Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ruhango: Batujwe mu mudugudu ariko aho barara hateye agahinda

radiotv10by radiotv10
20/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Ruhango: Batujwe mu mudugudu ariko aho barara hateye agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo amateka agaragaza ko basigaye inyuma batujwe mu mudugudu wa Cyeshero mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, bavuga ko nubwo batujwe ariko imibereho ntayo kuko aho barara hateye agahinda, kuko baca ibyatsi akaba ari byo barambikaho umusaya nta n’ikindi barengejeho.

Aba baturage banze guhisha RADIOTV10 imibereho igoye barimo, berekana uburiri bararaho, bugizwe n’ibyatsi biva ku muceri.

Mpongano Jean Baptiste yagize ati “Turyama ku micericeri, nta n’agasaso tugira turyamira, ni ibi byatsi by’imiceri byera mu gishanga, umudamu akaza akanyanyagiza hano ubundi tukabiraraho.”

Aba basigajwe inyuma n’amateka, bavuga ko bajya bumva ko iyo abandi baturage batishoboye batujwe banahabwa n’ibikoresho birimo ibyo baryamira ariko bo ntabyo bahawe.

Undi ati “Ni ugufata agasambi nkarambika ku byatsi ubundi nkaryama. Ntabwo nzi matola icyo ari cyo kuko ndi umukene ndi umumama ugaburira abana batandatu, nta sambu ngira mpinga, ni ukurya navuye guca incuro, no kurya birangora.”

Bamwe muri aba baturage bavuga ko ibyo byatsi babiryamiraho uko byakabaye kuko n’abashobora kubona agasambi ko kurenzaho ari mbarwa.

Undi ati “Umusambi se twabona icyo tuwugura? Uragura ibihumbi icumi, icyenda cyangwa birindwi, ntabwo twabona ayo mafaranga. Turaryama mayibobo rwose.”

Ikibabaje ni uko bamwe muri aba baturage bavuga ko hari gahunda yigeze kuza yiswe ‘Dusasirane’ yari igamije gufasha aba baturage kubona matela, ndetse buri wese yasabwaga gutanga ibihumbi 18 Frw ariko ko bamwe bategereje amaso agahera mu kirere.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    3 years ago

    Umuntu yaguha inzu akaguha n’isaso, ubutaha azaguha n’umwenda wo kwambara kugera ku mwenda w’imbere. Ibi babyita gukabya, abantu gukura amaboko mu mpuzu bagakora byaruta. Abatara inkuru namwe mufite inshingano yo kwigisha abaturage no kubajijura cyane ariko kubibutsa ko umurunga w’iminsi ari umurimo kandi ko utayihinganye(inzara) atayishira. Murakoze utabyumva nkanjye ntantere ibuye, ni ukungurana ibitekerezo.

    Reply

Leave a Reply to ka Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + twelve =

Previous Post

APR ihagurukije mucyeba wayo Rayon yihumurije intebe y’icyubahiro amasaha macye

Next Post

Perezida w’imwe mu makipe yo mu Rwanda ari mu maboko ya RIB

Related Posts

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

by radiotv10
15/09/2025
0

Abo mu Murenge wa Busogo, mu Karere ka Musanze, bavuga ko batewe impungenge n’imodoka zitwara abagenzi ziparika ku bwinshi mu...

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Abantu babiri mu bagize agatsiko k’abagizi ba nabi baherutse gutegera abageni mu nzira mu murenge wa Bushenge bakabakubita ndeste bakanabambura...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu batatu bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo umugore mu Murenge wa Nyarugenge, baragagayemo umwe wamutemeshaga...

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

by radiotv10
13/09/2025
0

Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije REMA, kigaragaza ko guteka hadakoreshejwe Gaz mu bigo by'amashuri 20 byo mu Ntara y'Amajyepfo byatumye...

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

IZIHERUKA

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar
AMAHANGA

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

by radiotv10
15/09/2025
0

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’imwe mu makipe yo mu Rwanda ari mu maboko ya RIB

Perezida w’imwe mu makipe yo mu Rwanda ari mu maboko ya RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.