Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: Ibyiciro by’ubudehe hari abo byabujije kujya kwiga Kaminuza kandi bafite amanota ahagije

radiotv10by radiotv10
30/07/2021
in MU RWANDA
0
Ruhango: Ibyiciro by’ubudehe hari abo byabujije kujya kwiga Kaminuza kandi bafite amanota ahagije
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva ibyiciro by’ubudehe byashyirwaho mu Rwanda mu mwaka wa 2001, hari bamwe bagiye bagaragaza ko batanyurwa n’ibyiciro bashyirwamo ndetse bamwe muri abo bikaba byaragiye binabagiraho ingaruka zitandukanye.

Urugero ni Niyogisubizo Clement  wo mu murenge wa Mbuye mu karere ka Ruhango wagize amanota amwemerera kwiga muri Kaminuza mu mwaka wa 2017 ariko kuko iwabo bari mu cyiciro cya gatatu cy’ubudehe bituma abura amahirwe, nyamara abo bize bimwe yanarushije amanota bari mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’ubudehe bajya kwiga ibidatandukanye n’ibyo na we yari yasabye kwiga kandi bahabwa inguzanyo, mu gihe we yasabwaga kwirihirira. Clement yatekerereje umuyamakuru wa RadioTv10 ibyamubayeho.

Yagize ati” Nkora ikizami gisoza amashuri yisumbuye nari nagize Aggregates 58 (ibipimo by’amanota bikoreshwa mu mashuri mu Rwanda), icyo gihe nanditse nsaba inguzanyo ngo mbashe kwiga Kaminuza ntibafanta, icyiciro cy’ubudehe cyabigizemo uruhhare kuko hari abo nzi twize bimwe bagize amanota ari munsi yayo nagize bari mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri bemerewe kujya kwiga bakanahabwa inguzanyo. Rwose hari abo nzi bafashe bafite 45 na 50.’’

Niyogisubizo avuga ko ibyagenderwagaho bindi yari abyujuje kuko ibyifuzwaga icyo gihe byabaga birimo ko uhisemo ibyo yiga biri ku isoko bimuha amahirwe yo gutoranywa ariko akavuga ko abo bize bimwe banasabye kwiga bimwe kandi mu bigo bimwe yewe yanarushije amanota ariko bari mu cyiciro cyiza kuruta icyo yari arimo batoranyijwe, naho we agasigara.

Ubusanzwe minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ivuga ko,  ibyiciro by’ubudehe ari ubutyo bugaragaza ishusho y’imibereho y’abaturage n’uko barutana mu bukungu. Ubwo byatangizwaga mu mwaka wa 2001 byari bitandatu bigizwe n’amazina arimo abatindi n’abatindi nyakujya, ibitarashimishije ababishyirwamo bikaza kuvugururwa muri 2015 bikagirwa bine ndetse bikarangwa n’imibare aho kuba amazina yanenzwe kuba asesereza.

Kuwa 16 Kanama 2020 inama y’abaminisitiri yemeje ivugururwa rishya ry’ibyiciro by’ubudehe aho byakuwe mu mibare bigashyirwa mu nyuguti.

Inkuru ya: Inkuru ya: Denise Mbabazi Mpambara/RadioTV10Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − four =

Previous Post

Uburezi: Mu banyeshuri barenga ibihumbi 100 batangiye ibizamini, 100 muri bo barwaya COVID-19

Next Post

MALI: Perezida w’igihugu ku munsi w’irayidi yari yivuganywe n’umugizi wa nabi Imana ikinga akaboko

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MALI: Perezida w’igihugu ku munsi w’irayidi yari yivuganywe n’umugizi wa nabi Imana ikinga akaboko

MALI: Perezida w'igihugu ku munsi w’irayidi yari yivuganywe n’umugizi wa nabi Imana ikinga akaboko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.