Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rurangiranwa Keïta yakoze imyitozo i Kigali uyu munsi arahura na ba Muhadjiri

radiotv10by radiotv10
06/01/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Rurangiranwa Keïta yakoze imyitozo i Kigali uyu munsi arahura na ba Muhadjiri
Share on FacebookShare on Twitter

Naby Laye Keïta usanzwe akinira Liverpool yo mu Bwongereza akaba ari na Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ya Guinea ubu uri mu Rwanda hamwe na bagenzi be mu myiteguro y’Igikombe cya Africa, yatangiye imyitozo ndetse arakina umukino wa Gicuti uhuza Amavubi na Syli National.

Naby Keïta yageze mu Rwanda ku wa Mbere w’iki cyumweru nyuma y’uko ikipe ye yari imaze gukina umukino na Chelsea agahita afata rutemikirire bwite agahita yerecyeza i Kigali mu Rwanda.

Akigera mu Rwanda yahise ajya mu kato k’iminsi itatu kashyiriweho abantu bose binjiye mu Gihugu mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Mutarama 2022, uyu rurangiranwa Keïta yatangiye imyitozo mu ikipe y’Igihugu ye aho ndetse biteganyijwe ko aza gukina umukino wa gicuti uza kuyihuza n’ikipe y’u Rwanda Amavubi.

Agiye gukina uyu mukino nyuma y’undi wabaye kuri uyu wa Mbere tariki 03 Mutarama 2022, Amavubi agatsinda Syli National ibitego 3-0 byanatumye Abanyarwanda bararana akanyamuneza kuko ikipe yabo itaherukaga kubona intsinzi.

Uyu mukino uteganyijwe kuri uyu wa Kane ni we witezwaho kugaragaza igipimo cy’ikipe y’u Rwanda kuko ari wo uza kugaragaramo abakinnyi bakomeye ba Guinea biganjemo abakina ku mugabane w’u Burayi barimo n’uyu Kapiteni wabo uri mu nkingi za mwamba za Liverpool yo mu Bwongereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Abafashwe basengera mu gishanga bibukijwe ko ntaho Imana itaba ko no mu rugo bahasengera

Next Post

U Burundi bwirukanye Abanyarwanda 12 bivugwa ko bari bahunze amabwiriza ya COVID-19

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Burundi bwirukanye Abanyarwanda 12 bivugwa ko bari bahunze amabwiriza ya COVID-19

U Burundi bwirukanye Abanyarwanda 12 bivugwa ko bari bahunze amabwiriza ya COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.