Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Ngo uwatinze gutaha ahatwa igiti, bati “Turambiwe kuyobozwa inkoni nk’amatungo”

radiotv10by radiotv10
21/09/2022
in MU RWANDA
2
Rubavu: Ngo uwatinze gutaha ahatwa igiti, bati “Turambiwe kuyobozwa inkoni nk’amatungo”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu, bavuga ko barembejwe n’inkoni bakubitwa n’abayobozi babaziza ibintu bitandukanye nko gutinda gutaha no gutinda kwishyura imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza.

Aba baturage bavuga ko abayobozi babakubita, ari Umukuru w’Umudugudu, inkeragutabara n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanama.

Umwe mu bakubiswe witwa Turatsinze, yabwiye RADIOTV10 ko yahuye n’umuyobozi w’irondo mu masaaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, ubundi akamukubita.

Ati “Yarankubise, ndamubaza nti ‘umpoye iki?’ ntiyansubiza. Mu gitondo abaturage barampeka banjyana mu bitaro.”

Avuga ko uwo wamukubise yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ariko ko atatinzemo.

Yagize ati “Umuyobozi w’Umurenge yaravuze ngo umuyobozi w’umutekano ntakwiye gufungwa, ngo nibamufungure, baramufungura.”

Undi na we yavuze ko yakubiswe ubwo yari atashye ari nimugoroba, yatangaje ko yahuye n’abayobozi bakamukubita ndetse bagahita bajya kumufungira ku biro by’Umurenge.

Ati “Bamboheye amaboko inyuma [muri kubona n’ingohi] kandi nta muntu nari nibye.”

Aba baturage bavuga ko uretse gukubitwa inkoni, banahimbirwa ibyaha batakoze ku buryo no kuba bavuganye n’umunyamakuru na byo bishobora kubabyarira amazi n’ibisusa.

Umwe ati “N’ubu kuba tuvugiye imbere yanyu, ushobora kumva twageze Nyabishongo cyangwa muri Polisi ngo turafunze bakadushyiraho icyaha kandi nta cyaha dufite.”

Aba baturage bavuga ko n’abatinze kwishyura imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de sante, bakubitwa; bavuga kandi ko abayobozi bo muri aka gace basa nk’abubatse akazu ko guhohotera abaturage.

Undi ati “Mu Murenge wa Kanama ntiwavuga ku muyobozi, ntiwavuga ku mukire utuyemo ahubwo abakene tugiye kwicwa n’akarengane.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanama, Ndekezi Honore Mugisha uvugwaho gukubita abaturage, yabihakanye.

Mu ijambo rimwe gusa, yabwiye Umunyamakuru ati “Numva ntayobora RIB ku buryo nayiha amabwiriza.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rubavu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwajeneza Jeannette yavuze ko aba baturage bashinja abayobozi babo kubakubita na bo atari shyashya.

Yagarutse ku rugero rw’abaturage babiri mu bavuga ko bakubiswe n’abayobozi, ati “Imyitwarire yabo nkuko byagiye bigaragara yaba gutesha agaciro inzego, gukubita abayobozi b’Imidugudu, gukubita Executif w’Akagari yagiye kurangiza imanza, mwabonye ko ari imyitwarire itari myiza bagaragaje.”

Yakomeje agira ati “Ntabwo bivuze ko Executif Mugisha yabahohoteye, ahubwo yagerageje kurengera abaturage.”

Uyu muyobozi avuga ko abayobozi na bo bazakomeza ubukangurambaga muri aba baturage kugira ngo bacike kuri izo ngeso mbi zituma bashyamirana n’abayobozi.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Twayigize says:
    3 years ago

    Ariko rero namwe muge mukora kinyamwuga,iyo umunyamakuru ashyizeho umuntu wambaye uniform y’urwego rw’umutekano(DASSO)
    Kandi munkuru ntaho bigaragara ko uru rwego rwahohoteye umuturage,bishatse kuvuga ko ubonye ifoto iri kunkuru yanyu agirango DASSO niyo yabazengereje,muge mutekereza kubyo mugiye gukora,naho ubundi tubashimira amakuru yanyu,thanks!

    Reply
  2. Ntwari says:
    3 years ago

    Ubwo se iriya photo ko mperuka Ari iyo muri Cyuve Musanze,igaruka muri Rubavu gute ? Vraiment aha ni ugusebya umwuga .ni Aho ibindi byo turabemera,ikindi abaturage usanga natwe harimo abadashaka kubahiriza gahunda za leta bakigira ibihazi,ahubwo ugasanga bararwanya abayobozi .

    Reply

Leave a Reply to Twayigize Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 3 =

Previous Post

Umuraperi nyarwanda ari mu maboko ya RIB

Next Post

Nyuma yuko Biden avuze ko COVID yarangiye, umujyanama we yagize ati “Ntaho turagera”

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma yuko Biden avuze ko COVID yarangiye, umujyanama we yagize ati “Ntaho turagera”

Nyuma yuko Biden avuze ko COVID yarangiye, umujyanama we yagize ati “Ntaho turagera”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.