Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: Ntibavuga rumwe ku kuba abakozi b’akarere bararaye mu biro banoza imihigo

radiotv10by radiotv10
22/06/2021
in MU RWANDA
0
Ruhango: Ntibavuga rumwe ku kuba abakozi b’akarere bararaye mu biro banoza imihigo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu karere ka Ruhango ntibavuga rumwe ku gikorwa cyavuzwe cyane mu bitangazamakuru mu cy’umweru gishize cyo kuba bamwe mu bakozi b’akarere ka Ruhango bararaye mu biro buzuza ibijyanye n’imihigo y’akarere kuko ibyo bakoraga byatinze kurangira.

Hari abavuga ko ari ubwitange ariko hakaba n’abavuga ko mu gihe bakabaye barabikoze ku manywa ubwo barangariye mu bindi bityo kubikora nijoro bakaba bari mu nyungu zabo.

Umuturage witwa Kalisa Alexandre utuye mu karere ka Ruhango yabwiye RadioTv10 ko abo bayobozi impamvu baba bakoze nijoro arI uko baba bafite ibindi bahugiyemo ku manywa bityo we akumva ko baraye mu biro zaba ari inyungu zabo bwite baba bakurikiye atari inyungu z’abaturage.

Naho Mugambira Protogène yagize ati” Bagizemo uburangare birumvikana ari ko nka twe bo mu nzego zo hasi umuyobozi nk’uwo ni iterambere aba adushakira”

Ku ikubitiro RadioTv10 yabajije Habarurema Valens umuyobozi w’akarere ka Ruhango niba koko abakozi akuriye bararaye mu kazi barajweyo no kwandikisha imihigo, maze mu butumwa bugufi asubiza ko ayo makuru ntayo azi.

N’ubwo meya wa Ruhango ahakana ayo makuru avuga ko  ntayo azi nyamara Mukangenzi Alphonsine ushinzwe imibereho myiza y’abaturage muri aka karere yabwiye Umuseke ko  kuba abakozi barara mu kazi nta kidasanzwe kirimo kuko umukozi w’akarere akora amasaha ashaka. Gusa ntiyigeze ahakana ko aba bakozi bataraye mu karere bakora.

Bamwe mu bakozi bivugwa ko baraye mu kazi bakora barabyinubiye na cyane ko muri bo harimo n’ababyeyi bonsa kandi na mu gitondo ntibahawe umwanya wo kuruhuka kuko batashye saa cyenda z’amanywa.

Ni mugihe ITEKA RYA MINISITIRI RYO KU WA 09/06/2015 RIGENA AMASAHA Y’AKAZI MU CYUMWERU MU BUTEGETSI BWA LETA N’UBURYO YUBAHIRIZWA

Ingingo yaryo ya  3 ivuga ko  amasaha y’akazi ku munsi ku bakozi ba Leta ku munsi ari amasaha icyenda (9), akaba akorwa buri munsi, kuva ku wa mbere kugera ku wa gatanu.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − seven =

Previous Post

Aratabaza inshuti n’abagiraneza ko bamufasha mu buryo bw’ubushobozi bwo kuvuza umugore we umaze igihe kinini arwaye

Next Post

MUHANGA: Hari abahinzi bababajwe no kubura isoko ry’umusaruro w’imboga

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MUHANGA: Hari abahinzi bababajwe no kubura isoko ry’umusaruro w’imboga

MUHANGA: Hari abahinzi bababajwe no kubura isoko ry’umusaruro w’imboga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.