Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rurangiranwa w’ibihe byose muri ruhago ashobora kongera gusekerwa n’amahirwe

radiotv10by radiotv10
29/11/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rurangiranwa w’ibihe byose muri ruhago ashobora kongera gusekerwa n’amahirwe
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu w’Umunya-Argentine Lionel Messi yagaragaye ku rutonde rw’abahatanira igihembo cya FIFA cy’Umukinnyi w’umwaka (FIFA Football Awards), ari na we ufite ibikombe bibiri biheruka.

Ni urutonde rwashyizwe hanze n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi FIFA ari na yo itanga iki gihembo, aho uyu rutahizamu uri mu beza babayeho ku Isi, yaje ku rutonde ruriho n’Umunya-Espagne Rodrigo Hernández Cascante uherutse kwegukana igihembo cy’umukinnyi w’umwaka wa 2024 kizwi nka Ballon d’Or.

Lionel Messi uri muri ba rutahizamu b’amateka, ni na we ufite ibikombe bibiri biheruka by’iyi FIFA Football Awards; icya 2022 n’icya 2023, aho ibi bihembo byatangiye gutangwa muri 2016.

Urutonde rw’abakinnyi b’abagabo, kandi ruriho Dani Carvajal (Real Madrid, Spain); Erling Haaland (Manchester City, Norway); Federico Valverde (Real Madrid, Uruguay); Florian Wirtz (Bayer Leverkusen, Germany); Jude Bellingham (Real Madrid, England).

Hariho kandi Kylian Mbappe (Paris Saint-Germain, France); Lamine Yamal (Barcelona, Spain Toni Kroos (Real Madrid, Germany); Vinicius Jr (Real Madrid, Brazil).

Naho urutonde rw’abakinnyi b’abagore ruriho Aitana Bonmati (Barcelona, Spain); Barbra Banda (Shanghai, Zambia); Caroline Graham Hansen (Barcelona, Norway); Keira Walsh (Barcelona, England); Khadija Shaw (Manchester City,Jamaica) Lauren Hemp (Manchester City, England); Lindsey Horan (Lyon, United States); Lucy Bronze (Barcelona, England).

Mu batoza beza bahatanira igihembo cy’umutoza mwiza, mu bagabo, harimo Carlo Ancelotti (Real Madrid), Lionel Scaloni (Argentina) Luis de la Fuente (Spain) Pep Guardiola (Manchester City) Xabi Alonso (Bayer Leverkusen).

Kugira ngo abakinnyi n’abatoza bashyirwe kuri uru rutonde, harebwa ibyo wakoze mu ikipe y’Igihugu na club hagati y’itariki 21 Kanama 2023 kugeza 10 Kanama 2024.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 4 =

Previous Post

Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda zashashe inzobe mu biganiro by’iminsi itatu: Menya ibizaganirirwamo

Next Post

Igikekwa ku cyatumye umwarimu w’i Nyanza ashaka kwiyambura ubuzima

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Igikekwa ku cyatumye umwarimu w’i Nyanza ashaka kwiyambura ubuzima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.