Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: Icyo ubuyobozi buvuga ku ndwara yafashe abanyeshuri 70 icyarimwe

radiotv10by radiotv10
18/01/2024
in MU RWANDA
0
Ruhango: Icyo ubuyobozi buvuga ku ndwara yafashe abanyeshuri 70 icyarimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko mu Rwugene rw’Amashuri (GS) Indangaburezi mu Karere ka Ruhango, hari abanyeshuri 72 barwariye rimwe indwara y’ibicurane, ubuyobozi bw’Akarere burahumuriza, bukavuga ko ari indwara isanzwe atari icyorezo nk’uko hari abari babiketse.

Uburwayi bw’aba banyeshuri bwabafashe mu gihe cy’iminsi ibiri, bwatumye bagana Ikigo Nderabuzima cya Kibingo, aho umunyamakuru wahageze yasanze baje kwivuza.

Nubwo aba banyeshuri bavuga ko ikibarembeje ari ibicurane, bavuga ko bafashwe baribwa umutwe no gucika intege, gusa ni ibimenyetso bisanzwe bigaragazwa n’uwarwaye ibicurane bisanzwe.

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, giherutse gutangaza ko ibicurane biriho atari icyorezo nk’uko bamwe babikeka ndetse ko atari COVID yagarutse, ahubwo ko ari ibisanzwe biterwa n’uko ikirere kimeze muri iki gihe.

Aba banyeshuri bo muri GS Indangaburezi, bavuga ko ubuyobozi bw’Ishuri bwemereye buri wese wafashwe kujya kwivuza kugira ngo hatagira uremba.

Umwe yabwiye Ikinyamakuru Umuseke ati “Habanje gufatwa bakeya muri twe, abo ni bo bagiye banduza bagenzi babo.”

Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Ruhango, Mukangenzi Alphonsine yavuze ko akurikije ibimenyetso by’aba banyeshuri barwaye, ari ibicurane bisanzwe, atari icyorezo nk;uko hari ababikeka.

Yagize ati “Bafite ibimenyetso bya Grippe [ibicurane] byo gufungana binyuze mu nzira y’ubuhumekero, ntakindi kibazo kidasanzwe.”

Uyu muyobozi avuga ko muri iri shuri higa abanyeshuri 1 500, bityo ko kuba harwaye abanyeshuri 70 bitafatwa nk’ibasanzwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Comoros: Hashyizweho isaha ntarengwa yo gutaha nyuma y’uko hari abigaragambije bagakora ibidasanzwe

Next Post

Bavuze urujijo bafite nyuma y’uko Gitifu ahamijwe kunyereza Miliyoni 5Frw bakusanyije

Related Posts

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

IZIHERUKA

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza
AMAHANGA

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

by radiotv10
02/12/2025
0

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

02/12/2025
Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

02/12/2025
Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bavuze urujijo bafite nyuma y’uko Gitifu ahamijwe kunyereza Miliyoni 5Frw bakusanyije

Bavuze urujijo bafite nyuma y’uko Gitifu ahamijwe kunyereza Miliyoni 5Frw bakusanyije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.