Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Yaje kwitambika ubukwe bw’umugabo bigeze kubana baranabyarana Padiri arahagoboka

radiotv10by radiotv10
03/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Yaje kwitambika ubukwe bw’umugabo bigeze kubana baranabyarana Padiri arahagoboka
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi uvuka mu Karere ka Musanze yagerageje kwica ubukwe bw’umugabo babanye imyaka itatu banabyarana umwana umwe, ariko Padiri mukuru wa Paruwasi ya Stella Maris yo muri Diyosezi Gatulika ya Nyundo mu Karere ka Rubavu arahagoboka ababera umuhuza, ubundi umuryango w’umugabo umusubiza ibihumbi 100 Frw yavuje umwana wenyine.

Ni ubukwe bwabaye kuri uyu wa Gatandatu, tariki 03 Gicurasi 2025, aho imihango yo gusaba no gukwa yaberaga mu nzu y’i Kana, hazwi nko mu gikari cy’iyi Paruwasi, banagombaga gusezeraniramo.

Ubwo yaganiraga n’umunyamakuru wa Radiotv10, Nyirabahizi Esther wari waje kwitambika ubukwe bw’umugabo bigeze kubana, yavuze ko nyuma yo kumwegera ngo bafatanye kurera umwana babyaranye, uyu mugabo yahengereye ari mu bitaro maze ajya gukora ubukwe n’undi mukobwa mu murenge gusa ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu washize ngo nibwo uyu Byukusenge Jean Claude babyaranye yamwoherereje amafaranga ibihumbi 20 Frw y’itike ngo amubwira ngo aze bahangane.

Ati: “ibyo yakoraga byose yanyoherezaga amafoto kuko yateye ivi anyohereza amafoto avuye no mu murenge anyohereza andi mafoto gusa ejo nimugoroba we ubwe niwe wanyohereje ibihumbi 20k n’ubu ushatse nakwereka na mesaje y’ayo mafaranga! Yashatse ko duhangana rero, naje”

Uyu akomeza avuga ko yahageze agashaka kumufata bakamumukiza, bikanakereza imihango y’ubukwe Gusaba no gukwa bigatindaho nk’iminota 30, maze bisaba ko bajya mu biganiro by’ubwumvikane bigizwemo uruhare na Padiri mukuru n’abahagarariye umuryango w’umugabo.

Kuba uyu mugabo ari we woherereje Nyirabahizi amafaranga y’urugendo byababaje cyane abo mu muryango we, ari nabyo byatumye biyambaza Padiri ndetse uwagaragaraga nk’umukuru w’umuryango yemera gutanga amafaranga ibihumbi 100k maze ubukwe bubona gukomeza.

Icyakora uruhande rw’uyu muryango w’uyu Jean Claude rwirinze kugira icyo rutangaza imbere y’itangazamakuru ariko ugaragara nk’uhagarariye umuryango avuga ko ikibazo gikemutse.

Ibi byanashimangiwe na Nyirabahizi Esther wavuze ko yasabaga amafaranga ibihumbi 265k ariko ko bigizwemo uruhare na Padiri mukuru yemeye kwakira amafaranga ibihumbi 100k.

Nyirabahizi Esther avuga ko uyu mugabo babanye mu nzu imyaka itatu batarasezeranye byemewe n’amategeko gusa nyuma batangira kwigira umubano kwa Padiri ngo bagarukire Imana ariko uyu mugabo ngo aza kumutenguha, kuko atamenye icyabisubitse.

Muri icyo gihe ngo bari bagiye no kujya kwiyereka imiryango, ariko uyu mugabo abisubika bitunguranye hasigaye umunsi umwe ngo bajye kwiyereka umuryango we.

Uyu avuga ko yashavujwe cyane n’uko aho kumufasha kuvuza umwana babyaranye wari urembye, ngo uyu mugabo yihutiye kujya gusezerana imbere y’Amategeko mu Murenge wa Rubavu avuye mu Murenge wa Rugerero bari batuyemo.

Yari yaje kwitambika ubukwe bw’umugabo bigeze kubana ariko biba iby’ubusa
Yatahanye inyandiko y’ibihumbi 100 Frw yahawe

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − four =

Previous Post

Abanyarwandakazi bane bo mu Ngabo z’u Rwanda barangije muri Kaminuza iri mu zikomeye ku Isi

Next Post

Izindi Ngabo za SADC n’intwaro zakuwe muri Congo zinyuzwa mu Rwanda mu masaha y’ijoro

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Izindi Ngabo za SADC n’intwaro zakuwe muri Congo zinyuzwa mu Rwanda mu masaha y’ijoro

Izindi Ngabo za SADC n’intwaro zakuwe muri Congo zinyuzwa mu Rwanda mu masaha y’ijoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.