Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Uko byagenze ngo umuyobozi mu z’ibanze araswe n’umupolisi bitagambiriwe

radiotv10by radiotv10
21/05/2024
in MU RWANDA
0
Rubavu: Uko byagenze ngo umuyobozi mu z’ibanze araswe n’umupolisi bitagambiriwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi Ushinzwe Iterambere (SEDO) mu Kagari kamwe ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, yafashwe n’isasu ryarashwe n’umupolizi washakaga kurasa umwe mu bakekwaho ko ari abajura bari bateje impagarara.

Bibutsuhoze Pie asanzwe ari SEDO w’Akagari ka Murambi mu Murenge wa Rubavu, yarashwe ku kaguru, arakomereka ahita ajyanwa mu Bitaro bya Gisenyi kugira ngo yitabweho.

Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cya kare kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gicurasi 2024 mu Mudugudu wa Gitsimbi mu Kagari ka Rubona, ahari habaye ikibazo cy’abakekwaho ko ari abajura bari bateje umutekano mucye.

Bivugwa ko Bibutsuhoze Pie we yari mu rugendo yerecyeza mu Murenge wa Nyamyumba, atabaye inshuti ye yagize ibyago, ari kuri moto atwawe n’umumotari, bagera ahabereye iki kibazo, bakagirwa inama ko batahanyura.

Uyu SEDO n’umumotari bari kumwe, basubiye inyuma bajya kwiyambaza Polisi, irabaherecyeza, bageze ahari aba bakekwa ko ari abajura, ni bwo Polisi yatangiye guhangana n’ibi bisambo, irashe isasu rifata uyu mukozi w’Akagari ku kaguru arakomereka.

Polisi y’u Rwanda yemeje ko iyi mpanuka yabayeho, nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Rutikanga Boniface, wavuze ko uyu SEDO yakomerekejwe n’isasu ryarasiwe muri iki gikorwa cyo guhosha umutekano mucye wari watejwe n’ibisambo.

ACP Rutikanga Boniface avuga ko hataramenyekana niba uyu wakomerekejwe n’isasu yari umwe mu bari batabaye cyangwa yari umugenzi wigenderaga.

Ati “Gusa yakomerekeye mu gutabara kwa Polisi, kandi iperereza rirakomeje.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yavuze kandi ko hafashwe bamwe muri aba bari bateje umutekano mucye, ndetse hakaba hakomeje gukorwa iperereza kugira ngo n’abandi bafatanyije bamenyekane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + twenty =

Previous Post

Ibihugu byatangiye kugaragaza uko byakiriye ishyirwaho ry’impapuro zo guta muri yombi Netanyahu

Next Post

Indege yari itwaye abagenzi 211 yavaga mu Bwongereza igiye Singapore yagiriye ikibazo mu kirere

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Indege yari itwaye abagenzi 211 yavaga mu Bwongereza igiye Singapore yagiriye ikibazo mu kirere

Indege yari itwaye abagenzi 211 yavaga mu Bwongereza igiye Singapore yagiriye ikibazo mu kirere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.