Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RUHANGO: Barasaba ko ikiraro gikorwa kikoroshya ubuhahirane

radiotv10by radiotv10
23/06/2021
in MU RWANDA
0
RUHANGO: Barasaba ko ikiraro gikorwa kikoroshya ubuhahirane
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abatuye mu murenge wa Byimana wo mu karere ka Ruhango mu ntara y’amajyepfo ku ruhande ruhana imbibi n’umurenge wa Shyogwe wo mu karere ka Muhanga, bavuga ko babangamirwa no kuba nta kiraro kinyuraho imodoka gihari kuko ngo niyo hari umubyeyi uri kunda akeneye kujya i Kabgayi bimusaba guhekwa mu ngobyi  ya kinyarwanda cyangwa kujya kuzenguruka ku Ntenyo.

Uwitwa Nyiramuhire Théresia we yagize ati” Tubangamirwa no kuba ikiraro gihari kinyurwaho n’amagare na moto gusa ariko imodoka ikaba itabasha kunyuraho”

Naho uwitwa Habakubaho François yabwiye Radio&TV10 ko bagira ikibazo cy’ababyeyi bakenera kubyara kuko ahabegereye ari I Kabgayi bibasaba kubaheka mu ngobyi za kinyarwanda ngo babagezeyo, gusa ngo haba harimo n’impungenge z’uko umwana na nyina bashobora kuba babipfiramo kubera kutagerera kwa Muganga igihe bitewe n’uko imodoka idashobora kwambuka ngo igere mu gace batuyemo.

Aba baturage bavuga ko habonetse ikiraro gihuza iyi mirenge ya Shyogwe na Byimana kuri uru ruhande byakwihutisha iterambere ryabo ndetse n’uturere twombi muri rusange.

Twashatse kumenya niba ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango hari icyo buteganya ku byifuzo by’aba baturage maze mu butumwa bugufi Habarurema Valens, umuyobozi w‘akarere ka Ruhango yagize ati” Kiriya kiraro cyo kwa Jangwe gihari kirahagije kuko abaturage bahambuka bifashishije ikiraro cyo mu kirere, ibijyanye no kuba hashyirwa ikiraro gicaho imodoka bizaganirwaho n’uturere twombi gusa ubusanzwe nta modoka nyinshi zihaca.”

N’ubwo umuyobozi w’akarere ka Ruhango yavuze ko nta modoka nyinshi zihaca, abaturage bo bavuga ko kuba nta modoka zihanyurwa biterwa no kuba ntakiraro gihari zanyuraho nk’uko bigaragarira amaso y’abahanyura, nyamara iyi niyo nzira ya bugufi ku bashaka kwerekeza mu karere ka Muhanga baturutse muri biriya bice  kuruta ko bajya kuzenguruka ku Ntenyo nk’uko abaturage babyivugiye.

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 18 =

Previous Post

DR Congo : Abarwanyi 130 barimo aba FDLR bishyikirije Ingabo z’igihugu

Next Post

TANZANIA: Abakobwa babyaye bemerewe gusubira mu ishuri

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere
MU RWANDA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
TANZANIA: Abakobwa babyaye bemerewe gusubira mu ishuri

TANZANIA: Abakobwa babyaye bemerewe gusubira mu ishuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.