Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Ikorosi mu byatumye abahinzi n’aborozi barebana ikijisho hanikangwa ko byazabyara ibiremereye

radiotv10by radiotv10
07/05/2024
in MU RWANDA
0
Rubavu: Ikorosi mu byatumye abahinzi n’aborozi barebana ikijisho hanikangwa ko byazabyara ibiremereye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi b’urutoki mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, bavuga ko barembejwe n’aborozi b’inka babatemera intsina bakazigaburira amatungo yabo, bikaba bimaze kubakenesha, kandi ubuyobozi bukaba bwarateye umugongo iki kibazo, bakavuga ko hatagize igikorwa bishobora kuzabyara amakimbirane aremereye.

Gacaniro Jean de Dieu ni umwe muri aba bahinzi, utuye mu Mudugudu w’Isangano mu Kagari ka Rukoko mu Murenge wa Rubavu, uvuga ko amaze hafi imyaka itatu atabaza ubuyobozi kubera urugomo akorerwa n’aborozi birara mu rutoki rwe bagatema intsina ngo bagaburire amatungo yabo.

Uyu muturage avuga ko, urutoki rwari rufite agaciro kagera kuri miliyoni 150 Frw, rutakibashije kumutunga ndetse ngo agaciro karwo kamaze kugera kuri miliyoni zitarenze 20 Frw.

Ati “Mu kwezi nacagamo ibitoki bitewe n’uko nasengezagamo [inzoga] nabonaga byibura ibihumbi 700 buri kwezi, none ubu byarabuze nta n’atanu. Abana banjye ntabwo bakiga bitewe n’uko amafaranga ariho nayakuraga ndetse nkaba nari naragujije amafaranga muri Microfinance, ubu nkaba mfite impungenge ko ayo mafaranga kugira ngo nzayishyure ari ikibazo kuko aho nagombaga kuyakura urwo rutoki barumaze.”

Uyu muturage kimwe n’abandi bo mu Tugari dutandukanye tw’uyu Murenge wa Rubavu, bashimangira ko uretse ubukene n’inzara, ngo ikibazo cyo gutemerwa intsina kibateje umutekano muke mu buryo bukomeye.

Umwe ati “Ubu nta mutekano dufite, wowe se nturi kubireba uyu ni umutekano? Umutekano wo gutema ibintu byari ibyo gutunga abantu bakabona ibyo bakeneye byose?”

Aba baturage bavuga ko ubuyobozi bwamenyeshejwe iby’iki kibazo, ariko bukaba bwarabateye umugongo, kandi babona gishobora kuzakomera kuko cyazamuye umwuka mubi hagati y’aba bahinzi n’aborozi.

Undi ati “Turasaba ubufasha muri Leta, imbaraga za Leta ni zo zadushoborera abo bantu kuko twe dushyizemo imbaraga zacu, urumva haba intambara.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubavu, Harerimana Blaise ntiyemeranya n’aba baturage ko iki kibazo cyaburiwe igisubizo, kuko abafatirwa mu bikorwa by’urugomo bahanwa.

Harerimana Blaise agaruka ku kibazo cy’uyu muturage witwa Gicaniro, yagize ati “hari igihe yigeze kugirana ibibazo n’abaturanyi be, hanyuma ibyo bibazo inzego z’ubuyobozi zabigiyemo bigaragara ko harimo intsina zangijwe zigomba no kwishyurwa n’abazangirije kuko bagiye bamenyekana mu buryo bumwe cyangwa ubundi, ibiba bikurikiyeho nyine ni ugukurikirana ko buri wese icyo yasabwe agikora. Kuba atarishyurwa cyaba ari ikindi byakurikiranwa nabyo.”

Yakomeje avuga ko ibi bibazo biba hagati y’abahinzi n’aborozi, ari ibisanzwe. Ati “ahantu hari abantu ntihashobora kubura ibibazo, bibaho wenda umushumba umwe cyangwa babiri b’abanyarugomo bakagenda bagatema intsina y’umuntu, iyo bigaragaye gutyo ubuyobozi bukabimenya igihita kibaho ni ugufata uwo mushumba akabibazwa byaba na ngombwa n’umukoresha na we akabazwa iyo bigaragara ko harimo uruhare rwe.”

Aya makimbirane hagati y’abahinzi b’urutoki n’aborozi b’inka, bamwe bavuga ko amaze igihe kinini kandi ngo ajyana n’urugomo abashumba babo bagirira abo baturage iyo babafatiye mu mirima yabo, nyamara ngo banafungwa bugacya batashye ngo kuko baba baragirira abanyabubasha.

Abahinzi b’urutoki barira ayo kwarika, n’intsina ziriho ibitoki bitarera ntibazirebera izuba
Abashumba b’aborozi bajya gutema intsina z’abahinzi
Aborozi ngo bitwaza ko bakomeye

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Ukuri ku mashusho y’umuhanzi Nyarwanda yatumye hari abamukekaho uburwayi bwo mu mutwe

Next Post

Umunyabigwi nimero ya mbere muri ruhago y’u Rwanda atanze igisubizo kinejeje ku bamubona nk’uwayitereranye

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyabigwi nimero ya mbere muri ruhago y’u Rwanda atanze igisubizo kinejeje ku bamubona nk’uwayitereranye

Umunyabigwi nimero ya mbere muri ruhago y’u Rwanda atanze igisubizo kinejeje ku bamubona nk’uwayitereranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.