• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: Abantu 28 barimo n’ab’igitsinagore bafatiwe mu mukwabu

radiotv10by radiotv10
03/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ruhango: Abantu 28 barimo n’ab’igitsinagore bafatiwe mu mukwabu
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yakoze umukwabu wo gushakisha no gufata abakekwaho ubujura, wasize mu Mirenge itatu hafashwe abantu 28 barimo n’ab’igitsinagore bakekwaho ubufatanyacyaha mu gukora ubu bujura.

Aba bantu bafashwe mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 02 Werurwe 2025 mu Mirenge ya Kinazi, uwa Byimana n’uwa Mbuye, yose yo muri aka Karere ka Ruhango.

Mu murenge wa Byimana hafatiwe abantu 10 barimo n’ab’igitsinagore, mu Murenge wa Mbuye hagatirwa abantu batanu bose b’igitsinagabo, mu gihe mu Murenge wa Kinazi hafatiwe abantu 13 na bo bose b’igitsinagabo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye yavuze ko aba bantu bafashwe “bakekwaho ubujura burimo kwamburira abantu mu nzira telefoni zigendanwa n’amasakoshi y’abadamu, gutobora amazu y’abaturage, harimo kandi n’ab’igitsinagore bacyekwaho ubufatanyacyaha mu bujura aho bacumbikira abajura ndetse bakabika ibyo bibye.”

SP Emmanuel Habiyaremye avuga ko iki gikorwa cyo gushakisha no gufata aba bantu, kigamije gukumira no kurwanya icyaha cy’ubujura, cyaharugurukiwe na Polisi y’u Rwanda, dore ko kiri mu byaha bibangamira umutuzo n’umudendezo by’abaturage ndetse kikagira n’izindi ngaruka mbi zitandukanye.

Yagize ati “Tukaba dushimira abaturage bakomeje ubufatanye bwabo mu kuduha amakuru ku banyabyaha bagafatwa hakumirwa ndetse harwanywa ibyaha muri rusange.”

Aba bantu bakurukiranyweho ibikorwa by’ubujura butandukanye, ubu bafungiye kuri sitasiyo za Polisi zitandukanye zo muri iyi Mirenge, iya Byumana, iya Mbuye ndetse n’iya Kinazi.

Mu Murenge wa Kinazi haftiwe abantu 13
Muri Byimana hafatirwa 10
Muri Mbuye hafatirwa batanu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + nine =

Previous Post

Habayeho gutakaza icyizere mu guhashya Ebola muri Uganda nyuma yuko hari hatewe intambwe

Next Post

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.