Saturday, July 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Rurangiranwa muri Basketball wemerwa na P.Kagame yatunguye Biden na V-Perezida we

radiotv10by radiotv10
18/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Rurangiranwa muri Basketball wemerwa na P.Kagame yatunguye Biden na V-Perezida we
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Golden State Warriors yegukanye shampiyona ikomeye ku Isi mu mukino wa Basketball (NBA) yakiriwe mu Biro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, aho umukinnyi Stephen Curry uyikinamo akaba yarabaye n’umukinnyi w’umwaka, yatunguye Perezida Biden na Visi Perezida akabaha impano.

Abakinnyi ba Golden State Warriors bakiriwe muri Whithe House kuri uyu wa Kabiri mu kwishimira kwegukana iyi shampiyona batwaye inshuro enye mu myaka umunani.

Stephen Curry wongeye gutorwa nk’umukinnyi w’umwaka wa NBA, winjiye muri White House mu buryo bwihariye, yazanye na Perezida Joe Biden, ubwo batambukaga ku musambi utukura (red carpet), babakomera amashyi, bagaragaza ko bishimiye uyu mukinnyi ufite impano itangaje.

Uyu mukinnyi yahise atungura Perezida Biden na Visi Perezida wa Harris Kamala, abaha imyambaro yanditseho amazina yabo na nimero zifite icyo zisobanuye.

Umupira yahaye Biden uriho nimero 46 igaragaza umubare w’Umuperezida uyoboye Leta Zunze Ubumwe za America, mu gihe uwo yahaye Visi Perezida Kamala Harris wanditseho nimero ya mbere (1), ugaragaza ko uyu mugore yabaye uwa mbere ukomoka muri Afurika wabaye Visi Perezida wa USA.

Stephen Curry yashimiye Perezida Biden na Visi Perezida Harris ndetse n’ubuyobozi bwabo ku mbaraga bakoresheje kugira ngo umukinnyikazi wa Basketball w’Umunyamerika Brittney Yevette Griner wari warafungiwe mu Burusiya arekurwe.

Yagize ati “Bisobanuye ikintu gikomeye kuba ari hano mu rugo atekanye ari kumwe n’umuryango we. Kandi turashimira imbaraga zidasanzwe zakoreshejwe zitazwi kugira ngo bishoboke.”

Stephen Curry ubu uhagaze neza ku Isi mu mukino wa Basketball, yagiye agaragaza ko afite ubuhanga bwihariye muri uyu mukino kubera amacenga ye ndetse no kudahusha ubwo aba anaga imipira mu dukangara.

Perezida Paul Kagame ni umwe mu bemera uyu mukinnyi, aho muri Gicurasi umwaka ushize yabazwaga abakinnyi batanu akunda muri Basketball, akavugamo uyu Stephen Curry.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko kimwe mu byo akundira Curry ari ubuhanga bwe budasanzwe kandi adafite igihagararo gikanganye nk’uko abandi bakina uyu mukino baba bameze.

Muri 2016 kandi Perezida Paul Kagame yavuze ko umukinnyi w’ibihe byose muri Basketball kuri we, ari uyu Stephen Curry.

Stephen Curry yashimiye Biden

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 6 =

Previous Post

Byinshi kuri couple y’Umwongereza n’Umunyarwandakazi akubye 2 mu myaka bagaragaye nk’abibereye mu ijuru rito

Next Post

Igisubizo Tshisekedi yahereye Clare Akamanzi i Davos cyumvikanishije ko akiri wa wundi

Related Posts

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
04/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar,...

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera...

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yasabye umutwe wa Hamas ushyigikiwe na Iran kwemera icyo yise ubusabe...

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo Tshisekedi yahereye Clare Akamanzi i Davos cyumvikanishije ko akiri wa wundi

Igisubizo Tshisekedi yahereye Clare Akamanzi i Davos cyumvikanishije ko akiri wa wundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.