Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Hari uvuga ko yishinganisha kubera ibyakurikiye amakuru yatanze

radiotv10by radiotv10
07/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Hari uvuga ko yishinganisha kubera ibyakurikiye amakuru yatanze
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu, avuga ko yishinganisha kubera amakuru yatanze yanatumye bamwe mu bayobozi b’inzego z’Umudugudu wabo bahagarikwa, bigakurikirwa no kwitwa uwigometse.

Mu mwaka ushize wa 2024, RADIOTV10 yaganiriye n’abaturage batuye mu Midugudu ya Runaba na Gisangani mu Kagari ka Bisizi, mu Murenge wa Nyakiliba mu Karere ka Rubavu ku kibazo cy’uko bakwagwa ruswa n’inzego z’ubuyobozi bw’ibanze kugira ngo bubake ariko nabwo ngo bikarangira zimwe nzu zisenywe.

Nyuma y’aho gato bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze barimo n’Umukuru w’Umudugudu wa Runaba barahagaritswe.

Munyentwari Alphonse ni umwe muri abo baturage utuye mu Mudugudu wa Runaba, ushinja uwahoze ari Umukuru w’Umudugudu kumuteranya ku buyobozi bushya ngo akitwa igihazi [umuntu wananiranye] mu buryo we afata nko kumwihimuraho kubera amakuru yatanze.

Ati “Bashyizeho abashya turabishima ariko uwo wavuyeho akomeza kumpiga akagenda anteranya mu Mudugudu ngo ndi igihazi, rero mwankorera ubuvugizi ntazapfa ntazi icyo nzira kuko nk’ubu polisi yaza ishaka abanditswe mu bihazi ugasanga barantwaye kandi ntari igihazi.”

Abaturanyi b’uyu muturage bahamya ko nta myitwarire yo kunanirana bamuziho. Havuginote Evariste ati “Nk’umuturanyi nta by’ubuhazi tumuziho kuko akorera abaturage bakamuhemba bakurikije ibyo yabakoreye kubera ko atunzwe n’akazi ko gucukura amabuye.”

Sebishyimbo Cyprien wahoze ayobora Umudugudu wa Runaba utuwemo n’uyu muturage, yahakanye ibyo amushinja anavuga ko yaba ashaka kumuharabika.

Ati “Izo nkuru aho azivana simpazi rwose ni ugushaka kumparabika kandi turaturanye nta n’icyo twapfaga gusa yaraje arandeba, nako ni miturire wampamagaye ngo ari kwa Munyentwari ndamubwira nti ‘niba ariho uri rero mumushakire akarima k’igikoni’, ubwo rero niba hari ibyo batumvikanyeho nibyo ari guheraho avuga ko namwise igihazi kandi ntiyiba sinabeshya.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakiliba, Tuyishime Jean Bosco Naho yasabye uyu muturage kwegera inzego akazigaragariza iki kibazo.

Ati “Ntabwo igihazi cyemezwa n’umuntu umwe ahubwo we niba afite ikibazo azaze tumufashe kuko ubuyobozi bw’u Rwanda ntabwo burangirira mu Mudugudu.”

Munyentwari Alphonse avuga ko amakuru yatanze akomeje kumugiraho ingaruka
Abaturanyi be bavuga ko nta ngeso mbi bamuziho

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + three =

Previous Post

Bavuze impamvu ituma barenga ku mabwiriza ya Leta bakajya gusengera ahatemewe

Next Post

Ikitaratwishe ngo kiturangize cyaradukomeje- Perezida Kagame yashimangiye ko ntacyo Abanyarwanda batabasha guhangana nacyo

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
1

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikitaratwishe ngo kiturangize cyaradukomeje- Perezida Kagame yashimangiye ko ntacyo Abanyarwanda batabasha guhangana nacyo

Ikitaratwishe ngo kiturangize cyaradukomeje- Perezida Kagame yashimangiye ko ntacyo Abanyarwanda batabasha guhangana nacyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.