Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Rurangiranwa muri Filimi witabiriye ‘KwitaIzina’ yavuze akamuri ku mutima

radiotv10by radiotv10
04/09/2023
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, SINEMA
0
Rurangiranwa muri Filimi witabiriye ‘KwitaIzina’ yavuze akamuri ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa Film w’icyamamare ku Isi, Idris Elba uri mu bise Abana b’Ingagi, yavuze ko yishimiye kuba yaritabiriye ibi birori, anabonera kuvuga icyo yaganiriye na Perezida Paul Kagame, aranamushimira.

Mu birori byo Kwita Izina abana b’Ingagi 23, byabaye ku wa Gatanu w’icyumweru twaraye dusoje, Idris Elba n’umugore we Sabrina Dhowre Elba, ni bamwe mu byamamare bise amazina, aho uwo bise, bamuhaye izina rya ‘Narame’.

Idris Elba wanagaragaye muri film ya Sometimes in April, igaruka kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, muri uyu muhango wo Kwita Izina, yavuze ko yaje mu Rwanda muri 2005, kuri iyi nshuro akaba ari ubwa kabiri yari ahaje, ariko ko yatunguwe no gusanga iki Gihugu cyarateye imbere.

Idris Elba yagize ati “Ntabwo mbasha kwiyumvisha uburyo u Rwanda rwateye imbere, rukaba rukomeje kuba inyenyeri imurikira Afurika. Ugereranyije n’aho u Rwanda ruri, ni umutima wa Afurika, kandi mu by’ukuri ni na ko bimeze. Harakabaho u Rwanda.”

Nyuma y’uyu muhango, Idris Elba wanakiriwe na Perezida Paul Kagame mu Biro bye, yagaragaje ibyishimo byo kuba yaritabiriye uyu muhango wo ‘Kwita Izina’ Abana b’Ingagi.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, buherekejwe n’amafoto we n’umugore we bari i Kinigi, ndetse banakirwa na Perezida Paul Kagame, Idris Elba yagize ati “Njye na Sabi [Umugore we] twishimiye kwita ibirori byo Kwita Izina mu Rwanda. Umwana wacu twamwise ‘Narame’ bisobanuye ‘kubago igihe kirekire’.”

Yakomeje agira ati “Ikindi kandi twagiranye ikiganiro cyiza na Perezida Kagame ku kamaro k’ubuhanzi mu kuzamura Afurika y’ahazaza.”

Idris Elba yasoje ubutumwa bwe ashimira Abanyarwanda n’uburyo yakiriwe mu rw’Imisozi igihumbi, avuga ko ari kimwe mu byo azazirikana mu buzima bwe.

Idris Elba ubwo yitabiraga ibirori byo Kwita Izina

Yavuze ko we n’umugore we bishimira uko bakiriwe mu Rwanda
Banakiriwe na Perezida Kagame

Yamushimiye ibiganiro byiza bagiranye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Gabon: Umujenerali wahiritse ubutegetsi agiye kujya ku rundi rwego

Next Post

Basketball: APR BBC yasubiriye REG BBC mu mukino waranzwe n’ishyaka ridasanzwe ku bakinnyi n’abafana

Related Posts

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
30/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Abarimo umunyamakuru ‘Djihad’ bakurikiranyweho amashusho y’urukozasoni baragaruka imbere y’Urukiko

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu bane barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y'urukozasoni y'umuhanzi 'Yampano', baherutse gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by'agateganyo,...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

30/12/2025
Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Basketball: APR BBC yasubiriye REG BBC mu mukino waranzwe n’ishyaka ridasanzwe ku bakinnyi n’abafana

Basketball: APR BBC yasubiriye REG BBC mu mukino waranzwe n’ishyaka ridasanzwe ku bakinnyi n’abafana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.