Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: Bashengurwa no kuba imyaka 28 ishize Abarundi bishe Abatutsi batarabiryozwa

radiotv10by radiotv10
26/04/2022
in MU RWANDA
0
Ruhango: Bashengurwa no kuba imyaka 28 ishize Abarundi bishe Abatutsi batarabiryozwa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gikorwa cyo Kwibuka ku Nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi muri Ntongwe mu Karere ka Ruhango, abaharokokeye bongeye kugaruka ku bugome bw’Abarundi bahabaga bishe Abatutsi urw’agashinyaguro ariko bakaba batarabiryozwa.

Muri iki gikorwa cyabere ku Rwibutso rw’Akarere ka Ruhango ruherereye mu Murenge wa Kinazi ku Cyumweru tariki 24 Mata 2022, abarokokeye muri aka gace bongeye kugaragaza inzira y’umusaraba banyuzemo.

Bavuze ko mu 1992 hari Abarundi bari barahungiye muri aka gace, bakaza no kugira uruhare rukomeye muri Jenoside Yakorewe Abatutsi aho bafatanyaga n’Interahamwe mu kwica Abatutsi.

Evode Munyarangabo waharokokeye yavuze ko Abarundi bari barahungiye muri aka gace baje bakitwara nk’interahamwe.

Ati “Abarundi baje hano mu 1992, ni ubwa mbere ubundi umunyamahanga aza akagutegekera iwanyu.”

mu rwego rwo guhabwa ubutabera, Abarundi bagize uruhare muri Jenoside muri ibi bice, bakurikiranwa.

Yagize ati “Buri munsi uko twibutse hano duhora tugaruka ku kibazo cy’Abarundi batwiciye abantu…abakuru barabivuga buri munsi ukuntu Abarundi baje bagatangira gushyiraho za bariyeri na mbere ya Jenoside.”

Perezida w’Umuryango Ibuka urengera inyungu z’abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Nkuranga Egide na we yavuze ko iki kibazo gihora kigarukwaho kandi ko kugira ngo abarokokeye muri ibi bice bumve ko babonye ubutabera, ari ko Abarundi babiciye ababo babihanirwa.

Yagize ati “Namwe wenda muraza kuturema agatima, mutubwire muti ‘turapanga ibi, tubigeze aha’ iki kibazo cy’Abarundi gihora kivugwa iteka rwose muduhumurize mutubwire aho kigeze.”

Nkuranga Egide avuga u Burundi n’u Rwanda byagaragaje ubushake bwa politiki mu gukora mu nzego, byari bikwiye no gukorana mu gutuma Abarundi bagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi, bashakishwa bagafatwa bakagezwa imbere y’ubutabera.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yavuze ko icyaha cya Jenoside kidasaza bityo ko uwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi aho yaba ari hose akwiye gushakishwa akabihanirwa.

Yagize ati “Turabizeza ko nk’Igihugu tuzakomeza kugira ngo abagize uruhare mu guhekura u Rwanda aho baba bari hose bakurikiranwe kugeza igihe ubutabera bwigaragaje.”

Abarokokeye mu Mayaga bavuga kandi ko hari abandi babahekuye batarabibazwa nk’uwahoze ari umwarimu ku ishuri ribanza rya Rutabo witwa Nsabimana Jacques wari wariswe Pilato wari warateye intebe hafi y’icyobo yari yaracukuje aha i Rutabo cyajugunywemo Abatutsi barenga ibihumbi 60.

Urwibutso rwa Ruhango ruri i Kinazi, rushyinguyemo rushyinguyemo imibiri 63 150 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994, hakaba hashyinguwe indi mibiri 65 yabonetse muri uyu mwaka.

Hashyinguwe indi mibiri 65

Minisitiri Gatabazi yizeje ko Guverinoma y’u Rwanda izakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo abagize uruhare muri Jenoside bagezwe imbere y’ubutabera

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − sixteen =

Previous Post

Umutwe urwanya u Burundi wateye ishoti ibyemezo bya EAC usaba Ndayishimiye kudatukana

Next Post

Ngo yasabye Muheto kumusanga kuri Hoteli,…-Haranugwanugwa intandaro y’ifungwa rya Prince Kid

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngo yasabye Muheto kumusanga kuri Hoteli,…-Haranugwanugwa intandaro y’ifungwa rya Prince Kid

Ngo yasabye Muheto kumusanga kuri Hoteli,...-Haranugwanugwa intandaro y’ifungwa rya Prince Kid

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.