Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: WASAC yabubakiye ibigega bategereza ko izana n’amazi none imyaka 3 irihiritse

radiotv10by radiotv10
15/09/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: WASAC yabubakiye ibigega bategereza ko izana n’amazi none imyaka 3 irihiritse
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu isantere ya Buhuru iherereye mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bategereje ko bagezwaho amazi meza none imyaka ikaba ibaye itatu ibigega bubakiwe na WASAC bimeze nk’umutako kuva byakubakwa ngo amazi yaje iminsi ibiri gusa.

Aba baturage bavuga ko imibereho yo kubaho nta mazi meza, yakomeje kubazonga ariko ko ubwo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amazi, isuku n’isukura (WASAC) cyazaga kikubaka ibigega ndetse kikazana n’amazi, bakekaga ko bagiye guhozwa amarira ariko si ko byagenze.

Dusabimana Vincent wacungaga ivomero rusange ryari ryubatswe icyo gihe, yagize ati “Bakimara gukora iyi miyoboro, amazi yaje iminsi ibiri gusa.”

Abaturage bo muri aka gace bavuga ko babaye nk’abanopfeshwa amazi, bavuga ko kuba badafite mazi meza, bibagiraho ingaruka.

Umwe ati “Amazi ni ikibazo, ntushobora kubona ayo kunywa, guteka ni ay’imvura ubwo urumva iyo imvura yabuze ni ikibazo.”

Uyu muturage usanzwe afite ubucuruzi bukenera amazi mu buryo buhoraho, avuga ko kuba batayafite ari umutwaro ubaremereye.

Ati “Nkatwe dufite ibikorwa remezo nk’utubari amaresitora, kuba nta mazi, byonyine ni ikibazo.”

Umuyobozi wa WASAC mu Karere ka Rubavu, Gilbert Murindabigwi avuga ko iki kibazo giterwa no kuba bamwe mu baturage bo muri aka gace, basanzwe ari abafatabuguzi b’ikigo kigenga cya AQua Virunga bityo ko bitapfa kuborohera kuzana amazi mu gihe hari undi mushoramari utanga serivisi nk’iyabo.

Ati “Urumva AQua Virunga ifite aho igeza amazi n’aho itabasha kuyageza. Urumva rero ntiwajya guha amazi mu gice gikoramo ikigo kigenga utararangiza gukemura ibyawe.”

Avuga ko ku bufatanye n’ubuyobozi bw’Akarere hari gukorwa inyigo kugira ngo WASAC abe ari iyo iza gutanga amazi muri iki gice kugira ngo iki kibazo cyo kubura amazi kirangire burundu.

Amazi ngo yaje iminsi ibiri gusa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Kisangani: Basabye ko akayabo ka Miliyoni Uganda yishyuye DRC kabageraho byihuse

Next Post

Sinakora Politiki mu gihe amarira n’amaraso y’abavandimwe bacu akomeje gutemba- Vital Kamerhe

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sinakora Politiki mu gihe amarira n’amaraso y’abavandimwe bacu akomeje gutemba- Vital Kamerhe

Sinakora Politiki mu gihe amarira n’amaraso y’abavandimwe bacu akomeje gutemba- Vital Kamerhe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.