Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: Ibyiciro by’ubudehe hari abo byabujije kujya kwiga Kaminuza kandi bafite amanota ahagije

radiotv10by radiotv10
30/07/2021
in MU RWANDA
0
Ruhango: Ibyiciro by’ubudehe hari abo byabujije kujya kwiga Kaminuza kandi bafite amanota ahagije
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva ibyiciro by’ubudehe byashyirwaho mu Rwanda mu mwaka wa 2001, hari bamwe bagiye bagaragaza ko batanyurwa n’ibyiciro bashyirwamo ndetse bamwe muri abo bikaba byaragiye binabagiraho ingaruka zitandukanye.

Urugero ni Niyogisubizo Clement  wo mu murenge wa Mbuye mu karere ka Ruhango wagize amanota amwemerera kwiga muri Kaminuza mu mwaka wa 2017 ariko kuko iwabo bari mu cyiciro cya gatatu cy’ubudehe bituma abura amahirwe, nyamara abo bize bimwe yanarushije amanota bari mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’ubudehe bajya kwiga ibidatandukanye n’ibyo na we yari yasabye kwiga kandi bahabwa inguzanyo, mu gihe we yasabwaga kwirihirira. Clement yatekerereje umuyamakuru wa RadioTv10 ibyamubayeho.

Yagize ati” Nkora ikizami gisoza amashuri yisumbuye nari nagize Aggregates 58 (ibipimo by’amanota bikoreshwa mu mashuri mu Rwanda), icyo gihe nanditse nsaba inguzanyo ngo mbashe kwiga Kaminuza ntibafanta, icyiciro cy’ubudehe cyabigizemo uruhhare kuko hari abo nzi twize bimwe bagize amanota ari munsi yayo nagize bari mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri bemerewe kujya kwiga bakanahabwa inguzanyo. Rwose hari abo nzi bafashe bafite 45 na 50.’’

Niyogisubizo avuga ko ibyagenderwagaho bindi yari abyujuje kuko ibyifuzwaga icyo gihe byabaga birimo ko uhisemo ibyo yiga biri ku isoko bimuha amahirwe yo gutoranywa ariko akavuga ko abo bize bimwe banasabye kwiga bimwe kandi mu bigo bimwe yewe yanarushije amanota ariko bari mu cyiciro cyiza kuruta icyo yari arimo batoranyijwe, naho we agasigara.

Ubusanzwe minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ivuga ko,  ibyiciro by’ubudehe ari ubutyo bugaragaza ishusho y’imibereho y’abaturage n’uko barutana mu bukungu. Ubwo byatangizwaga mu mwaka wa 2001 byari bitandatu bigizwe n’amazina arimo abatindi n’abatindi nyakujya, ibitarashimishije ababishyirwamo bikaza kuvugururwa muri 2015 bikagirwa bine ndetse bikarangwa n’imibare aho kuba amazina yanenzwe kuba asesereza.

Kuwa 16 Kanama 2020 inama y’abaminisitiri yemeje ivugururwa rishya ry’ibyiciro by’ubudehe aho byakuwe mu mibare bigashyirwa mu nyuguti.

Inkuru ya: Inkuru ya: Denise Mbabazi Mpambara/RadioTV10Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 20 =

Previous Post

Uburezi: Mu banyeshuri barenga ibihumbi 100 batangiye ibizamini, 100 muri bo barwaya COVID-19

Next Post

MALI: Perezida w’igihugu ku munsi w’irayidi yari yivuganywe n’umugizi wa nabi Imana ikinga akaboko

Related Posts

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
19/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

IZIHERUKA

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago
FOOTBALL

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

19/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MALI: Perezida w’igihugu ku munsi w’irayidi yari yivuganywe n’umugizi wa nabi Imana ikinga akaboko

MALI: Perezida w'igihugu ku munsi w’irayidi yari yivuganywe n’umugizi wa nabi Imana ikinga akaboko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.