Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Ikorosi mu byatumye abahinzi n’aborozi barebana ikijisho hanikangwa ko byazabyara ibiremereye

radiotv10by radiotv10
07/05/2024
in MU RWANDA
0
Rubavu: Ikorosi mu byatumye abahinzi n’aborozi barebana ikijisho hanikangwa ko byazabyara ibiremereye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi b’urutoki mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, bavuga ko barembejwe n’aborozi b’inka babatemera intsina bakazigaburira amatungo yabo, bikaba bimaze kubakenesha, kandi ubuyobozi bukaba bwarateye umugongo iki kibazo, bakavuga ko hatagize igikorwa bishobora kuzabyara amakimbirane aremereye.

Gacaniro Jean de Dieu ni umwe muri aba bahinzi, utuye mu Mudugudu w’Isangano mu Kagari ka Rukoko mu Murenge wa Rubavu, uvuga ko amaze hafi imyaka itatu atabaza ubuyobozi kubera urugomo akorerwa n’aborozi birara mu rutoki rwe bagatema intsina ngo bagaburire amatungo yabo.

Uyu muturage avuga ko, urutoki rwari rufite agaciro kagera kuri miliyoni 150 Frw, rutakibashije kumutunga ndetse ngo agaciro karwo kamaze kugera kuri miliyoni zitarenze 20 Frw.

Ati “Mu kwezi nacagamo ibitoki bitewe n’uko nasengezagamo [inzoga] nabonaga byibura ibihumbi 700 buri kwezi, none ubu byarabuze nta n’atanu. Abana banjye ntabwo bakiga bitewe n’uko amafaranga ariho nayakuraga ndetse nkaba nari naragujije amafaranga muri Microfinance, ubu nkaba mfite impungenge ko ayo mafaranga kugira ngo nzayishyure ari ikibazo kuko aho nagombaga kuyakura urwo rutoki barumaze.”

Uyu muturage kimwe n’abandi bo mu Tugari dutandukanye tw’uyu Murenge wa Rubavu, bashimangira ko uretse ubukene n’inzara, ngo ikibazo cyo gutemerwa intsina kibateje umutekano muke mu buryo bukomeye.

Umwe ati “Ubu nta mutekano dufite, wowe se nturi kubireba uyu ni umutekano? Umutekano wo gutema ibintu byari ibyo gutunga abantu bakabona ibyo bakeneye byose?”

Aba baturage bavuga ko ubuyobozi bwamenyeshejwe iby’iki kibazo, ariko bukaba bwarabateye umugongo, kandi babona gishobora kuzakomera kuko cyazamuye umwuka mubi hagati y’aba bahinzi n’aborozi.

Undi ati “Turasaba ubufasha muri Leta, imbaraga za Leta ni zo zadushoborera abo bantu kuko twe dushyizemo imbaraga zacu, urumva haba intambara.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubavu, Harerimana Blaise ntiyemeranya n’aba baturage ko iki kibazo cyaburiwe igisubizo, kuko abafatirwa mu bikorwa by’urugomo bahanwa.

Harerimana Blaise agaruka ku kibazo cy’uyu muturage witwa Gicaniro, yagize ati “hari igihe yigeze kugirana ibibazo n’abaturanyi be, hanyuma ibyo bibazo inzego z’ubuyobozi zabigiyemo bigaragara ko harimo intsina zangijwe zigomba no kwishyurwa n’abazangirije kuko bagiye bamenyekana mu buryo bumwe cyangwa ubundi, ibiba bikurikiyeho nyine ni ugukurikirana ko buri wese icyo yasabwe agikora. Kuba atarishyurwa cyaba ari ikindi byakurikiranwa nabyo.”

Yakomeje avuga ko ibi bibazo biba hagati y’abahinzi n’aborozi, ari ibisanzwe. Ati “ahantu hari abantu ntihashobora kubura ibibazo, bibaho wenda umushumba umwe cyangwa babiri b’abanyarugomo bakagenda bagatema intsina y’umuntu, iyo bigaragaye gutyo ubuyobozi bukabimenya igihita kibaho ni ugufata uwo mushumba akabibazwa byaba na ngombwa n’umukoresha na we akabazwa iyo bigaragara ko harimo uruhare rwe.”

Aya makimbirane hagati y’abahinzi b’urutoki n’aborozi b’inka, bamwe bavuga ko amaze igihe kinini kandi ngo ajyana n’urugomo abashumba babo bagirira abo baturage iyo babafatiye mu mirima yabo, nyamara ngo banafungwa bugacya batashye ngo kuko baba baragirira abanyabubasha.

Abahinzi b’urutoki barira ayo kwarika, n’intsina ziriho ibitoki bitarera ntibazirebera izuba
Abashumba b’aborozi bajya gutema intsina z’abahinzi
Aborozi ngo bitwaza ko bakomeye

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Ukuri ku mashusho y’umuhanzi Nyarwanda yatumye hari abamukekaho uburwayi bwo mu mutwe

Next Post

Umunyabigwi nimero ya mbere muri ruhago y’u Rwanda atanze igisubizo kinejeje ku bamubona nk’uwayitereranye

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyabigwi nimero ya mbere muri ruhago y’u Rwanda atanze igisubizo kinejeje ku bamubona nk’uwayitereranye

Umunyabigwi nimero ya mbere muri ruhago y’u Rwanda atanze igisubizo kinejeje ku bamubona nk’uwayitereranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.