Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: MTN mu mushinga wa Miliyoni 12 wo guha abaturage amazi asukuye yo kunywa

radiotv10by radiotv10
25/03/2022
in MU RWANDA
0
Ruhango: MTN mu mushinga wa Miliyoni 12 wo guha abaturage amazi asukuye yo kunywa
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete icuruza serivisi z’Itumanaho n’ikoranabuhanga ya MTN Rwanda, ku bufatanye n’umushinga Living Water International-Rwanda, bagiye guha imiryango 500 yo mu Karere ka Ruhango amazi asukuye yo kunywa azajya aboneka hifashishijwe imashini ebyiri zifite agaciro ka Miliyoni 12 Frw.

Ni igikorwa cyashimangiwe kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Werurwe ubwo MTN yasinyanaga amasezerano y’ubufatanye (MoU) n’uyu mushinga Living Water International-Rwanda.

Ku ikubitiro imiryango 50 yo mu Karere ka Ruhango igiye guhabwa amazi aho biteganyijwe ko iki gikorwa kizatangira guhera tariki 30 Kamena 2022.

George Kagabo, Umuyobozi ushinzwe tekinike muri MTN Rwanda, nyuma y’umuhango wo gusinya aya masezaro, yavuze ubusanzwe abaturage ari umuryango w’iyi sosiyete ya MTN, bikaba ari “iby’agaciro ko tugira uruhare mu iterambere ryabo rirambye.”

Yavuze ko iki gikorwa cyo gusakaza amazi asukuye kiri mu bisanzwe bikorwa mu kuzamura imibereho y’abaturage, bakaba bizeye ko iki gikorwa kizagira uruhare mu guhindura ubuzima bwiza bw’abaturage bajyaga bagorwa no kubona amazi meza yo kunywa.

Yanavuze kandi ko ubu buryo buzifashisha imashini zizajya zikura amazi asukuye mu butaka, rizanagira uruhare mu kubungabunga ibidukikije.

Yagize ati “Ku bw’ibyo turashimira Living Water Rwanda ku bwo gukorana natwe mu guhindurira imibereho umuryango mugari muri Ruhango.”

MTN-Rwanda imaze iminsi inatangije ubukangurambaga bwiswe “Biva MoMo tima” bunakomeje gutuma abakiliya b’iyi sosiyete bagerwaho n’ibikorwa by’urukundo kandi banagira amahirwe yo gutombora ibihembo bitandukanye.

Bamwe mu bakozi ba MTN Rwanda batangije uyu mushinga
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens yishimiye iki gikorwa

#####

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Musanze: Abarimo Umwarimu bafunzwe bakurikiranyweho kwiba inzoga z’imodoka yakoze impanuka

Next Post

Nyamasheke: Imiryango 8 y’inzu y’ubucuruzi yafashwe n’inkongi irashya irakongoka

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

by radiotv10
27/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Karere ka Huye baravuga ko igishanga cya Mukura cyari kibafatiye runini mu mibereho ya buri munsi,...

IZIHERUKA

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories
AMAHANGA

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Imiryango 8 y’inzu y’ubucuruzi yafashwe n’inkongi irashya irakongoka

Nyamasheke: Imiryango 8 y’inzu y’ubucuruzi yafashwe n’inkongi irashya irakongoka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.