• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Thursday, June 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ruhango: Urubyiruko rwibiwe ibanga ry’icyatuma batagwa mu byaha

radiotv10by radiotv10
18/06/2026
in MU RWANDA
0
Ruhango: Urubyiruko rwibiwe ibanga ry’icyatuma batagwa mu byaha
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo ivuga ko hari urubyiruko rwishora mu bikorwa bigize ibyaha rutabanze gutekereza ku ngaruka bizabagiraho, ariko ko ruramutse rubanje kuzitekerezaho, byarufasha kutabigwamo.

Ni mu bukangurambaga bugamije gushishikariza abaturage, by’umwihariko urubyiruko, kugira uruhare mu kwirinda no gukumira ibyaha. Mu Karere ka Ruhango, urubyiruko rw’abakorerabushake n’abakoresha umuhanda basobanuriwe uruhare rwabo mu kubungabunga umutekano.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Ruhango, SSP B. Kagenza, yavuze ko ibyaha bikunze kugaragara cyane mu rubyiruko birimo ikoreshwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, ubujura, urugomo, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, gukubita no gukomeretsa… Yasabye urubyiruko gufatanya n’inzego z’umutekano mu gutahura ibyaha no gutanga amakuru ku gihe.

Yagize ati: “Hari igihe bamwe mu rubyiruko bishora mu byaha batatekereje ku ngaruka zabyo. Turabasaba gutekereza ku ngaruka icyaha gishobora kubagiraho bo ubwabo ndetse no ku muryango nyarwanda.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yavuze ko kumenya amateka y’u Rwanda ari imwe mu ntwaro zikomeye zafasha urubyiruko kwirinda ibyaha.

Yagize ati: “Iyo urubyiruko rusobanukiwe amateka y’igihugu cyarwo, rubasha kumenya aho igihugu cyavuye n’aho kigana. Ibyo birufasha gufata ibyemezo byiza no kwirinda ibikorwa bibi bimakaza indangagaciro na kirazira.”

Bamwe mu rubyiruko bitabiriye ubu bukangurambaga bavuga ko kumenya amateka bibafasha kudashukwa n’ababashora mu bikorwa bibi.

Jean Luc Iragena, umwe mu rubyiruko rw’abakorerabushake, yagize ati: “Nk’urubyiruko tugomba guharanira kwirinda no gukumira ibyaha twubakiye ku ndangagaciro z’umuco nyarwanda.”

Tuyambaze Joffrey na we ati: “Urubyiruko dukwiye kwirinda ibishuko bidushora mu biyobyabwenge n’urugomo, ahubwo tugashyira imbere ibikorwa byubaka igihugu.”

Niyirora Naomie na we ati: “Ubumenyi ku mateka y’u Rwanda budufasha gutandukanya icyiza n’ikibi, bityo tukirinda icyatwangiriza ejo hazaza.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango wungirije ushinzwe imibereho myiza, Alphonsine Mukangenzi, yavuze ko urubyiruko rufite uruhare rukomeye mu gukemura ibibazo byugarije abaturage no kubaka iterambere rirambye.

Yagize ati: “Iyo urubyiruko rwiyumvamo gukunda igihugu no gusobanukirwa amateka yarwo, rubasha kugira uruhare mu gukemura ibibazo byugarije abaturage no gukumira ibyaha mbere y’uko biba.”

Polisi ndetse n’inzego z’ubuyobozi mu Karere ka Ruhango basanga kubaka urubyiruko rufite amateka, indangagaciro n’umuco wo gutanga amakuru ku gihe ari imwe mu nkingi zikomeye zo kubungabunga umutekano n’iterambere ry’u Rwanda.

Urubyiruko rwibukijwe ko ibyaha ari umwanzi w’iterambere

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − fourteen =

Previous Post

Are Stay-at-Home Moms Better for Children?

Next Post

Bishobora kugera mu nkiko: Ibya Miss Jolly n’umuhanzi Bebe Cool byafashe intera

Related Posts

Kigali: Avoka akurikiranyweho kwaka umukiliya we Miliyoni 3 yo ‘guha Umucamanza ngo azihutishe urubanza’

Icyatumye Umucamanza yikura mu rubanza rw’umucungamutungo wa Koperative y’abacunga umutekano

by radiotv10
18/06/2026
0

Mu rubanza ku ifungwa ry’agateganyo risabirwa uwahoze ari umucungamutungo wa koperative y’abacunga umutekano yitwa ‘Umoja ni Nguvu Rwanda Cooperative (UNRC)’,...

Are Stay-at-Home Moms Better for Children?

Are Stay-at-Home Moms Better for Children?

by radiotv10
18/06/2026
0

As more women pursue careers and financial independence, the idea of a stay-at-home mom continues to spark debate. Some people...

Umuyobozi w’ishuri yirukaniwe kwicisha inzara abanyeshuri kandi ‘stock’ irimo ibiryo

Umuyobozi w’ishuri yirukaniwe kwicisha inzara abanyeshuri kandi ‘stock’ irimo ibiryo

by radiotv10
17/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwirukanye Umuyobozi w’Ishuri Ribanza rya Gashirabwoba ryo mu Murenge wa Bushenge, kubera kwicisha inzara abanyeshuri, kuko...

U Rwanda rwakiriye inama y’Inzego za Gisirikare mu Bihugu bitatu byo mu karere ruherereyemo

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Umuvugizi mushya wa RDF

by radiotv10
17/06/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yashyizeho Brigadier General Patrick Karuretwa nk’Umuvugizi wa RDF, asimbura...

Nyamagabe: Abagabo batanu bakekwaho kwishora mu bikorwa bigayitse bafashwe

Nyamagabe: Abagabo batanu bakekwaho kwishora mu bikorwa bigayitse bafashwe

by radiotv10
17/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yafashe abagabo batanu bakekwaho kwishora mu bikorwa bigayitse bigamije guhungabanya umutekano n’ituze by’abaturage, birimo...

Next Post
Bishobora kugera mu nkiko: Ibya Miss Jolly n’umuhanzi Bebe Cool byafashe intera

Bishobora kugera mu nkiko: Ibya Miss Jolly n'umuhanzi Bebe Cool byafashe intera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Icyatumye Umucamanza yikura mu rubanza rw’umucungamutungo wa Koperative y’abacunga umutekano

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi 170 zivuye muri Libya

Perezida Ndayishimiye yise Tshisekedi umuvandimwe we mu butumwa bushimira Ikipe ya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.