Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ruhango: Batujwe mu mudugudu ariko aho barara hateye agahinda

radiotv10by radiotv10
20/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ruhango: Batujwe mu mudugudu ariko aho barara hateye agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo amateka agaragaza ko basigaye inyuma batujwe mu mudugudu wa Cyeshero mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, bavuga ko nubwo batujwe ariko imibereho ntayo kuko aho barara hateye agahinda, kuko baca ibyatsi akaba ari byo barambikaho umusaya nta n’ikindi barengejeho.

Aba baturage banze guhisha RADIOTV10 imibereho igoye barimo, berekana uburiri bararaho, bugizwe n’ibyatsi biva ku muceri.

Mpongano Jean Baptiste yagize ati “Turyama ku micericeri, nta n’agasaso tugira turyamira, ni ibi byatsi by’imiceri byera mu gishanga, umudamu akaza akanyanyagiza hano ubundi tukabiraraho.”

Aba basigajwe inyuma n’amateka, bavuga ko bajya bumva ko iyo abandi baturage batishoboye batujwe banahabwa n’ibikoresho birimo ibyo baryamira ariko bo ntabyo bahawe.

Undi ati “Ni ugufata agasambi nkarambika ku byatsi ubundi nkaryama. Ntabwo nzi matola icyo ari cyo kuko ndi umukene ndi umumama ugaburira abana batandatu, nta sambu ngira mpinga, ni ukurya navuye guca incuro, no kurya birangora.”

Bamwe muri aba baturage bavuga ko ibyo byatsi babiryamiraho uko byakabaye kuko n’abashobora kubona agasambi ko kurenzaho ari mbarwa.

Undi ati “Umusambi se twabona icyo tuwugura? Uragura ibihumbi icumi, icyenda cyangwa birindwi, ntabwo twabona ayo mafaranga. Turaryama mayibobo rwose.”

Ikibabaje ni uko bamwe muri aba baturage bavuga ko hari gahunda yigeze kuza yiswe ‘Dusasirane’ yari igamije gufasha aba baturage kubona matela, ndetse buri wese yasabwaga gutanga ibihumbi 18 Frw ariko ko bamwe bategereje amaso agahera mu kirere.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    3 years ago

    Umuntu yaguha inzu akaguha n’isaso, ubutaha azaguha n’umwenda wo kwambara kugera ku mwenda w’imbere. Ibi babyita gukabya, abantu gukura amaboko mu mpuzu bagakora byaruta. Abatara inkuru namwe mufite inshingano yo kwigisha abaturage no kubajijura cyane ariko kubibutsa ko umurunga w’iminsi ari umurimo kandi ko utayihinganye(inzara) atayishira. Murakoze utabyumva nkanjye ntantere ibuye, ni ukungurana ibitekerezo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

APR ihagurukije mucyeba wayo Rayon yihumurije intebe y’icyubahiro amasaha macye

Next Post

Perezida w’imwe mu makipe yo mu Rwanda ari mu maboko ya RIB

Related Posts

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’imwe mu makipe yo mu Rwanda ari mu maboko ya RIB

Perezida w’imwe mu makipe yo mu Rwanda ari mu maboko ya RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.