• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Moses Turahirwa wagiriye ikiniga mu Rukiko yagize ibyo yemerera Umucamanza ku byo aregwa

radiotv10by radiotv10
06/05/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Moses Turahirwa wagiriye ikiniga mu Rukiko yagize ibyo yemerera Umucamanza ku byo aregwa
Share on FacebookShare on Twitter

Turahirwa Moses washinze inzu y’imideri izwi nka Moshions uregwa gutunda, kubika, no kunywa ibiyobyabwenge, yemereye Urukiko ko yanyoye ikiyobyabwenge cy’urumongi ngo kugira ngo yirengagize ibibazo by’agahinda gakabije afite.

Ni mu iburanisha ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Gicurasi 2025 mu cyumba cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, aho yagejejwe mu gitondo cya kare.

Umushinjacyaha yavuze ko Moses aregwa icyaha cyo gutunda, kubika, no kunywa ikiyobyabwenge cy’urumogi, ndetse ko yafatanywe udupfunyika 13 tw’urumogi yari akuye muri Kenya.

Uyu muhanga mu guhanga imideri ubwo yari ahawe ijambo ngo agire icyo avuga ku byatangajwe n’Ubushinjacyaha, yabanje gufatwa n’ikiniga yumvikana arira.

Moses Turahirwa wumvikanaga mu gahinda, yavuze yafunzwe kubera ibyo yatangaje ku mukuru w’Igihugu, mu gihe Ubushinjacyaha ndetse n’Ubugenzacyaha buhuriza ku kuba aregwa gukoresha ibiyobyabwenge ndetse mu mubiri we akaba yarasanzwemo igipimo cyo hejuru.

Uregwa utahakanye ibyo kunywa urumogi, yahakanye icyaha cyo gutunda urumogi, avuga ko iyi mvugo yaba iremereza icyaha, ahubwo ko we yafatanuwe utugarama tubiri tw’iki Kiyobyabwenge muri garama eshanu yari yakuye muri Kenya.

Moses Turahirwa yavuze ko n’izo Garama ebyiri yazitanze ku bushake atigeze ahangana n’inzego, aboneraho no kwemerera Urukiko ko anyway iki kiyobyabwenge.

Yavuze ko anyway urumogi kugira ngo rumufashe guhangana n’ikibazo cy’agahinda gakabije afite, dore ko asanzwe afite abagana bo mu mutwe batangiye kumuganiriza kugira ngo akire.

Yavuze kandi ko yari akomeje urugendo rwo kwivuza ingaruka z’urumogi, ndetse ko yari afite itike y’indege igomba kumwerecyeza muri Leta Zunze Ubumwe za America kujya kwivurizayo.

Uyu muhangamideri yasabye Urukiko kurekurwa ngo kuko afite indwara y’agahinga gakabije, mu gihe Ubushinjacyaha bwo buvuga ko uregwa yakoze insubiracyaha kuko n’ubundi iki cyaha yagikurikiranyweho, bityo ko Urukiko rukwiye gufata icyemezo cyo kumufunga by’agateganyo kubera uburemere bw’insubiracyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 2 =

Previous Post

Rubavu: Hatangajwe igikekwaho gutera inkongi yibasiye inyubako y’ishuri iraramo abanyeshuri b’abahungu

Next Post

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kwerecyeza muri Centrafrique bagaragarijwe ibizabafasha n’ibyo bazagendera kure

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Abapolisi b’u Rwanda bagiye kwerecyeza muri Centrafrique bagaragarijwe ibizabafasha n’ibyo bazagendera kure

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kwerecyeza muri Centrafrique bagaragarijwe ibizabafasha n'ibyo bazagendera kure

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.