Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rurangiranwa w’ibihe byose muri ruhago ashobora kongera gusekerwa n’amahirwe

radiotv10by radiotv10
29/11/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rurangiranwa w’ibihe byose muri ruhago ashobora kongera gusekerwa n’amahirwe
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu w’Umunya-Argentine Lionel Messi yagaragaye ku rutonde rw’abahatanira igihembo cya FIFA cy’Umukinnyi w’umwaka (FIFA Football Awards), ari na we ufite ibikombe bibiri biheruka.

Ni urutonde rwashyizwe hanze n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi FIFA ari na yo itanga iki gihembo, aho uyu rutahizamu uri mu beza babayeho ku Isi, yaje ku rutonde ruriho n’Umunya-Espagne Rodrigo Hernández Cascante uherutse kwegukana igihembo cy’umukinnyi w’umwaka wa 2024 kizwi nka Ballon d’Or.

Lionel Messi uri muri ba rutahizamu b’amateka, ni na we ufite ibikombe bibiri biheruka by’iyi FIFA Football Awards; icya 2022 n’icya 2023, aho ibi bihembo byatangiye gutangwa muri 2016.

Urutonde rw’abakinnyi b’abagabo, kandi ruriho Dani Carvajal (Real Madrid, Spain); Erling Haaland (Manchester City, Norway); Federico Valverde (Real Madrid, Uruguay); Florian Wirtz (Bayer Leverkusen, Germany); Jude Bellingham (Real Madrid, England).

Hariho kandi Kylian Mbappe (Paris Saint-Germain, France); Lamine Yamal (Barcelona, Spain Toni Kroos (Real Madrid, Germany); Vinicius Jr (Real Madrid, Brazil).

Naho urutonde rw’abakinnyi b’abagore ruriho Aitana Bonmati (Barcelona, Spain); Barbra Banda (Shanghai, Zambia); Caroline Graham Hansen (Barcelona, Norway); Keira Walsh (Barcelona, England); Khadija Shaw (Manchester City,Jamaica) Lauren Hemp (Manchester City, England); Lindsey Horan (Lyon, United States); Lucy Bronze (Barcelona, England).

Mu batoza beza bahatanira igihembo cy’umutoza mwiza, mu bagabo, harimo Carlo Ancelotti (Real Madrid), Lionel Scaloni (Argentina) Luis de la Fuente (Spain) Pep Guardiola (Manchester City) Xabi Alonso (Bayer Leverkusen).

Kugira ngo abakinnyi n’abatoza bashyirwe kuri uru rutonde, harebwa ibyo wakoze mu ikipe y’Igihugu na club hagati y’itariki 21 Kanama 2023 kugeza 10 Kanama 2024.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 17 =

Previous Post

Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda zashashe inzobe mu biganiro by’iminsi itatu: Menya ibizaganirirwamo

Next Post

Igikekwa ku cyatumye umwarimu w’i Nyanza ashaka kwiyambura ubuzima

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Igikekwa ku cyatumye umwarimu w’i Nyanza ashaka kwiyambura ubuzima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.