Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Urujijo ku kiraro cyasenywe abagituriye bizezwa ibitangaza none ibyakurikiyeho sibyo batekerezaga

radiotv10by radiotv10
10/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Urujijo ku kiraro cyasenywe abagituriye bizezwa ibitangaza none ibyakurikiyeho sibyo batekerezaga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ikiraro bacagaho bajya mu ngo zabo cyasenywe kugira ngo cyubakwe neza, ariko amezi abaye ane batazi irengero rya rwiyemezamirimo wacyubakaga.

Ni ikiraro kiri ku muhanda ujya mu ngo z’abaturage bava mu Kagari ka Ryabizige bajya mu Mudugudu wa Nyakabanda mu Kagari ka Rwangara mu Murenge wa Cyanzarwe no gukomeza mu Murenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu.

Bayavuge Liberatha ufite ubutaka bwarunzweho amabuye azifashishwa mu kubaka iki kiraro, agaruka ku mbogamizi afite kubera idindira ryo kucyubaka, ati “Rwiyemezamirimo yasutse amabuye n’umucanga mu nsina zanjye numva ko ntacyo bitwaye kuko bazabikuramo vuba, none amezi banza agiye kugera kuri ane cyangwa atanu ku buryo nabuze uko nahinga udushyimbo nahingagamo.”

Ni mu gihe kandi abaturiye iki kiraro na bo bagaragaza ko kimaze amezi arenga ane gisenywe ngo cyubakwe ariko bakaba baraherutse bacukura bakazana umucanga n’amabuye gusa.

Mukeshimana Jean bosco ati “Haje ba rwiyemezamirimo bavanaho ibiti twanyuragaho ngo bagiye kucyubaka ariko bamaze kugicukura gutya ntibongera kugikora.”

Abaturage bagaragaza ko uku gutinda gukora iki kiraro bigenda bibagiraho ingaruka bityo bagasaba ko kugikora byakwihutishwa.

Turikumwenimana Zakayo ati “Iyo nambutsaga imyaka y’abaturage nkayigeza haruya ku muhanda nabaga mfite ayanjye (amafaranga) none byarahagaze inzara ni yose.”

Uzayisenga Bosco ati “Twe tumeze nk’abafunzwe kuko abafite moto ni ukuzibitsa mu gasozi kuko tubura aho tuzinyuza, ikindi kuba kirangaye ni imbogamizi ku bana bacu kuko hari nk’umwana wanjye wiga muri garidiyene (nursery school) aherutse kugwamo, ni Imana yakinze akaboko.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper yavuze ko habayeho ikibazo cy’abatekenisiye bazi ikoranabuhanga riri gukoreshwa mu kubaka ibiraro muri iyi minsi, gusa akavuga ko byamaze gufata umurongo, nubwo atagaragaza igihe iki kiraro kizubakirwa.

Ati “Uyu ni umushinga utangiye vuba kandi ukoresha technology itandukanye n’izo twakoreshaga mbere, kubaka ibiraro bikoresheje amabuye ni technology ihendutse kandi ibiraro bikaba bikomeye ariko byasabye ko tujya dukura abakozi i Musanze kuko bo badutanze kubyubaka ariko ubu twamaze kubimenya ku buryo bitaba impamvu yo gukererwa.”

Umushinga wo kubaka iki kiraro uhuriyeho ibiraro bibiri bigomba kubakwa ku muferege umwe uri mu Mudugudu wa Nyakabanda mu Kagari ka Rwangara mu Murenge wa Cyanzarwe.

Iki kiraro ubu ni ikirangarizwa
Aba baturage bavuga ko bibateye impungenge

Ntibakibona uko bambuka ngo bajye gusura abavandimwe n’insutsi

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Rwamagana: Abahinzi bavuga ko hari ibyo bakorewe bakabyishimira ariko hari ikibagiranye

Next Post

M23 yungutse imbaraga yizeza gukaza urugamba rwo kubohora Congo

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yungutse imbaraga yizeza gukaza urugamba rwo kubohora Congo

M23 yungutse imbaraga yizeza gukaza urugamba rwo kubohora Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.