Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: Ntibavuga rumwe ku kuba abakozi b’akarere bararaye mu biro banoza imihigo

radiotv10by radiotv10
22/06/2021
in MU RWANDA
0
Ruhango: Ntibavuga rumwe ku kuba abakozi b’akarere bararaye mu biro banoza imihigo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu karere ka Ruhango ntibavuga rumwe ku gikorwa cyavuzwe cyane mu bitangazamakuru mu cy’umweru gishize cyo kuba bamwe mu bakozi b’akarere ka Ruhango bararaye mu biro buzuza ibijyanye n’imihigo y’akarere kuko ibyo bakoraga byatinze kurangira.

Hari abavuga ko ari ubwitange ariko hakaba n’abavuga ko mu gihe bakabaye barabikoze ku manywa ubwo barangariye mu bindi bityo kubikora nijoro bakaba bari mu nyungu zabo.

Umuturage witwa Kalisa Alexandre utuye mu karere ka Ruhango yabwiye RadioTv10 ko abo bayobozi impamvu baba bakoze nijoro arI uko baba bafite ibindi bahugiyemo ku manywa bityo we akumva ko baraye mu biro zaba ari inyungu zabo bwite baba bakurikiye atari inyungu z’abaturage.

Naho Mugambira Protogène yagize ati” Bagizemo uburangare birumvikana ari ko nka twe bo mu nzego zo hasi umuyobozi nk’uwo ni iterambere aba adushakira”

Ku ikubitiro RadioTv10 yabajije Habarurema Valens umuyobozi w’akarere ka Ruhango niba koko abakozi akuriye bararaye mu kazi barajweyo no kwandikisha imihigo, maze mu butumwa bugufi asubiza ko ayo makuru ntayo azi.

N’ubwo meya wa Ruhango ahakana ayo makuru avuga ko  ntayo azi nyamara Mukangenzi Alphonsine ushinzwe imibereho myiza y’abaturage muri aka karere yabwiye Umuseke ko  kuba abakozi barara mu kazi nta kidasanzwe kirimo kuko umukozi w’akarere akora amasaha ashaka. Gusa ntiyigeze ahakana ko aba bakozi bataraye mu karere bakora.

Bamwe mu bakozi bivugwa ko baraye mu kazi bakora barabyinubiye na cyane ko muri bo harimo n’ababyeyi bonsa kandi na mu gitondo ntibahawe umwanya wo kuruhuka kuko batashye saa cyenda z’amanywa.

Ni mugihe ITEKA RYA MINISITIRI RYO KU WA 09/06/2015 RIGENA AMASAHA Y’AKAZI MU CYUMWERU MU BUTEGETSI BWA LETA N’UBURYO YUBAHIRIZWA

Ingingo yaryo ya  3 ivuga ko  amasaha y’akazi ku munsi ku bakozi ba Leta ku munsi ari amasaha icyenda (9), akaba akorwa buri munsi, kuva ku wa mbere kugera ku wa gatanu.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + six =

Previous Post

Aratabaza inshuti n’abagiraneza ko bamufasha mu buryo bw’ubushobozi bwo kuvuza umugore we umaze igihe kinini arwaye

Next Post

MUHANGA: Hari abahinzi bababajwe no kubura isoko ry’umusaruro w’imboga

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MUHANGA: Hari abahinzi bababajwe no kubura isoko ry’umusaruro w’imboga

MUHANGA: Hari abahinzi bababajwe no kubura isoko ry’umusaruro w’imboga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.