Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: Umupolisikazi yatemwe n’abantu bataramenyekana bahita bacika

radiotv10by radiotv10
24/08/2022
in MU RWANDA
1
Ruhango: Umupolisikazi yatemwe n’abantu bataramenyekana bahita bacika
Share on FacebookShare on Twitter

Umupolisikazi wari uvuye mu kazi we n’umuturage bari kumwe, ubwo bari bageze mu Kagari ka Kirengeri mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, batezwe n’abantu bataramenyekana, barabatema barabakomeretsa cyane cyanye uyu mupolisikazi batemye mu mutwe no ku kuboko.

Uyu mupolisikazi witwa Mukeshimana Claudine yakomeretse bikabije kuko bamutemye mu mutwe ndetse no ku maboko.

Ubu ari kuvurirwa mu Bitaro bya Kabyayi mu Karere ka Muhanga mu gihe uwo bari kumwe we ari kuvurirwa mu Kigo Nderabuzimana cya Byimana muri Ruhango.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yavuze ko iki gikorwa cy’ubugizi bwa nabi, cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Kanama 2022, mu Mudugudu wa Rusororo mu Kagari ka Kirengeri mu Murenge wa Byimana mu masaha y’umugoroba ubwo bwari butangiye kwira nta muntu ubasha kubona undi ngo amumenye.

Yagize ati “Hari nka saa kumi n’ebyiri na mirongo…ababatemye bahise biruka ntawabashije kubamenya ariko inzego zahise zitangira igikorwa cyo kubashakisha. Nubu ntibaraboneka.”

Yavuze ko abakoze ibi, bikekwa ko ari abajura kuko muri aka gace hasanzwe habera urugomo rukomeye rw’abantu b’abajura batega abahisi n’abagenzi bakabambura ibyabo.

Uyu mupolizikazi yambuwe ibyo yari afite byose birio na Telephone igezweho yakoreshaga.

Dr Muvunyi Jean Baptiste uyobora Ibitaro bya Kabgayi biri kuvurirwamo uyu mupolisikazi, yavuze ko yakomeretse cyane byumwihariko ku kiganza no mu mutwe ariko ko abaganga bari kumwitaho cyane.

Aya makuru y’ubugizi bwa nabi yemejwe na Mutabazi Patrick uyobora Umurenge wa Byimana, wavuze ko uyu mupolisikazi yambuwe ibyo yari afite birimo telefone ndetse n’igikapu.

Yavuze ko umuturage bari kumwe bakaza no gutemerwa hamwe, bari bahuriye mu nzira bagafatanya urugendo ndetse ko aho bategewe n’abagizi ba nabi, ari hafi y’ingo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. SIBORUREMA Protais says:
    3 years ago

    Aha hantu hakwiye amatara yo kumuhanda kuko uretse n’abagenda n’amaguru niyo tugenda mumodoka nijoro ubona hakanganye kubera amashyamba.Abayobozi naho bakore ubuvugizi.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Burya Buravan afite irindi zina ritazwi na benshi: Umubyeyi we yahishuye impamvu barimwise

Next Post

Gicumbi: Umusaza akurikiranyweho gusambanya umwana amusanze aho yahiraga ubwatsi akanamutera inda

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

by radiotv10
11/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko abazamuye ibirego by’ibinyoma bivuga ko hari ibisasu byarashwe muri Kamanyola biturutse...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu nama nyunguranabitekerezo yahurije hamwe inzego z’uburezi mu Mujyi wa Kigali, haganiriwe ku mpamvu zituma amashuri yo muri uyu Mujyi...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

11/12/2025
Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Umusaza akurikiranyweho gusambanya umwana amusanze aho yahiraga ubwatsi akanamutera inda

Gicumbi: Umusaza akurikiranyweho gusambanya umwana amusanze aho yahiraga ubwatsi akanamutera inda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.