Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Mu Murenge umwe nyuma yuko Umuyobozi uburiwe irengero noneho habuze umuturage

radiotv10by radiotv10
10/06/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Mu Murenge umwe nyuma yuko Umuyobozi uburiwe irengero noneho habuze umuturage
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 25 wo mu Kagari ka Nyefurwe mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu, amaze iminsi itatu batazi aho aherereye mu gihe muri uyu Murege hari n’Umuyobozi w’Umudugudu umaze icyumweru kirenga na we yarabuze.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Kamena 2022, RADIOTV10 yanditse inkuru y’Umuyobozi w’Umudugudu wa Nyakibande mu Kagari ka Gikombe mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu witwa Mutezimana Jean Baptiste, wabuze mu cyumweru gishize, none abo mu muryango we bakaba barashakishije barahebye bakanabimenyesha inzego zinyuranye zirimo RIB.

Undi muturage witwa Niyigena Cyiza Hamza wo muri uyu Murenge wa Nyakiriba mu Kagari ka Nyefurwe mu Muduguru wa Muhira, na we bamaze iminsi itatu batazi aho aherereye.

Abo mu muryango wa Niyigena Cyiza Hamza wabwiye RADIOTV10 ko yavuye mu rugo agiye mu kazi ke k’ubucuruzi, bagategereza ko ahindura agataha, baraheba.

Umuryango w’uyu mugabo umaze imyaka ibiri ashinze urugo akaba afite n’umwana umwe, uvuga ko bamuhamagaye kuri telefone ariko nticemo, bakajya kubaza ku kazi ke, bakababwira ko icyo gihe bamuheruka atigeze ahakandagira.

Umuhire Elizabeth, umugore wa Hamza, avuga ko umugabo we atari asanzwe arenza saa mbiri ataragera mu rugo, ariko ko yatunguwe no kuba uwo munsi ataratashye ndetse ntanamumenyeshe.

Ati “Nahise mpamagara mu rugo iwabo nti ‘ese yaba yageze aho’ barambwira ngo ntawuhari, mpamagara no mu rugo mbabwira ko twamubuse, turaryama bucyeye mu gitondo mpita njya gutanga ikirego.

Uyu muryango uvuga ko ntaho utashakirije haba muri za kasho kugeza nubwo bagiye gushakishiriza mu buruhukiro bw’ibitaroko, uvuga ko Niyigena nta muntu yagiranaga na we ikibazo ku buryo wenda bakeka ko haba hari uwaramugiriye nabi akaba yamushimuta cyangwa akamwica.

Undi wo mu muryango w’uyu mugabo, yagize ati “Turahangayitse ntituzi niba ari muzima, ku masitasiyo yose ya Polisi ntawuhari, aho bajyana inzererezi ntawuhari ahantu hose twashatse ntawuhari.”

Niyigena umaze iminsi itatu yarabuze

Abo mu muryango wa Niyigena bavuga ko aho ari ashobora kuba atakiri muzima “kuko abaye ari muzima yakora ibishoboka byose natwe akatumara impungenge cyangwa niba ari na muzima, ahantu ari ashobora kuba ari mu bibazo bikomeye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse yabwiye RADIOTV10 ko ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bugiye gukurikirana niba umuryango w’uyu mugabo koko wariyambaje inzego ubundi bagakorana n’inzego z’iperereza mu kumushakisha.

Yagize ati “Tugiye kumenya niba koko yaranabajije, kuko hari igihe yaba ataranabajije, twebwe tugiye kubaza abamukurikiranira, bitavuze ko twebwe tugomba kumufasha gukurikirana.”

Muri aka Karere ka Rubavu ntihari hakunze kumvikana inkuru z’abantu baburirwa irengero mu buryo nk’ubu, mu gihe muri iki cyumweru humvikanye babiri barimo uyu Niyigena Cyiza Hamza ndetse n’uriya Muyobozi w’Umudugudu wa Nyakibande, Mutezimana Jean Baptiste.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + six =

Previous Post

Bwa mbere ibikomoka kuri Peteroli byageze mu 1.500Frw…Impamvu byazamutseho amafaranga menshi bitagezeho mbere

Next Post

Umunyapolitiki w’Umunye-Congo wavugwagaho gushimutwa n’u Rwanda yashyikirijwe Igihugu cye

Related Posts

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

by radiotv10
22/01/2026
0

Have you ever spent time with friends or attended a social event, then felt extremely tired afterward? This is very...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo
MU RWANDA

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyapolitiki w’Umunye-Congo wavugwagaho gushimutwa n’u Rwanda yashyikirijwe Igihugu cye

Umunyapolitiki w'Umunye-Congo wavugwagaho gushimutwa n’u Rwanda yashyikirijwe Igihugu cye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.