyokora bamwe mu bashatse cyangwa abashatswe bari munsi y’imyaka 18 ntitwabashije kubabona, dore ko iyi ngingo abenshi baba badashaka no kubivugaho. Gusa bamwe mu babyeyi bemeye kuvugana na RADIOTV10 bavuga ko na bo bumiwe, ndetse ngo akenshi bibabera umutwaro ukomeye.

Hakizimana Jean de Dieu ati “Kubera ko biba byabaye, ababyeyi banga gusenya urukundo rw’abasore n’inkumi, ahubwo bakubaka kuko hari n’abashakana bafite iyo myaka bakubaka ku buryo bagera mu myaka y’ubukure urugo rumaze gukomera.”

Undi muturage ati “Bikura mu ishuri, amara kubona ibere ryiteruye ati ‘nakuze!’ N’ukubatunga nta kundi twabigenza. Bitubera umutwaro ariko nta kundi twabigenza.”

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kanama buvuga ko butari buzi ko hari abashyingiranwa bari munsi y’imyaka 18, ariko ngo bugiye kubikurikirana no kwigisha abaturage ngo bamenye ingaruka zo gushinga ingo abantu bakiri munsi y’imyaka yemerwa n’itegeko.

Gitifu Nzabahimana Evariste ati “Itegeko ry’abantu n’umuryango rirumvikana neza; imyaka y’ubukure ni 21. Gusa ufite 18 ashobora kubisaba umwanditsi w’irangamimerere ku rwego rw’Akarere, akemererwa gushinga urugo kubera impamvu runaka. Iki kibazo ntabwo twari tuzi ko gihari, ariko reka dukurikirane tumenye niba koko gihari, ubundi ikizakurikira ni ukwigisha kuko umwana wese agomba kuba ari mu ishuri.”

Ni mu gihe Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umutwe w’Abadepite, iherutse kwemeza umushinga w’itegeko ryemerera abantu bafite imyaka 18 gushinga ingo, ariko ngo babisabye umwanditsi w’irangamimerere ku rwego rw’Akarere kandi bakagaragaza impamvu zikomeye zituma babisaba. Imibare y’ibarura riheruka yatangajwe mu 2023 yerekana ko umubare w’ab’igitsina gore ari 51.5% mu gihe abagabo ari 48.5%, ariko kandi umukobwa 1 muri 3 bari hagati y’imyaka 20 na 24 ngo aba yarashatse, mu gihe mu basore ari 1 muri 6.

Ababyeyi bavuga ko ibi bikwiye gushakirwa umuti
Ibi bituma bamwe babyara bakiri bato
Abasore na bo bashaka bakiri ingimbi

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 5 =

Previous Post

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Next Post

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.