Monday, July 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Hatangajwe igikekwaho gutera inkongi yibasiye inyubako y’ishuri iraramo abanyeshuri b’abahungu

radiotv10by radiotv10
06/05/2025
in MU RWANDA
0
Rubavu: Hatangajwe igikekwaho gutera inkongi yibasiye inyubako y’ishuri iraramo abanyeshuri b’abahungu
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iraramo abanyeshuri b’abahungu biga muri Collège de Gisenyi Inyemeramihigo ryo mu Karere ka Rubavu, ubuyobozi buravuga ko isuzuma ry’ibanze ryagaragaje ko iyi nkongi yatewe n’ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi waje ari mwinshi.

Iyi nkongi yadutse mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Mbere tariki 05 Gicurasi 2025 aho inyubako iraramo abanyeshuri b’abahungu biga muri iri shuri rya Collège de Gisenyi Inyemeramihigo riherereye mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu.

Ku bw’amahirwe, iyi nkongi yadutse ubwo abanyeshuri barimo basubiramo amasomo, ku buryo nta munyeshuri n’umwe wahagiriye ikibazo, ngo ibe yamuhitanye cyangwa ngo ahakomerekere.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Prosper Mulindwa avuga ko isuzuma ry’ibanze ryagaragaje iyi nkongi ishobora kuba yaturutse ku bibazo by’amashanyarazi ibizwi nka ’court circuit’.

Yagize ati “Umuriro ugomba kuba waje mu buryo budasanzwe, ukaza ari mwinshi, ugatera iyo nkongi y’umuriro, ariko abatekinisiye barasuzuma neza, batugaragarize icyateye iyo nkongi mu buryo bwa nyabwo.”

Gusa ibikoresho byose byari muri iyi nyubako, byahiriyemo birakongonka, nk’uko byemezwa n’Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, uvuga ko ibyangirikiyemo byose hamwe bifite agaciro ka miliyoni 47 Frw.

Ati “Za matela zose zahiye, ibikapu byabo, imyambaro, twagerageje gukora ikigereranyo, tubona ko ibyangiritse bigera mu gaciro ka miliyoni 47 Frw.”

Uyu Muyobozi ayizeza abanyeshuri biga muri iri shuri kimwe n’ababyeyi baharerera ko ubuyobozi buri gushaka uburyo abana bakomeza amasomo yabo badahungabanye, kuko hari gushaka ibikoresho by’ibanze baba bifashisha.

Inkongi z’umuriro zikunze kwibasira amacumbi y’abanyeshuri, aho muri Mutarama umwaka ushize wa 2024, iry’ishuri rya TSS/EAV Rushashi ryo mu karere ka Gakenke na ryo ryafashwe n’inkongi mu masaha y’urukerera ubwo abana bari bakirwamye, ihitana umwana umwe.

Ibyari muri iyi nyubako byose byahiye birakongoka
Inyubako z’ihuri rya Collège de Gisenyi Inyemeramihigo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − ten =

Previous Post

M23 yagaragaje uko byifashe mu gace kari karazahajwe na FARDC ifatanyije na FDLR

Next Post

Moses Turahirwa wagiriye ikiniga mu Rukiko yagize ibyo yemerera Umucamanza ku byo aregwa

Related Posts

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

Eng.-Between the DRC Government and AFC/M23, who truly deserves to celebrate the recently signed principles?

by radiotv10
21/07/2025
0

After the Government of the Democratic Republic of Congo and the AFC/M23 signed a framework document outlining the principles of...

Ari ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23 ni inde ukwiye kubyina itsinzi?-Icyo abasesenguzi bavuga ku byasinywe

Ari ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23 ni inde ukwiye kubyina itsinzi?-Icyo abasesenguzi bavuga ku byasinywe

by radiotv10
21/07/2025
0

Nyuma yuko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 basinyanye inyandiko y’amahame azagena amasezerano, abasesenguzi bavuga ko umuhuza...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside wabaga ahadakwiye yubakiwe inzu n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

Rusizi: Uwarokotse Jenoside wabaga ahadakwiye yubakiwe inzu n’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

by radiotv10
21/07/2025
1

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, bashyikirije inzu bubakiye umuryango wo muri uyu Murenge...

Minisitiri Nduhungirehe yatanze umucyo ku byatangajwe n’Umuvugizi wa Congo byuzuye ikinyoma

Minisitiri Nduhungirehe yatanze umucyo ku byatangajwe n’Umuvugizi wa Congo byuzuye ikinyoma

by radiotv10
21/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungihe yanyomoje Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC wavuze ko mu bizakorwa n’Urwego rw’Umutekano ruhuriweho...

Nyagatare: Uwavugwagaho kuryamana n’abagore b’abandi birakekwa ko yishwe n’abagabo babo

Amayobera ku rupfu rw’umukobwa basanze mu nzu yitabye Imana

by radiotv10
21/07/2025
0

Mu murenge wa Tabagwe mu Karere ka Nyagatare, haravugwa urupfu rw’urujijo rw’umukobwa wasanzwe mu cyumba cye yapfuye nyamara yari yiriwe...

IZIHERUKA

Nyuma y’isinywa ry’amahame hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRCongo hahise hagaragazwa icyifuzwa
AMAHANGA

Nyuma y’isinywa ry’amahame hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRCongo hahise hagaragazwa icyifuzwa

by radiotv10
21/07/2025
0

Amakuru agezweho ku mpirimbanyi yo muri Kenya yari yafunzwe bikazamurira benshi umujinya

Amakuru agezweho ku mpirimbanyi yo muri Kenya yari yafunzwe bikazamurira benshi umujinya

21/07/2025
BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

Eng.-Between the DRC Government and AFC/M23, who truly deserves to celebrate the recently signed principles?

21/07/2025
Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

21/07/2025
From model to renowned fashion designer: Matteo’s journey through the fashion industry

From model to renowned fashion designer: Matteo’s journey through the fashion industry

21/07/2025
Ari ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23 ni inde ukwiye kubyina itsinzi?-Icyo abasesenguzi bavuga ku byasinywe

Ari ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23 ni inde ukwiye kubyina itsinzi?-Icyo abasesenguzi bavuga ku byasinywe

21/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Moses Turahirwa wagiriye ikiniga mu Rukiko yagize ibyo yemerera Umucamanza ku byo aregwa

Moses Turahirwa wagiriye ikiniga mu Rukiko yagize ibyo yemerera Umucamanza ku byo aregwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’isinywa ry’amahame hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRCongo hahise hagaragazwa icyifuzwa

Amakuru agezweho ku mpirimbanyi yo muri Kenya yari yafunzwe bikazamurira benshi umujinya

Eng.-Between the DRC Government and AFC/M23, who truly deserves to celebrate the recently signed principles?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.