Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RUHANGO: Barasaba ko ikiraro gikorwa kikoroshya ubuhahirane

radiotv10by radiotv10
23/06/2021
in MU RWANDA
0
RUHANGO: Barasaba ko ikiraro gikorwa kikoroshya ubuhahirane
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abatuye mu murenge wa Byimana wo mu karere ka Ruhango mu ntara y’amajyepfo ku ruhande ruhana imbibi n’umurenge wa Shyogwe wo mu karere ka Muhanga, bavuga ko babangamirwa no kuba nta kiraro kinyuraho imodoka gihari kuko ngo niyo hari umubyeyi uri kunda akeneye kujya i Kabgayi bimusaba guhekwa mu ngobyi  ya kinyarwanda cyangwa kujya kuzenguruka ku Ntenyo.

Uwitwa Nyiramuhire Théresia we yagize ati” Tubangamirwa no kuba ikiraro gihari kinyurwaho n’amagare na moto gusa ariko imodoka ikaba itabasha kunyuraho”

Naho uwitwa Habakubaho François yabwiye Radio&TV10 ko bagira ikibazo cy’ababyeyi bakenera kubyara kuko ahabegereye ari I Kabgayi bibasaba kubaheka mu ngobyi za kinyarwanda ngo babagezeyo, gusa ngo haba harimo n’impungenge z’uko umwana na nyina bashobora kuba babipfiramo kubera kutagerera kwa Muganga igihe bitewe n’uko imodoka idashobora kwambuka ngo igere mu gace batuyemo.

Aba baturage bavuga ko habonetse ikiraro gihuza iyi mirenge ya Shyogwe na Byimana kuri uru ruhande byakwihutisha iterambere ryabo ndetse n’uturere twombi muri rusange.

Twashatse kumenya niba ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango hari icyo buteganya ku byifuzo by’aba baturage maze mu butumwa bugufi Habarurema Valens, umuyobozi w‘akarere ka Ruhango yagize ati” Kiriya kiraro cyo kwa Jangwe gihari kirahagije kuko abaturage bahambuka bifashishije ikiraro cyo mu kirere, ibijyanye no kuba hashyirwa ikiraro gicaho imodoka bizaganirwaho n’uturere twombi gusa ubusanzwe nta modoka nyinshi zihaca.”

N’ubwo umuyobozi w’akarere ka Ruhango yavuze ko nta modoka nyinshi zihaca, abaturage bo bavuga ko kuba nta modoka zihanyurwa biterwa no kuba ntakiraro gihari zanyuraho nk’uko bigaragarira amaso y’abahanyura, nyamara iyi niyo nzira ya bugufi ku bashaka kwerekeza mu karere ka Muhanga baturutse muri biriya bice  kuruta ko bajya kuzenguruka ku Ntenyo nk’uko abaturage babyivugiye.

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + nine =

Previous Post

DR Congo : Abarwanyi 130 barimo aba FDLR bishyikirije Ingabo z’igihugu

Next Post

TANZANIA: Abakobwa babyaye bemerewe gusubira mu ishuri

Related Posts

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

IZIHERUKA

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito
AMAHANGA

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
TANZANIA: Abakobwa babyaye bemerewe gusubira mu ishuri

TANZANIA: Abakobwa babyaye bemerewe gusubira mu ishuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.