Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: Bashengurwa no kuba imyaka 28 ishize Abarundi bishe Abatutsi batarabiryozwa

radiotv10by radiotv10
26/04/2022
in MU RWANDA
0
Ruhango: Bashengurwa no kuba imyaka 28 ishize Abarundi bishe Abatutsi batarabiryozwa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gikorwa cyo Kwibuka ku Nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi muri Ntongwe mu Karere ka Ruhango, abaharokokeye bongeye kugaruka ku bugome bw’Abarundi bahabaga bishe Abatutsi urw’agashinyaguro ariko bakaba batarabiryozwa.

Muri iki gikorwa cyabere ku Rwibutso rw’Akarere ka Ruhango ruherereye mu Murenge wa Kinazi ku Cyumweru tariki 24 Mata 2022, abarokokeye muri aka gace bongeye kugaragaza inzira y’umusaraba banyuzemo.

Bavuze ko mu 1992 hari Abarundi bari barahungiye muri aka gace, bakaza no kugira uruhare rukomeye muri Jenoside Yakorewe Abatutsi aho bafatanyaga n’Interahamwe mu kwica Abatutsi.

Evode Munyarangabo waharokokeye yavuze ko Abarundi bari barahungiye muri aka gace baje bakitwara nk’interahamwe.

Ati “Abarundi baje hano mu 1992, ni ubwa mbere ubundi umunyamahanga aza akagutegekera iwanyu.”

mu rwego rwo guhabwa ubutabera, Abarundi bagize uruhare muri Jenoside muri ibi bice, bakurikiranwa.

Yagize ati “Buri munsi uko twibutse hano duhora tugaruka ku kibazo cy’Abarundi batwiciye abantu…abakuru barabivuga buri munsi ukuntu Abarundi baje bagatangira gushyiraho za bariyeri na mbere ya Jenoside.”

Perezida w’Umuryango Ibuka urengera inyungu z’abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Nkuranga Egide na we yavuze ko iki kibazo gihora kigarukwaho kandi ko kugira ngo abarokokeye muri ibi bice bumve ko babonye ubutabera, ari ko Abarundi babiciye ababo babihanirwa.

Yagize ati “Namwe wenda muraza kuturema agatima, mutubwire muti ‘turapanga ibi, tubigeze aha’ iki kibazo cy’Abarundi gihora kivugwa iteka rwose muduhumurize mutubwire aho kigeze.”

Nkuranga Egide avuga u Burundi n’u Rwanda byagaragaje ubushake bwa politiki mu gukora mu nzego, byari bikwiye no gukorana mu gutuma Abarundi bagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi, bashakishwa bagafatwa bakagezwa imbere y’ubutabera.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yavuze ko icyaha cya Jenoside kidasaza bityo ko uwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi aho yaba ari hose akwiye gushakishwa akabihanirwa.

Yagize ati “Turabizeza ko nk’Igihugu tuzakomeza kugira ngo abagize uruhare mu guhekura u Rwanda aho baba bari hose bakurikiranwe kugeza igihe ubutabera bwigaragaje.”

Abarokokeye mu Mayaga bavuga kandi ko hari abandi babahekuye batarabibazwa nk’uwahoze ari umwarimu ku ishuri ribanza rya Rutabo witwa Nsabimana Jacques wari wariswe Pilato wari warateye intebe hafi y’icyobo yari yaracukuje aha i Rutabo cyajugunywemo Abatutsi barenga ibihumbi 60.

Urwibutso rwa Ruhango ruri i Kinazi, rushyinguyemo rushyinguyemo imibiri 63 150 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994, hakaba hashyinguwe indi mibiri 65 yabonetse muri uyu mwaka.

Hashyinguwe indi mibiri 65

Minisitiri Gatabazi yizeje ko Guverinoma y’u Rwanda izakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo abagize uruhare muri Jenoside bagezwe imbere y’ubutabera

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − two =

Previous Post

Umutwe urwanya u Burundi wateye ishoti ibyemezo bya EAC usaba Ndayishimiye kudatukana

Next Post

Ngo yasabye Muheto kumusanga kuri Hoteli,…-Haranugwanugwa intandaro y’ifungwa rya Prince Kid

Related Posts

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

by radiotv10
28/11/2025
0

Rtd Major Rugamba Robert wemera ko yakoze icyaha cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Nyanza,...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

IZIHERUKA

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya
FOOTBALL

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngo yasabye Muheto kumusanga kuri Hoteli,…-Haranugwanugwa intandaro y’ifungwa rya Prince Kid

Ngo yasabye Muheto kumusanga kuri Hoteli,...-Haranugwanugwa intandaro y’ifungwa rya Prince Kid

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.