• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: Hatahuwe ibisasu byari bitabye hafi y’urugo

radiotv10by radiotv10
08/09/2022
in MU RWANDA
0
Ruhango: Hatahuwe ibisasu byari bitabye hafi y’urugo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Kagari ka Mutara, Umurenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango, habonetse ibisasu bibiri byo mu bwoko bwa Grenade bitabye mu butaka, bituma abaturiye aho byabonetse bagira igishyika.

Ibi bisasu byabonywe n’umuturage ubwo yariho acukura inzira y’amazi hafi y’urugo rwe, ahita abimenyesha inzego z’ibanze.

Uwahaye amakuru RADIOTV10 avuga ko nyuma yuko ibi bisasu bibonetse, ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze bwihutiye gushyira ibimenyetso aho byabonetse kugira ngo hatagira uhagera bikaba byamuturikana.

Ubuyobozi bw’ibanze kandi bwihutiye kubimenyesha inzego z’umutekano kugira ngo zize kubitegura.

Ibi bisasu byabonetse ku wa Kabiri tariki 06 Nzeri 2022 ubwo umuturage witwa Mukarwego Suzane yariho acukura umuferege, yakubita isuka akabibona.

Bikekwa ko ari ibyo mu gihe cya Jenoside Yakorewe Abatutsi byaba byarahasizwe n’abasirikare n’Interahamwe bakoze Jenoside mu 1994.

Biteganyijwe ko itsinda ry’Abasirikare rijya gutegura ibi bisasu, rigera muri aka gace byabonetsemo kuri uyu wa Kane tariki 08 Nzeri 2022.

Muhire Frollibert uyobora Umurenge wa Mwendo, yemeje amakuru y’ibi bisasu wavuze ko inzego zikibimenya zihutiye kuhashyira ibimenyetso ndetse n’uburinzi kugira ngo hatagira abaturage bahagera bikaba byabagiraho ingaruka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 7 =

Previous Post

Nyamagabe: Babiri bishe umugabo bamuziza kutabaha urwagwa bakatiwe

Next Post

Ukuri kw’itandukana rya ‘Couple’ y’umusore w’ibigango imaze amezi 5 yambikanye impeta

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ukuri kw’itandukana rya ‘Couple’ y’umusore w’ibigango imaze amezi 5 yambikanye impeta

Ukuri kw’itandukana rya ‘Couple’ y’umusore w’ibigango imaze amezi 5 yambikanye impeta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.