Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: WASAC yabubakiye ibigega bategereza ko izana n’amazi none imyaka 3 irihiritse

radiotv10by radiotv10
15/09/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: WASAC yabubakiye ibigega bategereza ko izana n’amazi none imyaka 3 irihiritse
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu isantere ya Buhuru iherereye mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bategereje ko bagezwaho amazi meza none imyaka ikaba ibaye itatu ibigega bubakiwe na WASAC bimeze nk’umutako kuva byakubakwa ngo amazi yaje iminsi ibiri gusa.

Aba baturage bavuga ko imibereho yo kubaho nta mazi meza, yakomeje kubazonga ariko ko ubwo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amazi, isuku n’isukura (WASAC) cyazaga kikubaka ibigega ndetse kikazana n’amazi, bakekaga ko bagiye guhozwa amarira ariko si ko byagenze.

Dusabimana Vincent wacungaga ivomero rusange ryari ryubatswe icyo gihe, yagize ati “Bakimara gukora iyi miyoboro, amazi yaje iminsi ibiri gusa.”

Abaturage bo muri aka gace bavuga ko babaye nk’abanopfeshwa amazi, bavuga ko kuba badafite mazi meza, bibagiraho ingaruka.

Umwe ati “Amazi ni ikibazo, ntushobora kubona ayo kunywa, guteka ni ay’imvura ubwo urumva iyo imvura yabuze ni ikibazo.”

Uyu muturage usanzwe afite ubucuruzi bukenera amazi mu buryo buhoraho, avuga ko kuba batayafite ari umutwaro ubaremereye.

Ati “Nkatwe dufite ibikorwa remezo nk’utubari amaresitora, kuba nta mazi, byonyine ni ikibazo.”

Umuyobozi wa WASAC mu Karere ka Rubavu, Gilbert Murindabigwi avuga ko iki kibazo giterwa no kuba bamwe mu baturage bo muri aka gace, basanzwe ari abafatabuguzi b’ikigo kigenga cya AQua Virunga bityo ko bitapfa kuborohera kuzana amazi mu gihe hari undi mushoramari utanga serivisi nk’iyabo.

Ati “Urumva AQua Virunga ifite aho igeza amazi n’aho itabasha kuyageza. Urumva rero ntiwajya guha amazi mu gice gikoramo ikigo kigenga utararangiza gukemura ibyawe.”

Avuga ko ku bufatanye n’ubuyobozi bw’Akarere hari gukorwa inyigo kugira ngo WASAC abe ari iyo iza gutanga amazi muri iki gice kugira ngo iki kibazo cyo kubura amazi kirangire burundu.

Amazi ngo yaje iminsi ibiri gusa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Kisangani: Basabye ko akayabo ka Miliyoni Uganda yishyuye DRC kabageraho byihuse

Next Post

Sinakora Politiki mu gihe amarira n’amaraso y’abavandimwe bacu akomeje gutemba- Vital Kamerhe

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sinakora Politiki mu gihe amarira n’amaraso y’abavandimwe bacu akomeje gutemba- Vital Kamerhe

Sinakora Politiki mu gihe amarira n’amaraso y’abavandimwe bacu akomeje gutemba- Vital Kamerhe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.