Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: Umugore yajyanye ku kiryabarezi udufaranga yacuruje avoka turamushirana ahita ateza akaduravayo

radiotv10by radiotv10
24/12/2021
in MU RWANDA
0
Ruhango: Umugore yajyanye ku kiryabarezi udufaranga yacuruje avoka turamushirana ahita ateza akaduravayo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo mu Karere ka Ruhango, yariwe n’ikiryabarezi ubwo yavaga kugurisha avoka ubundi amafaranga yose akayajyana muri iyi mikino y’amahirwe bituma atera akaduruvayo mu nzu ikorerwamo ubu bucuruzi ameragura ibirahure.

Umwe mu baganiriye na Television BTN, yavuze ko ku wa Gatatu w’iki Cyumweru uyu mubyeyi yabyukiye mu kazi asanzwe akora ko gucuruza imbuto z’avoka avuyeyo anyura ku kiryabarezi kugira ngo arebe niba amafaranga yabonye yakwikuba.

Gusa ngo uko yabitekerezaga si ko byagenze kuko amafaranga yose yari yacuruje yayariwe n’ikiryabarezi.

Ati “Yari afite 1 800 Frw agishyiramo kirashira.Yari afite Telefoni irimo memory Card ayigwatiriza ibihumbi bitatu kandi uko twabibonaga yagura 8000 Frw.”

Abari ahabereye ibi bikora, bavuga ko uyu mugore amaze kuribwa yahise atangira guteza akavuyo muri iyi nzu yari yakiniyemo ikiryabarezi ubundi afata amabuye atangira kumenagura ibirahure by’inzu avuga amagmabo agira ati “umugabo wanjye aranyica wee.” Arira asakuza cyane.

Gusa Polisi ikorera muri aka gace yahise ihagoboka iramufata ihita imujyana kuko yari yataye umutwe cyane bigaragara ko yashoboraga guteza umutekano mucye.

Umukozi wari kiri iki kiryabarezi, yavuze ko uyu mugore waje mu gitondo saa mibiri, yabanje kurya 15 000 Frw akaryoherwa agakomeza gukina ariko bikaza kumuhindukana.

Ati “Yaje mu gitondo saa mbili afite ibasi irimo avoka ashyiramo 100 araribwa ahita ansaba ko muguriza amafaranga akayanyishyura amaze gucuruza. Ayo namugurije icyuma cyayariye ahita ajya gucuruza avoka. Arangije gucuruza yagarutse yanga kunyishyura ahubwo ayo yacuruje na yo arayakina arashira.”

Uyu mugore kandi ngo yagurishije n’amatungo magufi kugira ngo ayajyane muri iyi mikino y’amahirwe yose aramushirana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − three =

Previous Post

Shampiyona iracyari mbisi- Umutoza wa Gasogi imaze imikino 5 ntantsinzi

Next Post

Ubujurire bwa Jado Castar wakatiwe imyaka 2 abwambukanye muri 2022

Related Posts

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

by radiotv10
20/01/2026
0

Bamwe mu Basenateri muri Sena y'u Rwanda, bagararije Guverinoma y'u Rwanda ko aborozi bakigorwa cyane no kubona ibiryo by'amatungo, kuko...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

by radiotv10
20/01/2026
0

Modern life involves a lot of sitting at work, at home, in transport, and during entertainment. Sitting for long hours...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

IZIHERUKA

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere
IMIBEREHO MYIZA

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubujurire bwa Jado Castar wakatiwe imyaka 2 abwambukanye muri 2022

Ubujurire bwa Jado Castar wakatiwe imyaka 2 abwambukanye muri 2022

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.