Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rurangiranwa usuye u Rwanda kabiri mu kwezi yavuze isomo rikomeye Isi yakwigira ku Banyarwanda

radiotv10by radiotv10
16/12/2024
in MU RWANDA
1
Rurangiranwa usuye u Rwanda kabiri mu kwezi yavuze isomo rikomeye Isi yakwigira ku Banyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwenya Steve Harvey unatanga ibiganiro kuri Televiziyo bikundwa na benshi, wagendereye u Rwanda inshuro ebyiri mu gihe kitageze ku kwezi, avuga ko akurikije uko yasanze u Rwanda n’Abanyarwanda, ndetse n’amateka banyuzemo, bafite byinshi bakwigisha Isi.

Mu kwezi gushize, Steve Harvey yari yasuye u Rwanda, aho yanakiriwe na Perezida Paul Kagame, bakagirana ibiganiro, ndetse anasura Urwibutso rwa Kigali rwa Jenoside yakorewe Abatutsi, ruruhukiyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250, aho yanasobanuriwe amateka y’u Rwanda yatumye rusenyuka, ndetse n’uburyo rwiyubatse no kongera kubanisha Abanyarwanda ubu bunze ubumwe.

Kuva mu cyumweru gishize kandi, Steve Harvey ari mu Rwanda, aho yitabiriye ibikorwa by’Inteko rusange y’Ishyirahamwe ry’Umukino wo gusiganwa ku modoka FIA birimo n’itangwa ry’ibihembo.

Mu kiganiro Steve Harvey yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yavuze ko uko yasanze u Rwanda n’Abanyarwanda bameze, ari isomo rikomeye rikwiye gufatirwaho icyitegererezo n’Isi yose.

Yagize ati “Kuba mwarashoboye kwikura mu byabaye, ni gihamya cy’abo muri bo uyu munsi, bishimangira ubuyobozi bwiza mufite. Mbabwije ukuri murihariye cyane, ku buryo abandi bakwiye kujya baza bakabigiraho, kugira ngo bamenye igisobanuro cyo kubabarirana n’urukundo.”

Uyu mugabo w’imyaka 67 y’amavuko, avuga ko akurikije uko yasanze u Rwanda rumeze, nta muntu utakwifuza kurushoramo imari, ndetse ko na we ari yo ntego.

Ati “Hari byinshi twifuza gukora hano mu Rwanda. Ni Igihugu cyihariye, numva ko twahakorera ibikorwa by’ishoramari kandi ni na byo turi gukora hamwe n’itsinda ryanjye turi kumwe, turi gushaka uburyo twabyaza umusaruro ayo mahirwe ari mu ishoramari rya hano.”

Uyu mushoramari, avuga ko ibi bazabikora mu rwego rwo gushyigikira iterambere rishimishije u Rwanda rurimo, no gufasha urubyiruko rw’u Rwanda kubona imirimo.

Steve Harvey mu kwezi gushize yari yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Kuri iki Cyumweru yasuye ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru

RADIOTV10

Comments 1

  1. RWAMUZA Bruce says:
    11 months ago

    mwazanfashije Koko mukampa stage

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Karongi: Ubuzima buteye agahinda bw’abana biga bataha ku muhanda n’icyo ubuyobozi bubavugaho

Next Post

Kayonza: Akarere katanze umucyo ku ntandaro y’urupfu rw’umunyeshuri waguye ku ishuri

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement
AMAHANGA

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

by radiotv10
05/01/2026
0

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Akarere katanze umucyo ku ntandaro y’urupfu rw’umunyeshuri waguye ku ishuri

Kayonza: Akarere katanze umucyo ku ntandaro y'urupfu rw’umunyeshuri waguye ku ishuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.