Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: Ntibavuga rumwe ku kuba abakozi b’akarere bararaye mu biro banoza imihigo

radiotv10by radiotv10
22/06/2021
in MU RWANDA
0
Ruhango: Ntibavuga rumwe ku kuba abakozi b’akarere bararaye mu biro banoza imihigo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu karere ka Ruhango ntibavuga rumwe ku gikorwa cyavuzwe cyane mu bitangazamakuru mu cy’umweru gishize cyo kuba bamwe mu bakozi b’akarere ka Ruhango bararaye mu biro buzuza ibijyanye n’imihigo y’akarere kuko ibyo bakoraga byatinze kurangira.

Hari abavuga ko ari ubwitange ariko hakaba n’abavuga ko mu gihe bakabaye barabikoze ku manywa ubwo barangariye mu bindi bityo kubikora nijoro bakaba bari mu nyungu zabo.

Umuturage witwa Kalisa Alexandre utuye mu karere ka Ruhango yabwiye RadioTv10 ko abo bayobozi impamvu baba bakoze nijoro arI uko baba bafite ibindi bahugiyemo ku manywa bityo we akumva ko baraye mu biro zaba ari inyungu zabo bwite baba bakurikiye atari inyungu z’abaturage.

Naho Mugambira Protogène yagize ati” Bagizemo uburangare birumvikana ari ko nka twe bo mu nzego zo hasi umuyobozi nk’uwo ni iterambere aba adushakira”

Ku ikubitiro RadioTv10 yabajije Habarurema Valens umuyobozi w’akarere ka Ruhango niba koko abakozi akuriye bararaye mu kazi barajweyo no kwandikisha imihigo, maze mu butumwa bugufi asubiza ko ayo makuru ntayo azi.

N’ubwo meya wa Ruhango ahakana ayo makuru avuga ko  ntayo azi nyamara Mukangenzi Alphonsine ushinzwe imibereho myiza y’abaturage muri aka karere yabwiye Umuseke ko  kuba abakozi barara mu kazi nta kidasanzwe kirimo kuko umukozi w’akarere akora amasaha ashaka. Gusa ntiyigeze ahakana ko aba bakozi bataraye mu karere bakora.

Bamwe mu bakozi bivugwa ko baraye mu kazi bakora barabyinubiye na cyane ko muri bo harimo n’ababyeyi bonsa kandi na mu gitondo ntibahawe umwanya wo kuruhuka kuko batashye saa cyenda z’amanywa.

Ni mugihe ITEKA RYA MINISITIRI RYO KU WA 09/06/2015 RIGENA AMASAHA Y’AKAZI MU CYUMWERU MU BUTEGETSI BWA LETA N’UBURYO YUBAHIRIZWA

Ingingo yaryo ya  3 ivuga ko  amasaha y’akazi ku munsi ku bakozi ba Leta ku munsi ari amasaha icyenda (9), akaba akorwa buri munsi, kuva ku wa mbere kugera ku wa gatanu.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Aratabaza inshuti n’abagiraneza ko bamufasha mu buryo bw’ubushobozi bwo kuvuza umugore we umaze igihe kinini arwaye

Next Post

MUHANGA: Hari abahinzi bababajwe no kubura isoko ry’umusaruro w’imboga

Related Posts

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

IZIHERUKA

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon
FOOTBALL

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MUHANGA: Hari abahinzi bababajwe no kubura isoko ry’umusaruro w’imboga

MUHANGA: Hari abahinzi bababajwe no kubura isoko ry’umusaruro w’imboga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.