Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Urujijo ku kiraro cyasenywe abagituriye bizezwa ibitangaza none ibyakurikiyeho sibyo batekerezaga

radiotv10by radiotv10
10/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Urujijo ku kiraro cyasenywe abagituriye bizezwa ibitangaza none ibyakurikiyeho sibyo batekerezaga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ikiraro bacagaho bajya mu ngo zabo cyasenywe kugira ngo cyubakwe neza, ariko amezi abaye ane batazi irengero rya rwiyemezamirimo wacyubakaga.

Ni ikiraro kiri ku muhanda ujya mu ngo z’abaturage bava mu Kagari ka Ryabizige bajya mu Mudugudu wa Nyakabanda mu Kagari ka Rwangara mu Murenge wa Cyanzarwe no gukomeza mu Murenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu.

Bayavuge Liberatha ufite ubutaka bwarunzweho amabuye azifashishwa mu kubaka iki kiraro, agaruka ku mbogamizi afite kubera idindira ryo kucyubaka, ati “Rwiyemezamirimo yasutse amabuye n’umucanga mu nsina zanjye numva ko ntacyo bitwaye kuko bazabikuramo vuba, none amezi banza agiye kugera kuri ane cyangwa atanu ku buryo nabuze uko nahinga udushyimbo nahingagamo.”

Ni mu gihe kandi abaturiye iki kiraro na bo bagaragaza ko kimaze amezi arenga ane gisenywe ngo cyubakwe ariko bakaba baraherutse bacukura bakazana umucanga n’amabuye gusa.

Mukeshimana Jean bosco ati “Haje ba rwiyemezamirimo bavanaho ibiti twanyuragaho ngo bagiye kucyubaka ariko bamaze kugicukura gutya ntibongera kugikora.”

Abaturage bagaragaza ko uku gutinda gukora iki kiraro bigenda bibagiraho ingaruka bityo bagasaba ko kugikora byakwihutishwa.

Turikumwenimana Zakayo ati “Iyo nambutsaga imyaka y’abaturage nkayigeza haruya ku muhanda nabaga mfite ayanjye (amafaranga) none byarahagaze inzara ni yose.”

Uzayisenga Bosco ati “Twe tumeze nk’abafunzwe kuko abafite moto ni ukuzibitsa mu gasozi kuko tubura aho tuzinyuza, ikindi kuba kirangaye ni imbogamizi ku bana bacu kuko hari nk’umwana wanjye wiga muri garidiyene (nursery school) aherutse kugwamo, ni Imana yakinze akaboko.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper yavuze ko habayeho ikibazo cy’abatekenisiye bazi ikoranabuhanga riri gukoreshwa mu kubaka ibiraro muri iyi minsi, gusa akavuga ko byamaze gufata umurongo, nubwo atagaragaza igihe iki kiraro kizubakirwa.

Ati “Uyu ni umushinga utangiye vuba kandi ukoresha technology itandukanye n’izo twakoreshaga mbere, kubaka ibiraro bikoresheje amabuye ni technology ihendutse kandi ibiraro bikaba bikomeye ariko byasabye ko tujya dukura abakozi i Musanze kuko bo badutanze kubyubaka ariko ubu twamaze kubimenya ku buryo bitaba impamvu yo gukererwa.”

Umushinga wo kubaka iki kiraro uhuriyeho ibiraro bibiri bigomba kubakwa ku muferege umwe uri mu Mudugudu wa Nyakabanda mu Kagari ka Rwangara mu Murenge wa Cyanzarwe.

Iki kiraro ubu ni ikirangarizwa
Aba baturage bavuga ko bibateye impungenge

Ntibakibona uko bambuka ngo bajye gusura abavandimwe n’insutsi

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 17 =

Previous Post

Rwamagana: Abahinzi bavuga ko hari ibyo bakorewe bakabyishimira ariko hari ikibagiranye

Next Post

M23 yungutse imbaraga yizeza gukaza urugamba rwo kubohora Congo

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yungutse imbaraga yizeza gukaza urugamba rwo kubohora Congo

M23 yungutse imbaraga yizeza gukaza urugamba rwo kubohora Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.