Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: Umupolisikazi yatemwe n’abantu bataramenyekana bahita bacika

radiotv10by radiotv10
24/08/2022
in MU RWANDA
1
Ruhango: Umupolisikazi yatemwe n’abantu bataramenyekana bahita bacika
Share on FacebookShare on Twitter

Umupolisikazi wari uvuye mu kazi we n’umuturage bari kumwe, ubwo bari bageze mu Kagari ka Kirengeri mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, batezwe n’abantu bataramenyekana, barabatema barabakomeretsa cyane cyanye uyu mupolisikazi batemye mu mutwe no ku kuboko.

Uyu mupolisikazi witwa Mukeshimana Claudine yakomeretse bikabije kuko bamutemye mu mutwe ndetse no ku maboko.

Ubu ari kuvurirwa mu Bitaro bya Kabyayi mu Karere ka Muhanga mu gihe uwo bari kumwe we ari kuvurirwa mu Kigo Nderabuzimana cya Byimana muri Ruhango.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yavuze ko iki gikorwa cy’ubugizi bwa nabi, cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Kanama 2022, mu Mudugudu wa Rusororo mu Kagari ka Kirengeri mu Murenge wa Byimana mu masaha y’umugoroba ubwo bwari butangiye kwira nta muntu ubasha kubona undi ngo amumenye.

Yagize ati “Hari nka saa kumi n’ebyiri na mirongo…ababatemye bahise biruka ntawabashije kubamenya ariko inzego zahise zitangira igikorwa cyo kubashakisha. Nubu ntibaraboneka.”

Yavuze ko abakoze ibi, bikekwa ko ari abajura kuko muri aka gace hasanzwe habera urugomo rukomeye rw’abantu b’abajura batega abahisi n’abagenzi bakabambura ibyabo.

Uyu mupolizikazi yambuwe ibyo yari afite byose birio na Telephone igezweho yakoreshaga.

Dr Muvunyi Jean Baptiste uyobora Ibitaro bya Kabgayi biri kuvurirwamo uyu mupolisikazi, yavuze ko yakomeretse cyane byumwihariko ku kiganza no mu mutwe ariko ko abaganga bari kumwitaho cyane.

Aya makuru y’ubugizi bwa nabi yemejwe na Mutabazi Patrick uyobora Umurenge wa Byimana, wavuze ko uyu mupolisikazi yambuwe ibyo yari afite birimo telefone ndetse n’igikapu.

Yavuze ko umuturage bari kumwe bakaza no gutemerwa hamwe, bari bahuriye mu nzira bagafatanya urugendo ndetse ko aho bategewe n’abagizi ba nabi, ari hafi y’ingo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. SIBORUREMA Protais says:
    3 years ago

    Aha hantu hakwiye amatara yo kumuhanda kuko uretse n’abagenda n’amaguru niyo tugenda mumodoka nijoro ubona hakanganye kubera amashyamba.Abayobozi naho bakore ubuvugizi.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Burya Buravan afite irindi zina ritazwi na benshi: Umubyeyi we yahishuye impamvu barimwise

Next Post

Gicumbi: Umusaza akurikiranyweho gusambanya umwana amusanze aho yahiraga ubwatsi akanamutera inda

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Umusaza akurikiranyweho gusambanya umwana amusanze aho yahiraga ubwatsi akanamutera inda

Gicumbi: Umusaza akurikiranyweho gusambanya umwana amusanze aho yahiraga ubwatsi akanamutera inda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.