Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RUHANGO: Barasaba ko ikiraro gikorwa kikoroshya ubuhahirane

radiotv10by radiotv10
23/06/2021
in MU RWANDA
0
RUHANGO: Barasaba ko ikiraro gikorwa kikoroshya ubuhahirane
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abatuye mu murenge wa Byimana wo mu karere ka Ruhango mu ntara y’amajyepfo ku ruhande ruhana imbibi n’umurenge wa Shyogwe wo mu karere ka Muhanga, bavuga ko babangamirwa no kuba nta kiraro kinyuraho imodoka gihari kuko ngo niyo hari umubyeyi uri kunda akeneye kujya i Kabgayi bimusaba guhekwa mu ngobyi  ya kinyarwanda cyangwa kujya kuzenguruka ku Ntenyo.

Uwitwa Nyiramuhire Théresia we yagize ati” Tubangamirwa no kuba ikiraro gihari kinyurwaho n’amagare na moto gusa ariko imodoka ikaba itabasha kunyuraho”

Naho uwitwa Habakubaho François yabwiye Radio&TV10 ko bagira ikibazo cy’ababyeyi bakenera kubyara kuko ahabegereye ari I Kabgayi bibasaba kubaheka mu ngobyi za kinyarwanda ngo babagezeyo, gusa ngo haba harimo n’impungenge z’uko umwana na nyina bashobora kuba babipfiramo kubera kutagerera kwa Muganga igihe bitewe n’uko imodoka idashobora kwambuka ngo igere mu gace batuyemo.

Aba baturage bavuga ko habonetse ikiraro gihuza iyi mirenge ya Shyogwe na Byimana kuri uru ruhande byakwihutisha iterambere ryabo ndetse n’uturere twombi muri rusange.

Twashatse kumenya niba ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango hari icyo buteganya ku byifuzo by’aba baturage maze mu butumwa bugufi Habarurema Valens, umuyobozi w‘akarere ka Ruhango yagize ati” Kiriya kiraro cyo kwa Jangwe gihari kirahagije kuko abaturage bahambuka bifashishije ikiraro cyo mu kirere, ibijyanye no kuba hashyirwa ikiraro gicaho imodoka bizaganirwaho n’uturere twombi gusa ubusanzwe nta modoka nyinshi zihaca.”

N’ubwo umuyobozi w’akarere ka Ruhango yavuze ko nta modoka nyinshi zihaca, abaturage bo bavuga ko kuba nta modoka zihanyurwa biterwa no kuba ntakiraro gihari zanyuraho nk’uko bigaragarira amaso y’abahanyura, nyamara iyi niyo nzira ya bugufi ku bashaka kwerekeza mu karere ka Muhanga baturutse muri biriya bice  kuruta ko bajya kuzenguruka ku Ntenyo nk’uko abaturage babyivugiye.

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 3 =

Previous Post

DR Congo : Abarwanyi 130 barimo aba FDLR bishyikirije Ingabo z’igihugu

Next Post

TANZANIA: Abakobwa babyaye bemerewe gusubira mu ishuri

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
TANZANIA: Abakobwa babyaye bemerewe gusubira mu ishuri

TANZANIA: Abakobwa babyaye bemerewe gusubira mu ishuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.