Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ruhango: Batujwe mu mudugudu ariko aho barara hateye agahinda

radiotv10by radiotv10
20/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ruhango: Batujwe mu mudugudu ariko aho barara hateye agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo amateka agaragaza ko basigaye inyuma batujwe mu mudugudu wa Cyeshero mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, bavuga ko nubwo batujwe ariko imibereho ntayo kuko aho barara hateye agahinda, kuko baca ibyatsi akaba ari byo barambikaho umusaya nta n’ikindi barengejeho.

Aba baturage banze guhisha RADIOTV10 imibereho igoye barimo, berekana uburiri bararaho, bugizwe n’ibyatsi biva ku muceri.

Mpongano Jean Baptiste yagize ati “Turyama ku micericeri, nta n’agasaso tugira turyamira, ni ibi byatsi by’imiceri byera mu gishanga, umudamu akaza akanyanyagiza hano ubundi tukabiraraho.”

Aba basigajwe inyuma n’amateka, bavuga ko bajya bumva ko iyo abandi baturage batishoboye batujwe banahabwa n’ibikoresho birimo ibyo baryamira ariko bo ntabyo bahawe.

Undi ati “Ni ugufata agasambi nkarambika ku byatsi ubundi nkaryama. Ntabwo nzi matola icyo ari cyo kuko ndi umukene ndi umumama ugaburira abana batandatu, nta sambu ngira mpinga, ni ukurya navuye guca incuro, no kurya birangora.”

Bamwe muri aba baturage bavuga ko ibyo byatsi babiryamiraho uko byakabaye kuko n’abashobora kubona agasambi ko kurenzaho ari mbarwa.

Undi ati “Umusambi se twabona icyo tuwugura? Uragura ibihumbi icumi, icyenda cyangwa birindwi, ntabwo twabona ayo mafaranga. Turaryama mayibobo rwose.”

Ikibabaje ni uko bamwe muri aba baturage bavuga ko hari gahunda yigeze kuza yiswe ‘Dusasirane’ yari igamije gufasha aba baturage kubona matela, ndetse buri wese yasabwaga gutanga ibihumbi 18 Frw ariko ko bamwe bategereje amaso agahera mu kirere.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    3 years ago

    Umuntu yaguha inzu akaguha n’isaso, ubutaha azaguha n’umwenda wo kwambara kugera ku mwenda w’imbere. Ibi babyita gukabya, abantu gukura amaboko mu mpuzu bagakora byaruta. Abatara inkuru namwe mufite inshingano yo kwigisha abaturage no kubajijura cyane ariko kubibutsa ko umurunga w’iminsi ari umurimo kandi ko utayihinganye(inzara) atayishira. Murakoze utabyumva nkanjye ntantere ibuye, ni ukungurana ibitekerezo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

APR ihagurukije mucyeba wayo Rayon yihumurije intebe y’icyubahiro amasaha macye

Next Post

Perezida w’imwe mu makipe yo mu Rwanda ari mu maboko ya RIB

Related Posts

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

How to reset your life after the holidays without pressure

How to reset your life after the holidays without pressure

by radiotv10
05/01/2026
0

The holidays are beautiful. Late nights, good food, family time, travel, laughter, rest and a break from alarms and deadlines....

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

IZIHERUKA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga
MU RWANDA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’imwe mu makipe yo mu Rwanda ari mu maboko ya RIB

Perezida w’imwe mu makipe yo mu Rwanda ari mu maboko ya RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.