Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: Umupolisikazi yatemwe n’abantu bataramenyekana bahita bacika

radiotv10by radiotv10
24/08/2022
in MU RWANDA
1
Ruhango: Umupolisikazi yatemwe n’abantu bataramenyekana bahita bacika
Share on FacebookShare on Twitter

Umupolisikazi wari uvuye mu kazi we n’umuturage bari kumwe, ubwo bari bageze mu Kagari ka Kirengeri mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, batezwe n’abantu bataramenyekana, barabatema barabakomeretsa cyane cyanye uyu mupolisikazi batemye mu mutwe no ku kuboko.

Uyu mupolisikazi witwa Mukeshimana Claudine yakomeretse bikabije kuko bamutemye mu mutwe ndetse no ku maboko.

Ubu ari kuvurirwa mu Bitaro bya Kabyayi mu Karere ka Muhanga mu gihe uwo bari kumwe we ari kuvurirwa mu Kigo Nderabuzimana cya Byimana muri Ruhango.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yavuze ko iki gikorwa cy’ubugizi bwa nabi, cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Kanama 2022, mu Mudugudu wa Rusororo mu Kagari ka Kirengeri mu Murenge wa Byimana mu masaha y’umugoroba ubwo bwari butangiye kwira nta muntu ubasha kubona undi ngo amumenye.

Yagize ati “Hari nka saa kumi n’ebyiri na mirongo…ababatemye bahise biruka ntawabashije kubamenya ariko inzego zahise zitangira igikorwa cyo kubashakisha. Nubu ntibaraboneka.”

Yavuze ko abakoze ibi, bikekwa ko ari abajura kuko muri aka gace hasanzwe habera urugomo rukomeye rw’abantu b’abajura batega abahisi n’abagenzi bakabambura ibyabo.

Uyu mupolizikazi yambuwe ibyo yari afite byose birio na Telephone igezweho yakoreshaga.

Dr Muvunyi Jean Baptiste uyobora Ibitaro bya Kabgayi biri kuvurirwamo uyu mupolisikazi, yavuze ko yakomeretse cyane byumwihariko ku kiganza no mu mutwe ariko ko abaganga bari kumwitaho cyane.

Aya makuru y’ubugizi bwa nabi yemejwe na Mutabazi Patrick uyobora Umurenge wa Byimana, wavuze ko uyu mupolisikazi yambuwe ibyo yari afite birimo telefone ndetse n’igikapu.

Yavuze ko umuturage bari kumwe bakaza no gutemerwa hamwe, bari bahuriye mu nzira bagafatanya urugendo ndetse ko aho bategewe n’abagizi ba nabi, ari hafi y’ingo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. SIBORUREMA Protais says:
    3 years ago

    Aha hantu hakwiye amatara yo kumuhanda kuko uretse n’abagenda n’amaguru niyo tugenda mumodoka nijoro ubona hakanganye kubera amashyamba.Abayobozi naho bakore ubuvugizi.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + nine =

Previous Post

Burya Buravan afite irindi zina ritazwi na benshi: Umubyeyi we yahishuye impamvu barimwise

Next Post

Gicumbi: Umusaza akurikiranyweho gusambanya umwana amusanze aho yahiraga ubwatsi akanamutera inda

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Umusaza akurikiranyweho gusambanya umwana amusanze aho yahiraga ubwatsi akanamutera inda

Gicumbi: Umusaza akurikiranyweho gusambanya umwana amusanze aho yahiraga ubwatsi akanamutera inda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.