Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: Umugabo arakekwa gukorera amahano umugore we agahita yishyikiriza RIB

radiotv10by radiotv10
25/03/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Ruhango: Umugabo arakekwa gukorera amahano umugore we agahita yishyikiriza RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, arakekwaho kwica umugore we wari utwite inda y’amezi atanu (5) agahita yishyikiriza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ngo rubimuryoze.

Ubu bwicanyi bwabaye mu ijoro ryo ku ya 23 Werurwe 2023, mu Mudugudu wa Ngurukizi mu Kagari ka Nyamagana muri uyu Murenge wa Ruhango, aho uyu mugabo ukekwaho kubukora yabanaga n’umugore we bahacumbitse.

Uwisoni Yvonne uyobora Umudugudu wa Ngurukizi, yabwiye RADIOTV10 ko na we iyi nkuru yayimenye mu ijoro ryabereyemo ubu bwicanyi, ubwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwahamagaraga uyu muyobozi rukabimumenyesha.

Yagize ati “Kuri RIB bampamagaye bambaza niba nzi umuntu bita Habyara nyiri iki gipangu [gikodeshamo uyu mugabo], mbabwira ko muzi, barambwira bati ‘ihute urebe umugabo yishe umugore, urebe niba amakuru ari ukuri’.”

Uyu muyobozi avuga ko yihutiye kuhagera azana na nyiri iki gipangu, bahagera bahasanga ku nzu ibamo uyu mugabo n’umugore we akekwaho kwivugana, hakinze.

Avuga ko umusore na we ukodesha muri iki gipangu yababwiye ko uyu mugabo ukekwaho kwica umugore we yamusigiye imfunguzo amubwira ngo “umugore we naza aze kuzimuha.”

Uyu muyobozi avuga ko yahise asaba uyu muhungu gukingura iyi nzu, ati “yahise akingura twinjira mu nzu tubona icyumba kiriho urugi turarusunika dusanga aroroshe.”

Yahise amenyesha RIB yari yamuhamagaye ko koko uyu mugabo yishe umugore we.

Bamwe mu baturage babonye umurambo wa nyakwigendera, babwiye RADIOTV10 ko nta gikomere bamubonanye, bagakeka ko yamwivuganye amunize.

Icyakora nanone hari abakeka ko uyu mugabo ashobora kuba yarishe umugore we hakiri kare agakomeza kubihisha kuko yari yiriwe atuma abana babo bavuga ko kuva mu gitondo batigeze baca iryera mama wabo.

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwo muri aka gace ndetse n’abaturanyi b’uyu muryango, bavuga ko nyakwigendera n’umugabo we bari basanzwe babana mu makimbirane.

Umwe mu baturanyi avuga ko uyu muryango wari umaze amezi atatu uje muri uyu Mudugudu bavuye mu wundi bihana imbibi, ariko ko habanje kuza umugore wanahaje ahunda umugabo we, ariko akaza kuhamusanga.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Kayumba Leodomir says:
    3 years ago

    Iyinkuru iteye agahinda, arikose burimunsi ko bene iyi nkuru isoza havugwa ngo byari bisanzwe bizwi ko babanye nabi kuki birindirako umwe yica undi? batitandukanyije ubuyobozi bwo ntacyo bwakora bitarindiriye urupfu?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Hamenyekanye aho Rusesabagina yahise yerecyeza akiva muri Gereza

Next Post

Ikirego cyasabaga ko ikipe ikunzwe mu Rwanda ifatirwa icyemezo gikomeye cyatewe utwatsi

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikirego cyasabaga ko ikipe ikunzwe mu Rwanda ifatirwa icyemezo gikomeye cyatewe utwatsi

Ikirego cyasabaga ko ikipe ikunzwe mu Rwanda ifatirwa icyemezo gikomeye cyatewe utwatsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.