Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Uko byagenze ngo umuyobozi mu z’ibanze araswe n’umupolisi bitagambiriwe

radiotv10by radiotv10
21/05/2024
in MU RWANDA
0
Rubavu: Uko byagenze ngo umuyobozi mu z’ibanze araswe n’umupolisi bitagambiriwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi Ushinzwe Iterambere (SEDO) mu Kagari kamwe ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, yafashwe n’isasu ryarashwe n’umupolizi washakaga kurasa umwe mu bakekwaho ko ari abajura bari bateje impagarara.

Bibutsuhoze Pie asanzwe ari SEDO w’Akagari ka Murambi mu Murenge wa Rubavu, yarashwe ku kaguru, arakomereka ahita ajyanwa mu Bitaro bya Gisenyi kugira ngo yitabweho.

Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cya kare kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gicurasi 2024 mu Mudugudu wa Gitsimbi mu Kagari ka Rubona, ahari habaye ikibazo cy’abakekwaho ko ari abajura bari bateje umutekano mucye.

Bivugwa ko Bibutsuhoze Pie we yari mu rugendo yerecyeza mu Murenge wa Nyamyumba, atabaye inshuti ye yagize ibyago, ari kuri moto atwawe n’umumotari, bagera ahabereye iki kibazo, bakagirwa inama ko batahanyura.

Uyu SEDO n’umumotari bari kumwe, basubiye inyuma bajya kwiyambaza Polisi, irabaherecyeza, bageze ahari aba bakekwa ko ari abajura, ni bwo Polisi yatangiye guhangana n’ibi bisambo, irashe isasu rifata uyu mukozi w’Akagari ku kaguru arakomereka.

Polisi y’u Rwanda yemeje ko iyi mpanuka yabayeho, nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Rutikanga Boniface, wavuze ko uyu SEDO yakomerekejwe n’isasu ryarasiwe muri iki gikorwa cyo guhosha umutekano mucye wari watejwe n’ibisambo.

ACP Rutikanga Boniface avuga ko hataramenyekana niba uyu wakomerekejwe n’isasu yari umwe mu bari batabaye cyangwa yari umugenzi wigenderaga.

Ati “Gusa yakomerekeye mu gutabara kwa Polisi, kandi iperereza rirakomeje.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yavuze kandi ko hafashwe bamwe muri aba bari bateje umutekano mucye, ndetse hakaba hakomeje gukorwa iperereza kugira ngo n’abandi bafatanyije bamenyekane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 14 =

Previous Post

Ibihugu byatangiye kugaragaza uko byakiriye ishyirwaho ry’impapuro zo guta muri yombi Netanyahu

Next Post

Indege yari itwaye abagenzi 211 yavaga mu Bwongereza igiye Singapore yagiriye ikibazo mu kirere

Related Posts

Networking like a pro: How young women in Kigali can build meaningful professional connections

Networking like a pro: How young women in Kigali can build meaningful professional connections

by radiotv10
07/11/2025
0

In today’s world, who you know can sometimes be just as important as what you know. For young women in...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

by radiotv10
06/11/2025
0

Mu ishyamba riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habonetse umurambo w’umugore bivugwa ko...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

IZIHERUKA

Networking like a pro: How young women in Kigali can build meaningful professional connections
IMIBEREHO MYIZA

Networking like a pro: How young women in Kigali can build meaningful professional connections

by radiotv10
07/11/2025
0

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

07/11/2025
Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

07/11/2025
Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

06/11/2025
Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Indege yari itwaye abagenzi 211 yavaga mu Bwongereza igiye Singapore yagiriye ikibazo mu kirere

Indege yari itwaye abagenzi 211 yavaga mu Bwongereza igiye Singapore yagiriye ikibazo mu kirere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Networking like a pro: How young women in Kigali can build meaningful professional connections

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.