Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Rurangiranwa muri Basketball wemerwa na P.Kagame yatunguye Biden na V-Perezida we

radiotv10by radiotv10
18/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Rurangiranwa muri Basketball wemerwa na P.Kagame yatunguye Biden na V-Perezida we
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Golden State Warriors yegukanye shampiyona ikomeye ku Isi mu mukino wa Basketball (NBA) yakiriwe mu Biro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, aho umukinnyi Stephen Curry uyikinamo akaba yarabaye n’umukinnyi w’umwaka, yatunguye Perezida Biden na Visi Perezida akabaha impano.

Abakinnyi ba Golden State Warriors bakiriwe muri Whithe House kuri uyu wa Kabiri mu kwishimira kwegukana iyi shampiyona batwaye inshuro enye mu myaka umunani.

Stephen Curry wongeye gutorwa nk’umukinnyi w’umwaka wa NBA, winjiye muri White House mu buryo bwihariye, yazanye na Perezida Joe Biden, ubwo batambukaga ku musambi utukura (red carpet), babakomera amashyi, bagaragaza ko bishimiye uyu mukinnyi ufite impano itangaje.

Uyu mukinnyi yahise atungura Perezida Biden na Visi Perezida wa Harris Kamala, abaha imyambaro yanditseho amazina yabo na nimero zifite icyo zisobanuye.

Umupira yahaye Biden uriho nimero 46 igaragaza umubare w’Umuperezida uyoboye Leta Zunze Ubumwe za America, mu gihe uwo yahaye Visi Perezida Kamala Harris wanditseho nimero ya mbere (1), ugaragaza ko uyu mugore yabaye uwa mbere ukomoka muri Afurika wabaye Visi Perezida wa USA.

Stephen Curry yashimiye Perezida Biden na Visi Perezida Harris ndetse n’ubuyobozi bwabo ku mbaraga bakoresheje kugira ngo umukinnyikazi wa Basketball w’Umunyamerika Brittney Yevette Griner wari warafungiwe mu Burusiya arekurwe.

Yagize ati “Bisobanuye ikintu gikomeye kuba ari hano mu rugo atekanye ari kumwe n’umuryango we. Kandi turashimira imbaraga zidasanzwe zakoreshejwe zitazwi kugira ngo bishoboke.”

Stephen Curry ubu uhagaze neza ku Isi mu mukino wa Basketball, yagiye agaragaza ko afite ubuhanga bwihariye muri uyu mukino kubera amacenga ye ndetse no kudahusha ubwo aba anaga imipira mu dukangara.

Perezida Paul Kagame ni umwe mu bemera uyu mukinnyi, aho muri Gicurasi umwaka ushize yabazwaga abakinnyi batanu akunda muri Basketball, akavugamo uyu Stephen Curry.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko kimwe mu byo akundira Curry ari ubuhanga bwe budasanzwe kandi adafite igihagararo gikanganye nk’uko abandi bakina uyu mukino baba bameze.

Muri 2016 kandi Perezida Paul Kagame yavuze ko umukinnyi w’ibihe byose muri Basketball kuri we, ari uyu Stephen Curry.

Stephen Curry yashimiye Biden

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + seven =

Previous Post

Byinshi kuri couple y’Umwongereza n’Umunyarwandakazi akubye 2 mu myaka bagaragaye nk’abibereye mu ijuru rito

Next Post

Igisubizo Tshisekedi yahereye Clare Akamanzi i Davos cyumvikanishije ko akiri wa wundi

Related Posts

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi ya Uganda yatangiye iperereza ku rupfu rw'umusore w’imyaka 34 usanzwe ari umumotari akaba ari n’umufana wa Arsenal FC bikekwa...

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

by radiotv10
25/05/2026
0

Umuyobozi wa Polisi ya Kenya yategetse ko itsinda rishinzwe umutekano wa Perezida William Ruto rihindurwa vuba na bwangu nyuma yuko...

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

by radiotv10
25/05/2026
0

Igitero cy’indege zitagira abapilote cyageragejwe ku Kibuga cy’Indege cya Bangboka i Kisangani mu Ntara ya Tshopo muri Repubulika Iharanira Demokarasi...

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

by radiotv10
25/05/2026
0

Igiciro cy’ibikomoka kuri Peteroli cyagabanutse kigera munsi y’amadolari 100 ku kagunguru nyuma yuko habonetse icyizere ko hashobora kuboneka amahoro mu...

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

by radiotv10
25/05/2026
0

Obedi Ngabo Patrick uvuga ko ari General mu mutwe wa Wazalendo ukorana na FARDC, yagaragaye avuga ko atarapfa nk’uko byatangajwe...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo Tshisekedi yahereye Clare Akamanzi i Davos cyumvikanishije ko akiri wa wundi

Igisubizo Tshisekedi yahereye Clare Akamanzi i Davos cyumvikanishije ko akiri wa wundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.