Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: MTN mu mushinga wa Miliyoni 12 wo guha abaturage amazi asukuye yo kunywa

radiotv10by radiotv10
25/03/2022
in MU RWANDA
0
Ruhango: MTN mu mushinga wa Miliyoni 12 wo guha abaturage amazi asukuye yo kunywa
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete icuruza serivisi z’Itumanaho n’ikoranabuhanga ya MTN Rwanda, ku bufatanye n’umushinga Living Water International-Rwanda, bagiye guha imiryango 500 yo mu Karere ka Ruhango amazi asukuye yo kunywa azajya aboneka hifashishijwe imashini ebyiri zifite agaciro ka Miliyoni 12 Frw.

Ni igikorwa cyashimangiwe kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Werurwe ubwo MTN yasinyanaga amasezerano y’ubufatanye (MoU) n’uyu mushinga Living Water International-Rwanda.

Ku ikubitiro imiryango 50 yo mu Karere ka Ruhango igiye guhabwa amazi aho biteganyijwe ko iki gikorwa kizatangira guhera tariki 30 Kamena 2022.

George Kagabo, Umuyobozi ushinzwe tekinike muri MTN Rwanda, nyuma y’umuhango wo gusinya aya masezaro, yavuze ubusanzwe abaturage ari umuryango w’iyi sosiyete ya MTN, bikaba ari “iby’agaciro ko tugira uruhare mu iterambere ryabo rirambye.”

Yavuze ko iki gikorwa cyo gusakaza amazi asukuye kiri mu bisanzwe bikorwa mu kuzamura imibereho y’abaturage, bakaba bizeye ko iki gikorwa kizagira uruhare mu guhindura ubuzima bwiza bw’abaturage bajyaga bagorwa no kubona amazi meza yo kunywa.

Yanavuze kandi ko ubu buryo buzifashisha imashini zizajya zikura amazi asukuye mu butaka, rizanagira uruhare mu kubungabunga ibidukikije.

Yagize ati “Ku bw’ibyo turashimira Living Water Rwanda ku bwo gukorana natwe mu guhindurira imibereho umuryango mugari muri Ruhango.”

MTN-Rwanda imaze iminsi inatangije ubukangurambaga bwiswe “Biva MoMo tima” bunakomeje gutuma abakiliya b’iyi sosiyete bagerwaho n’ibikorwa by’urukundo kandi banagira amahirwe yo gutombora ibihembo bitandukanye.

Bamwe mu bakozi ba MTN Rwanda batangije uyu mushinga
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens yishimiye iki gikorwa

#####

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 9 =

Previous Post

Musanze: Abarimo Umwarimu bafunzwe bakurikiranyweho kwiba inzoga z’imodoka yakoze impanuka

Next Post

Nyamasheke: Imiryango 8 y’inzu y’ubucuruzi yafashwe n’inkongi irashya irakongoka

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Imiryango 8 y’inzu y’ubucuruzi yafashwe n’inkongi irashya irakongoka

Nyamasheke: Imiryango 8 y’inzu y’ubucuruzi yafashwe n’inkongi irashya irakongoka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.