Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rurageretse hagati y’uvuga ko yambuwe n’umunyemari bivugwa ko agendana imbunda unatinyitse

radiotv10by radiotv10
22/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rurageretse hagati y’uvuga ko yambuwe n’umunyemari bivugwa ko agendana imbunda unatinyitse
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage uvuga ko yambuwe amafaranga akabakaba miliyoni 2 Frw n’umushoramari nyiri uruganda ‘Imena Coffee’ ruherereye mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi unavugwaho kuba akomeye atinywa n’abayobozi ngo kuko anagendana imbunda, arasaba kwishyurwa, mu gihe uyu munyemari we avuga ko nta mwenda amufitiye.

Umuturage witwa Ukwiye Marius avuga ko muri Gicurasi umwaka ushize yagemuriye toni ebyiri za kawa uru ruganda, mu bihe bitandukanye, bakamuha udupapuro duto tugaragaza ingano y’ikawa bakiriye.

Uyu muturage avuga ko aho atangiriye kwishyuza, nyiri uru ruganda yamubwiye ko amafaranga yayahaye uwari ushinzwe gucunga uru ruganda (manager) akayarya bityo ko ari we agomba kwishyuza.

Marius agira ati “Bagombaga kumpa 1 958 400 Frw. Nyiri uruganda yambwiye ko amafaranga yayahaye manager arayarya ambwira ko ari we ngomba kwishyuza.”

Bivugwa ko uyu Uzabakiriho Felix nyiri uruganda yagiranye ibibazo n’uwari manager we ngo wamuteje igihombo ndetse akanatabwa muri yombi ariko akaza kurekurwa n’Ubushinjacyaha.

Uzabakiriho Felix uvugwaho kwambura uyu muturage we, avuga ko nta musaruro we winjiye mu ruganda rwe ndetse ko amajeto yitwa ko afite nta gaciro we ayaha.

Ati “Ntacyo twamwambuye, umusaruro we ntawo nzi. Njyewe umusaruro nemera ni uri ku mafishi. Ifishi ye ntayo mbona nta n’ihari. Nta nyandiko n’imwe dufite ye ibigaragaza. Jeto n’ifishi biratandukanye, jeto ni agapapuro.”

Ni mu gihe abaturage basanzwe bagemura ikawa kuri uru ruganda bavuga ko n’ubusanzwe na bo bahabwa utwo dupapuro bita Jeto.

Ngirinshuti Clement ati “Kariya ka Jeto ni ko konyine nta fishi aba yakwandikiye. Ni ko gusa batanga kandi iyo ugize ibyago ukagatakaza ntacyo wishyuza.”

Ku ya 31 Mutarama uyu mwaka ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi busubiza uyu muturage bwasabye ubw’Umurenge wa Gikundamvura gukemura iki kibazo mu minsi 15 ariko uyu muturage avuga ko ntacyakozwe ku mpamvu bamwe bavuga ko uwishyuzwa yaba atinywa n’abayobozi.

Marius agira ati “Umuyobozi wese ngezeho numva atinya uriya mugabo. Ngo ni uko yabaye umusirikari.”

Clement na we ati “None se umuntu witwaza imbunda ku ipokezo (ku rukenyerero) wabuzwa n’iki kumutinya. Pisitori arayigendana, none se ko batubwira ko ari umujepe.”

Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Rusizi, Habimana Alfred yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo yakimenye agasaba Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Gikundamvura kugikurikirana agira n’icyo avuga ku kuba uyu mushoramari yaba atinywa n’abayobozi.

Agira ati “Twohereje yo abagikurikirana barimo umuyobozi w’umurenge ngo ahamagare impande zombi ndetse uwo muturage bamusabye kuzana aho bagiye bandika umusaruro yabahaye kugira ngo nihaba ho kubyumvikana ho tumusabe kumwishyura, nahoze mbaza bambwira ko hari ibyo bamutumye atarazana. Aramutse abizanye tukabona ko bifite ukuri twamwishyuriza. Nta muntu utinyitse ku buryo yatinywa n’inzego zose ngo agere aho yambura abaturage kubera icyo ari cyo.”

Ubuyobozi bw’umurenge wa Gikundamvura buvuga ko butegereje amasezerano uyu muturage yagiranye n’uruganda ngo bubone kumwishyuriza ndetse na we akavuga ko nta fishi uyu muturage afite igaragaza ko yaruhaye ikawa mu gihe we avuga ko ubusanzwe ibyo byose ntabijya bikorwa uretse amajeto gusa.

Yandikiye ubuyobozi asaba kurenganurwa
Ubuyobozi bwaramusubije
Kamwe mu dupapuro yandikirwaga ko umusaruro agemuye wakiriwe

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi w’Urwego rumwe rwo mu Butasi muri America

Next Post

Inkuru y’akababaro: Umunyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda Jean Lambert Gatare yitabye Imana

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’akababaro: Umunyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda Jean Lambert Gatare yitabye Imana

Inkuru y’akababaro: Umunyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda Jean Lambert Gatare yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.