Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rurangiranwa w’ibihe byose muri ruhago ashobora kongera gusekerwa n’amahirwe

radiotv10by radiotv10
29/11/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rurangiranwa w’ibihe byose muri ruhago ashobora kongera gusekerwa n’amahirwe
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu w’Umunya-Argentine Lionel Messi yagaragaye ku rutonde rw’abahatanira igihembo cya FIFA cy’Umukinnyi w’umwaka (FIFA Football Awards), ari na we ufite ibikombe bibiri biheruka.

Ni urutonde rwashyizwe hanze n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi FIFA ari na yo itanga iki gihembo, aho uyu rutahizamu uri mu beza babayeho ku Isi, yaje ku rutonde ruriho n’Umunya-Espagne Rodrigo Hernández Cascante uherutse kwegukana igihembo cy’umukinnyi w’umwaka wa 2024 kizwi nka Ballon d’Or.

Lionel Messi uri muri ba rutahizamu b’amateka, ni na we ufite ibikombe bibiri biheruka by’iyi FIFA Football Awards; icya 2022 n’icya 2023, aho ibi bihembo byatangiye gutangwa muri 2016.

Urutonde rw’abakinnyi b’abagabo, kandi ruriho Dani Carvajal (Real Madrid, Spain); Erling Haaland (Manchester City, Norway); Federico Valverde (Real Madrid, Uruguay); Florian Wirtz (Bayer Leverkusen, Germany); Jude Bellingham (Real Madrid, England).

Hariho kandi Kylian Mbappe (Paris Saint-Germain, France); Lamine Yamal (Barcelona, Spain Toni Kroos (Real Madrid, Germany); Vinicius Jr (Real Madrid, Brazil).

Naho urutonde rw’abakinnyi b’abagore ruriho Aitana Bonmati (Barcelona, Spain); Barbra Banda (Shanghai, Zambia); Caroline Graham Hansen (Barcelona, Norway); Keira Walsh (Barcelona, England); Khadija Shaw (Manchester City,Jamaica) Lauren Hemp (Manchester City, England); Lindsey Horan (Lyon, United States); Lucy Bronze (Barcelona, England).

Mu batoza beza bahatanira igihembo cy’umutoza mwiza, mu bagabo, harimo Carlo Ancelotti (Real Madrid), Lionel Scaloni (Argentina) Luis de la Fuente (Spain) Pep Guardiola (Manchester City) Xabi Alonso (Bayer Leverkusen).

Kugira ngo abakinnyi n’abatoza bashyirwe kuri uru rutonde, harebwa ibyo wakoze mu ikipe y’Igihugu na club hagati y’itariki 21 Kanama 2023 kugeza 10 Kanama 2024.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda zashashe inzobe mu biganiro by’iminsi itatu: Menya ibizaganirirwamo

Next Post

Igikekwa ku cyatumye umwarimu w’i Nyanza ashaka kwiyambura ubuzima

Related Posts

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

by radiotv10
05/12/2025
0

Imikino ibanza muri shampiyona y’icyiciro cya mbere (Phase Aller) muri Volleyball irasozwa mu mpera z’iki cyumweru guhera kuri uyu wa...

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu w'ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Igikekwa ku cyatumye umwarimu w’i Nyanza ashaka kwiyambura ubuzima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.